• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Editorial 14 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’ amashyirahamwe nka IBUKA-Mémoire na Justice-Belgique bamaganiye icyemezo cyo gushyira Umunyarwandakazi Laure UWASE muri Komisiyo yo gucukumbura ingaruka z’ubukoloni bw’ Ababiligi; rya shyirahamwe ry’abana b’abajenosideri, Jambo Asbl , Laure Uwase abarizwamo, ryasimbukiye ku isunzu ry’inzu, ngo risaba kuvuguruza ibyarivuzweho. Mu itangazo rigaragaramo ikimwaro n’ipfunwe, utwo duterahamwe twanditse dutanga iminsi 3 ngo ukuri kwatangajwe kuri Jambo ASBL gusibanganywe. Gutanga ultimatum ku bantu udafiteho ububasha si ubusazi gusa, ahubwo ni no kwisumbukuruza, kuko bibwira ko bazavuga rikijyana nk’uko ba se na basekuru babikoraga mu Rwanda rwo hambere.

Ubu ikivugwa muri za kaminuza hirya no hino ku isi, muri diaspora nyarwanda mu Burayi, Amerika, Aziya n’ahandi henshi ku isi, abasesenguzi ntibitaye kuri ayo matangazo ya Jambo Asbl, ahubwo baribaza ukuntu Igihugu nk’Ububiligi, kivuga ko cyifuza gushyira ukuri ahagaragara, gitinyuka gushyira mu bacukumbura uko kuri umuntu nka Laure UWASE uzwiho ikinyoma n’ingengabitekerezo ya Jenoside yatojwe na se Anastase NKUNDAKOZERA, wanakatiwe n’inkiko gacaca, agatoroka ubutabera amaze guhamwa n’uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni “uwase” koko.

Ubugome bwa Laure UWASE kandi ntibutangaje, kuko yabwonse mu mashereka ya nyina Agnès MUKARUGOMWA, uzwiho cyane gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, abinyujije cyane cyane ku iradiyo Rutwitsi, IKONDERA.

Mu bagaye iki cyemezo cya Leta y’Ububiligi, harimo n’impuguke mu by’amateka, bazi neza politiki yo muri aka karere k’ibiyaga bigari, bakaba basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ari imwe mu ngaruka z’ubukoloni bw’Ababiligi, kuko aribo bazanye ivangura n’urwango mu Banyarwanda. Bibaza rero uko waba ushaka ukuri ku mateka n’ingaruka zayo, ukabishinga umuntu nka Laure UWASE, inzobere mu kuyagoreka. Uretse ko ari n’agasuzuguro ku Banyarwanda, batakwemera guhagararirwa n’inkozi y’ibibi, ni no gutesha agaciro iyo Komisiyo niba mu bayigize harimo abanyabusembwa bukomeye.

N’ubwo Laure UWASE atari mukuru cyane mu myaka, ingengabitekerezo ya jenoside yo ntijya iba nto. Ubuterahamwe bwe si ubwa none, kuko ntawe utazi ko tariki ya 11 Nyakanga 2014, bagenzi be bo muri Jambo ASBL, bakiranywe ubwuzu na FDLR mu mashyamba ya Kongo, bigaragaza indi sano bafitanye n’abahekuye uRwanda.. Nyuma yaho Uwase yagiranye ibiganiro(interviews) n’ibigarasha birimo Kayumba Nyamwasa, na Victoire Ingabire ukorana bya hafi na FDLR. Ibyo bitabapfu byatambutse ku maradiyo y’ibigarasha n’interahamwe, ITAHUKA n’IKONDERA ya nyina wa Laure UWASE , inkotsa Agnès Mukarugomwa. Laure Uwase kandi we ubwe yagiye kubonana na FDLR yari i Burundi nyuma yo kwakirwa n’uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe ubungubu.

Abakurikiranira hafi iby’umubano hagati y’uRwanda n’ Ububiligi, bavuga ko wari watangiye kuvamo agatotsi, cyane cyane nyuma y’aho Ministri w’Intebe w’icyo gihugu, asabiye imbabazi ku mugaragaro, kubera amateka mabi uRwanda rwarazwe n’abakoloni b’Ababiligi, ndetse na nyuma y’ubwigenge icyo gihugu kikaba cyarakomeje gushyigikira Leta zayoboye u Rwanda, zitegura zinashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyakora abo basesenguzi baragaragaza impungenge ko uwo mubano ushobora gusubira inyuma, niba Leta y’ Ububiligi ntacyo ikoze ku cyifuzo cya benshi cyo kuvana abana b’abajenosideri mu nzego zayo. Mu Bubiligi kandi hari itegeko rihana abapfobya n’abahakana Jenoside, hakibazwa impamvu iyi Jambo ASBL ikomeza guhabwa rugari ngo ikomeretse imitima y’Abanyarwanda.

Bayoboke ba Jambo Asbl rero, mwavuza iya bahanda mwagira, mbagiriye inama mwakwitandukanya n’amateka mabi yaranze ababyeyi banyu. Si ikosa kuvuka ku mubyeyi mubi, kuko nta ruhare uba wabigizemo, ariko ni icyaha kwihambira ku murage mubi bagusigiye. Nabagira inama yo kuva ibuzimu mukajya ibuntu, kuko u Rwanda ruhora ku ntebe y’imbabazi.

2020-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Editorial 04 Jan 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Editorial 11 Dec 2018
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019
Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Editorial 04 Jan 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Editorial 11 Dec 2018
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019
Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Mu Burundi kwangira abakandida bigenga bihangayikishije ba Rwasa

Editorial 04 Jan 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru