• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 27 May 2019 ITOHOZA

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko Urwego rw’Igisirikare cya Uganda rushinzwe Ubutasi (CMI) rwashimuse Abanyarwanda babiri ari bo Samvura Pierre w’imyaka 47 na Habiyaremye Eric w’imyaka 25 y’amavuko.

Bombi ni abaturage bo mu Mudugudu wa Gahamba, mu Kagari ka Tabagwe, mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare.

Aho bakomoka ni na ho hadutse ikibazo cy’umutekano muke mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019, ubwo inzego zishinzwe umutekano z’u Rwanda zashyamiranaga n’abaketsweho kwinjiza mu Rwanda ibicuruzwa mu buryo butemewe babivanye muri Uganda, biviramo babiri kuraswa, bahasiga ubuzima.

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko Samvura na Habiyambere bashimutiwe muri Uganda ahitwa Gasheke, ku ntera y’ikilometero kimwe n’igice (1,5km) uvuye ku mupaka w’u Rwanda kuri iki cyumweru tariki 26 Gicurasi 2019 mu ma saa sita n’igice z’amanywa. Ngo bari bagiye mu birori by’umubatizo w’umwana w’inshuti yabo yitwa Muhwezi Silver.

Abo Banyarwanda babiri mbere yo kwerekeza muri Uganda ngo bagiriwe inama na bagenzi babo yo kutajya muri Uganda kuko bashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ariko birengagiza izo nama, bafata icyemezo cyo kujyayo, banga gusuzugura inshuti yabo yari yabatumiye mu munsi mukuru.

Samvura na Habiyambere biyongereye ku rutonde rurerure rw’ibihumbi by’Abanyarwanda babayeho nabi mu magereza y’Urwego rw’Igisirikare cya Uganda rushinzwe Ubutasi (CMI).

Abafungiyemo ngo ntibemererwa gusurwa n’urwego ruhagarariye u Rwanda muri Uganda, ntibashobora guhabwa ubufasha mu by’amategeko, ndetse ngo ntibanajyanwa mu nkiko za Uganda ngo baburanishwe.

2019-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Ubwanditsi 11 Mar 2017
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Ubwanditsi 24 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru
Mu Rwanda

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade
Mu Mahanga

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Ubwanditsi 03 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru