• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Editorial 30 Nov 2025 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO

Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare yo mu misozi, Rwandan Epic 2025 riratangira kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza 2025, rikazamara iminsi itanu risozwa ku wa 5 Ukuboza.

Muri iri siganwa hitezwe abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16, barimo Abanyarwanda 18, bazahanganira ku duce dutanu (stages) twateguriwe mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Amajyaruguru.

Rwandan Epic 2025 igiye gukinwa ku nshuro ya gatanu, nyuma yo mu gutangira 2020 ryari isiganwa ry’umunsi umwe ryaberaga mu rwego rwo kugerageza.

Uyu mwaka, nk’uko bisanzwe, ritegurwa na Rwanda Alternative Riding Events (RaR Events) ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) abasiganwa baratangira bazenguruka mu mujyi wa Kigali.


Nk’uko byatangarijwe mu kiganiro
n’itangazamakuru kuri iki cyumweru, iri siganwa ririmo amazina azwi ku rwego mpuzamahanga mu mukino w’amagare yo mu misozi.

Muri bo harimo Umudage Lukas Baum wegukanye Cape Epic mu 2022, Daniel Kiptala watwa ye shampiyona ya Kenya, Rein Taaramäe, Wegukanye Shampiyona ya Estonia na Daniel Gathof ukomoka mu Budage akaba yaratwaye Rwandan Epic 2023.


Mu bandi bazitabira iri rushanwa rizamara iminsi 5, harimo abakinnyi 18 bazaba bahagarariye u Rwanda bavuye mu makipe atandukanye ya hano imbere mu gihugu.

Rwandan Epic ni isiganwa rigamije guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku mukino (sports tourism), binyuze mu kugaragaza ubwiza bw’ahantu hatoranyijwe Rwandan Epic izanyuramo.

Uduce tugize Rwandan Epic 2025:

Agace ka mbere ka Rwandan Epic kazakinirwa Fazenda, kazenguruke ku ntera ya 8.8 km

Agace ka kabiri kazahagurukira Nyirangarama gasorezwe i Musanze mu Kinigi ahazwi nka Africa Rising Cycling Center, hakozwe intera ingana na Kilometero 79 na metero 100.

Agace ka Gatatu kazava Africa Rising Cycling Center gasorezwe mu mujyi wa Musanze ku ntera ya 52.9 km.

Agace ka kane k’iri siganwa kazazenguruka mu Kinigi ahabera umuhango wo Kwita Izina, ku ntera ya 29.8 km.

Agace ka Gatanu ari nako ka nyuma, kazava  Nemba gasorezwe i Shyorongi ku ntera ya 77.3 km.

2025-11-30
Editorial

IZINDI NKURU

RDF yabonye Umuvugizi mushya

RDF yabonye Umuvugizi mushya

Editorial 10 Oct 2017
Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Editorial 13 Dec 2020
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Mar 2024
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Editorial 20 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.
Amakuru

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Editorial 19 May 2021
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )
Mu Mahanga

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Editorial 03 Nov 2016
Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’Epfo umucamana yikuyeho Dosiye ya Col. Patrick Karegeya, ayihengekera Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 18 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru