• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Editorial 03 Jun 2016 Mu Mahanga

​
Mu minsi ishize, abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bagera kuri 250 bo mu karere ka Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing RYVCP).

Iri huriro ry’urubyiruko riri mu matsinda agira uruhare runini mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha binyuze mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza ya rubanda no gusobanurira buri wese uruhare rwe mu kwicungira umutekano .

Aba banyamuryango bashya bibumbiye muri COMATRACO na COSTAMOKA , aya akaba ari amwe mu mashyirahamwe y’abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto muri aka karere.

Umuhuzabikorwa w’iri huriro muri aka karere, Kirezi Thacien, yavuze ko ubuyobozi bwaryo kuri uru rwego bugira uruhare rukomeye mu bikorwa byo gukangurira abanyeshuri n’ibindi byiciro kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibyaha nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, n’ihohoterwa rikorerwa abana.

Kirezi yagize kandi ati,”Mu biganiro n’izo ngeri z’abantu batandukanye tuboneraho gusaba urundi rubyiruko gufatanya natwe gushyira mu bikorwa intego y’ihuriro ryacu. Kugeza ubu mu karere kacu dufite abanyamuryango 1214; ariko intego yacu ni ugukora iyo bwabaga urubyiruko rwose rwo mu karere kacu rukaba abanyamuryango b’ihuriro ryacu.”

Mu minsi ishize, Umuhuzabikorwa w’iri huriro ry’uribyiruko ku rwego rw’igihugu, Justus Kangwagye, yavuze ko intego y’iri huriro ari ukuzamura umubare w’abanyamuryango bayo bakagera nibura kuri miriyoni mu mwaka utaha.

Ibikorwa by’iri huriro bishimwa n’inzego zitandukanye zirimo iza Leta ndetse n’izikorera ku buryo zimwe muri zo zateye ikirenge mu cyaryo.

Mu minsi ishize Polisi y’u Rwanda, Umuryango udahararira inyungu wita ku buzima bwiza bw’abagize umuryango (Society for Family Health -SFH) n’Ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano basinye amasezerano y’ubufatanye mu bukangurambaga bwo kwimakaza isuku no kugira uruhare mu kwicungira umutekano.

Mu byo izi mpande eshatu zasezeranye harimo gushyigikira ibikorwa by’iri huriro rigamije gukangurira ingeri z’abantu banyuranye kurangwa n’umuco w’isuku no kugira uruhare mu kwicungira umutekano.

Mu bufasha uyu muryango udaharanira inyungu wemeye iri huriro ry’urubyiruko harimo kuriha bimwe mu bikoresho byaryo risanzwe rikoreshwa mu bikorwa byawo by’ubuvuzi no guhugura abanyamuryango b’iri huriro mu bijyanye n’uburyo bw’ihererekanyamakuru hagati yabo kugira ngo ubutumwa batanga bwo kurwanya ibyaha no kwimakaza isuku burusheho kunvikana ndetse bukurikizwe.

RNP

2016-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Editorial 18 Sep 2024
Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Editorial 16 Nov 2016
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Editorial 17 Apr 2021
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Editorial 18 Mar 2021
Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Editorial 23 Jan 2020
Perezida Kabila yakuyeho igitaraganya uruzinduko rwa Guterres, Mahamat na Nikki Haley i Kinshasa
POLITIKI

Perezida Kabila yakuyeho igitaraganya uruzinduko rwa Guterres, Mahamat na Nikki Haley i Kinshasa

Editorial 10 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru