• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA   |   18 Feb 2026

  • Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be   |   16 Feb 2026

  • Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya   |   16 Feb 2026

  • Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo   |   16 Feb 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Editorial 14 Dec 2017 Mu Rwanda

Polisi y’Igihugu ivuga ko muri uyu mwaka wa 2017 abantu bagera 369 baguye mu mpanuka zo mu muhanda.

Ibi byatangarijwe mu kiganiro polisi iri kugirana n’abanyamakuru, aho iri kugaragaza ishusho y’umutekano muri uyu mwaka uri kugana ku musozo ndetse n’ingamba zo gukumira ibyaha mu minsi mikuru.

Komiseri muri Polisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi avuga ko n’ubwo impanuka zagabanutse ugeranyije n’umwaka ushize impanuka zikomeje gutwara w’abantu.

Abanyamaguru ni bo baza ku isonga mu bahitanwa n’impanuka zo mu muhanda, aho bagera kuri 34%, abakoresha moto 22% na ho abanyamagare ni 14%.

Muri izo mpanuka abakomeretse ni 685.

Yavuze ko muri rusange zagabanutse ku kigero gisaga 30% muri za bisi zitwara abagenzi kubera utugabanyamuvuduko twashyizwemo.

Imodoka zifite utugabanyamuvuduko bukora neza ni 79%. CP Rumanzi akaba avuga ko hari aho budakora neza bazakomeza gushyiramo imbaraga.

Ibyaha ibihumbi bisaga 16 byarakozwe…

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzacyaha, ACP Jean Marie Vianney Twagirayezu avuga ko muri uyu mwana batahuye ibyaha bisaga ibihumbi 16.

Yavuze ko polisi yashyizemo ingufu mu gutahura ibyaha, aho ibyaha by’ubwicanyi n’ubujura byatahuwe cyane. Yatanze urugero rw’abateye ishami rya Banki ya Kigali rya Buhanda , aho abakekwa boss bazaza kubashyikiriza ubutabera.

Yavuze kandi ubundi bwicanyi bwavuzwe cyane uyu mwaka nk’urupfu rwa Iribagiza Christine wari utuye ku Kicukiro wishwe muri Mata ndetse na Pasteur Maggie Mutesi.

Yavuze ko abakekwa bose babashyikirije ubutabera ndetse akaba ashimira abaturage babigizemo uruhare.

ACP Jean Marie avuga kandi muri uyu mwaka ibyaha byagabanutseho ku kigereranyo cya 5% ugereranyije n’umwaka ushize.

Polisi kandi ivuga ko yanahagurukiye ibyaha byambukiranya imipaka, aho yabashije gutabara abantu 35 bari bagiye gucururizwa mu mahanga batarahagera. Ivuga kandi ko hari abandi 4 bagaruwe mu gihugu bavanywe aho bacurujwe.

Ibyaha bimunga ubukungu biri mu byo polisi yatahuye cyane, aho abakekwaho kunyereza umutungo wa rubanda ndetse na ruswa.

Polisi ivuga kandi ko mu guhangana n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga yagaruje Miliyoni 900 zari zigiye kwibwa muri Banki imwe mu gihugu.

Polisi yasabye abaturage kwitwararika muri iyi minsi mikuru, aho bakwiye kwishimisha ariko ntibihungabanye umutekano.

2017-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Editorial 13 Nov 2021
Impaka ndende no gutakamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara rwarangiye mu ijoro

Impaka ndende no gutakamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara rwarangiye mu ijoro

Editorial 19 Oct 2017
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Editorial 27 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitatu by’ingenzi  bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi
ITOHOZA

Ibintu bitatu by’ingenzi bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Editorial 04 Mar 2019
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
POLITIKI

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Editorial 05 Jan 2016
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara
Mu Mahanga

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Editorial 03 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru