• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016 Mu Rwanda

Mu cyumweru gishize abaturage muri Zambia bakoze amatora ariko batarebye neza ibyayavuyemo bishobora kubaroha mu kavuyo nk’ako bagiyemo muri za 90

Muri ayo matora yo mu cyumweru gishize Edgar Lungu w’ishyaka PF, niwe watangajwe yuko yatsinze n’amajwi 1,860,877, atsinda undi mukandida wahabwaga amahirwe, Hakainde Hichilema w’ishyaka UPND wabonye amajwi 1,760,347. Ayo majwi ya Longa ari hejuru gato ya 50% bikaba bivuze yuko ntaby’amatora gusubirwamo.

Ubusanzwe Zambia yari imaze kwiyubakira amateka yuko kuva aho amatora y’amashyaka menshi yongeye kwemerwa mu ntangiriro ya za 90 abantu basimburana ku butegetsi mu mutuzo kandi batabarizwa mu ishyaka rimwe. Kenneth Kaunda w’ishyaka UNIP yabaye Perezida mu 1964, Zambia ikibona ubwigenge kuva ku Bongereza, aza gutsindwa mu matora y’amashyaka menshi mu 1991, ubutegetsi bwegukanwa na Frederick Chiluba w’ishyaka MMD.

-3692.jpg

Edgar Lungu w’ishyaka PF

Chiluba yasimbuwe ku butegetsi na Leavy Mwanawasa, nawe wa MMD muri 2001. Mwanawasa yaje gusimburwa kuri uwo mwanya na Rupia Banda nawe wa MMD muri 2008, waje gutsindwa na Michael Sata wa PF mu matora ya 2011, yitaba Imana muri 2014 asigaje umwaka umwe ngo manda ye irangire. Guy Scott nawe wo muri PF y’amusimbuye by’agateganyo amezi atata ateganyijwe n’itegeko ngo amatora y’ugomba kurangiza wa mwaka Sata yari ashigaje ngo manda irangire akorwe. Edgar Lungu niwe watsinze ayo matora aba Perezida wa Repubulika guhera Mutarama 2015.

Ariko kampanye zo muri aya matora aherutse yari ishiraniro aho abari bashyigikiye Lungu bakozaganyaho n’abari bashyigikiye Hichilema. Ubwo bushyamirane na n’ubu buracyakomeje nyuma y’itamgazwa ry’ibyavuye mu matora ku buryo benshi babona hashobora kubaho imirwano.

Abo ku ruhande rwa Hichilema basakuza bavuga yuko amatora yaranzwe n’uburiganya bwo kwibira amajwi Lungu naho abo ku ruhande rwa Lungu bakikorera amasanduku, ashyrwamo imirambo, yanditseho nyakwigendera Hakainde Hichilema Imana iguhe iruhuko ridashira.

Nubwo twavuze yuko muri Zambia abantu bagiye basimburana ku butegetsi mu mutuzo ariko ubikurikiraniye hafi usanga hatagize igikorwa amateka mabi ya za 90 ashobora kwisubiramo.

Ayo mateka mabi yatangiye mu 1993, Chiluba amaze imyaka ibiri ku butegetsi. Muri uwo mwaka hatangiye gutangazwa yuko hari agatsiko k’abantu gashaka kunaniza ubutegetsi, gateza akavuyo mu gihugu bagamije guhirika ubutegetsi ku mbaraga. Abashijwaga cyane ni abo mu ishyaka rya Kenneth Kaunda rya UNIP.

Icyakurikiyeho nuko ubwo butegetsi bwa Chilluba bwashyizeho ibihe bidasanzwe (state of emergency) bufunga abantu 26. Nyuma benshi muri bo baje kurekurwa hasigara hafunzwe batandatu barimo Wezi Kaunda, umuhungu wa Kenneth Kaunda, barezwe kugambanira igihugu.

-3691.jpg

Hakainde Hichilema w’ishyaka UPND

Hagati aho UNIP yakomeje kwisuganya ngo izashobore gutsinda amatora mu 1996 yishyira hamwe n’andi mashyaka atandatu. Hagati aho ariko na Chiluba ntabwo yari yicaye ubusa. Ubutegetsi bwe bwashyizeho itegeko ribuza umuntu wese udafite ababyeyi bombi b’abenegihugu ba Zambia. Iri tegeko byabonekaga yuko ryashyiriweho Kaunda kuko ababyeyi be bombi bakomokaga muri Malawi.

Mu kwamagana iryo tegeko UNIP n’amashyaka byari byishyize hamwe byanze kwitabira amatora, Chiluba na MMD ye bayatsinda ku buryo bworoheje nka kuriya byagendekeye Nkurunziza na CNDD FDD ye !

Icyakurikiyeho n’uko abo muri opozisiyo bagerageje gukora kudeta, iburizwamo na none nka kuriya byabaye mu Burundi, bikurikirwa n’akavuyo harimo n’ifungwa rya Kenneth Kaunda. Ubu nabwo rero abo muri Zambia nibadakorana ubushishozi bashobora kwisanga mu kavuyo nk’ako ka nyuma y’amatora yo mu 1996 !

Kayumba Casmiry

2016-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Mar 2017
Uganda : Amafaranga Obong yari  kuzashyinguranwa  akayaha Imana  nka Ruswa ageze mu Ijuru yaburiwe irengero

Uganda : Amafaranga Obong yari kuzashyinguranwa akayaha Imana nka Ruswa ageze mu Ijuru yaburiwe irengero

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda
ITOHOZA

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2017
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye
Amakuru

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ubwanditsi 28 Oct 2021
Abapolisi bakuru biga ibijyanye n’imiyoborere batangiye urugendoshuri muri Etiyopiya
Mu Mahanga

Abapolisi bakuru biga ibijyanye n’imiyoborere batangiye urugendoshuri muri Etiyopiya

Ubwanditsi 13 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru