• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikorabanuhanga (MYICT), yatangaje ko igiye kubaka ikigo ngororamuco kimeze nk’icya Iwawa kikazagororerwamo abakobwa n’abagore bafite imyitwarire ibangamira sosiyete.

Ubusanzwe kuva mu 2010, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kugororera abana babaswe n’ibiyobyabwenge n’indi myitwarire idahwitse, ku kirwa cya Iwawa bakigishwa imyuga inyuranye yazabagirira akamaro basubiye mu buzma busanzwe.

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2017, ubwo iyi Minisiteri yagezaga imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ikeneye muri 2017/2018 kuri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, yatangaje ko abagore n’abakobwa na bo bakeneye aho kugororerwa.

Yagize ati “Igiteganywa ni urubyiruko rw’abagore n’abakobwa bagikeneye ubufasha bitewe n’ubuzima bubi cyane cyane bujyanye no gukoresha ibiyobyabwenge, nk’uko habaho urubyiruko rujyanwa Iwawa kubera ubuzererezi bushingiye ku ikoreshwa ry’ ibiyobyabwenge ntabwo ari urubyiruko rw’abahungu gusa, hari bake mu bakobwa n’abagore; benshi usanga baranabyaye, bakeneye ubwo bufasha, icyo kigo akaba ari cyo kigiye kuza kubafasha.”

Iyi minisiteri igaragaza ko ikeneye miliyari zirindwi kugira ngo izabashe kucyuzuza, aho gitegurwa kuzubakwa i Gitagata mu Karere ka Bugesera, gusa mu ngengo y’imari bagaragaje ko bakeneye umwaka utaha bashaka kubona nibura miliyoni 250 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo barangize igice cya mbere cy’uwo mushinga.

Depite Georgette Rutayisire yibajije igihe icyo kigo cyizuzurira kuko ngo cyavuzwe igihe kinini, ati “ Iki kigo ngororamuco cy’abakobwa cyavuzwe igihe kirekire, kuko turi kwita ku bahungu ariko abakobwa ugasanga basa n’aho bari gusubira inyuma, mudufashe kutubwira ngo inyigo yaratangiye imara umwaka wose w’ingengo y’imari, urarangira ntakirakorwa, na byo ntabwo byadushimishije, turifuza ko umwaka utaha muzaza mutubwira muti ‘tugeze aha noneho twaratangiye.’”

-6514.jpg

Minisitiri Nsengimana

Minisitiri Nsengimana yavuze ko amafaranga miliyoni 250, angana na 20% by’agenewe kuzubaka icyo kigo.

Ati “ Ariya ni amafaranga ahabwa umuntu wasinye amasezerano kugira ngo atangire kubaka, ingengo y’imari kizasaba kugira ngo kizabe kirangiye, ni umushinga w’imyaka itanu, n’aya ni make, ariko tuzareba uburyo twakora kugira ngo gitangire gukora kitagombye kuzura. Hari inzu dushobora guheraho tugasana, twe twifuzaga kubaka bushya, ariko icyo tureba ni ukuvuga ngo ese hari icyo twakora cyaba gifashije abantu?”

Minisiteri ntirabasha kugena igihe kizarangirira kuko gikeneye kwitonderwa ngo kuko mu bazakigana hashobora kuzaba harimo abafite abana, cyangwa hakaba hari abazahagera batwite, bikazanasaba kuhubaka ivuriro ridasanzwe, ishuri ry’abana n’ibindi bikorwaremezo.

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Ubwanditsi 26 May 2017
Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure  za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND  ikomeje gutera benshi ubwoba

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba
HIRYA NO HINO

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 27 Aug 2019
“He attacked me and my family. ” Rusagara
Mu Mahanga

“He attacked me and my family. ” Rusagara

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru