• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016 Mu Rwanda

Mu cyumweru gishize abaturage muri Zambia bakoze amatora ariko batarebye neza ibyayavuyemo bishobora kubaroha mu kavuyo nk’ako bagiyemo muri za 90

Muri ayo matora yo mu cyumweru gishize Edgar Lungu w’ishyaka PF, niwe watangajwe yuko yatsinze n’amajwi 1,860,877, atsinda undi mukandida wahabwaga amahirwe, Hakainde Hichilema w’ishyaka UPND wabonye amajwi 1,760,347. Ayo majwi ya Longa ari hejuru gato ya 50% bikaba bivuze yuko ntaby’amatora gusubirwamo.

Ubusanzwe Zambia yari imaze kwiyubakira amateka yuko kuva aho amatora y’amashyaka menshi yongeye kwemerwa mu ntangiriro ya za 90 abantu basimburana ku butegetsi mu mutuzo kandi batabarizwa mu ishyaka rimwe. Kenneth Kaunda w’ishyaka UNIP yabaye Perezida mu 1964, Zambia ikibona ubwigenge kuva ku Bongereza, aza gutsindwa mu matora y’amashyaka menshi mu 1991, ubutegetsi bwegukanwa na Frederick Chiluba w’ishyaka MMD.

-3692.jpg

Edgar Lungu w’ishyaka PF

Chiluba yasimbuwe ku butegetsi na Leavy Mwanawasa, nawe wa MMD muri 2001. Mwanawasa yaje gusimburwa kuri uwo mwanya na Rupia Banda nawe wa MMD muri 2008, waje gutsindwa na Michael Sata wa PF mu matora ya 2011, yitaba Imana muri 2014 asigaje umwaka umwe ngo manda ye irangire. Guy Scott nawe wo muri PF y’amusimbuye by’agateganyo amezi atata ateganyijwe n’itegeko ngo amatora y’ugomba kurangiza wa mwaka Sata yari ashigaje ngo manda irangire akorwe. Edgar Lungu niwe watsinze ayo matora aba Perezida wa Repubulika guhera Mutarama 2015.

Ariko kampanye zo muri aya matora aherutse yari ishiraniro aho abari bashyigikiye Lungu bakozaganyaho n’abari bashyigikiye Hichilema. Ubwo bushyamirane na n’ubu buracyakomeje nyuma y’itamgazwa ry’ibyavuye mu matora ku buryo benshi babona hashobora kubaho imirwano.

Abo ku ruhande rwa Hichilema basakuza bavuga yuko amatora yaranzwe n’uburiganya bwo kwibira amajwi Lungu naho abo ku ruhande rwa Lungu bakikorera amasanduku, ashyrwamo imirambo, yanditseho nyakwigendera Hakainde Hichilema Imana iguhe iruhuko ridashira.

Nubwo twavuze yuko muri Zambia abantu bagiye basimburana ku butegetsi mu mutuzo ariko ubikurikiraniye hafi usanga hatagize igikorwa amateka mabi ya za 90 ashobora kwisubiramo.

Ayo mateka mabi yatangiye mu 1993, Chiluba amaze imyaka ibiri ku butegetsi. Muri uwo mwaka hatangiye gutangazwa yuko hari agatsiko k’abantu gashaka kunaniza ubutegetsi, gateza akavuyo mu gihugu bagamije guhirika ubutegetsi ku mbaraga. Abashijwaga cyane ni abo mu ishyaka rya Kenneth Kaunda rya UNIP.

Icyakurikiyeho nuko ubwo butegetsi bwa Chilluba bwashyizeho ibihe bidasanzwe (state of emergency) bufunga abantu 26. Nyuma benshi muri bo baje kurekurwa hasigara hafunzwe batandatu barimo Wezi Kaunda, umuhungu wa Kenneth Kaunda, barezwe kugambanira igihugu.

-3691.jpg

Hakainde Hichilema w’ishyaka UPND

Hagati aho UNIP yakomeje kwisuganya ngo izashobore gutsinda amatora mu 1996 yishyira hamwe n’andi mashyaka atandatu. Hagati aho ariko na Chiluba ntabwo yari yicaye ubusa. Ubutegetsi bwe bwashyizeho itegeko ribuza umuntu wese udafite ababyeyi bombi b’abenegihugu ba Zambia. Iri tegeko byabonekaga yuko ryashyiriweho Kaunda kuko ababyeyi be bombi bakomokaga muri Malawi.

Mu kwamagana iryo tegeko UNIP n’amashyaka byari byishyize hamwe byanze kwitabira amatora, Chiluba na MMD ye bayatsinda ku buryo bworoheje nka kuriya byagendekeye Nkurunziza na CNDD FDD ye !

Icyakurikiyeho n’uko abo muri opozisiyo bagerageje gukora kudeta, iburizwamo na none nka kuriya byabaye mu Burundi, bikurikirwa n’akavuyo harimo n’ifungwa rya Kenneth Kaunda. Ubu nabwo rero abo muri Zambia nibadakorana ubushishozi bashobora kwisanga mu kavuyo nk’ako ka nyuma y’amatora yo mu 1996 !

Kayumba Casmiry

2016-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Ubwanditsi 09 May 2017
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga
Amakuru

Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ubwanditsi 28 Aug 2020
Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru