• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abantu 9 barimo Twagirimana Boniface bashinjwa kurema umutwe w’ingabo utemewe bagejejwe mu rukiko [ Yavuguruwe ]

Abantu 9 barimo Twagirimana Boniface bashinjwa kurema umutwe w’ingabo utemewe bagejejwe mu rukiko [ Yavuguruwe ]

Editorial 24 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Nzeri 2017, ni bwo Abanyarwanda bashinjwa kurema umutwe w’ingabo bagejejwe mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu rubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Abo ni Twagirimana Boniface, bivugwa ko ari Visi Perezida wa mbere w’Ishyaka FDU Inkingi ritemewe gukorera mu Rwanda, Ndayishimye Papias, Twagirayezu Janvier, Nsabiyaremye Gratien, Mbarushimana Evode, Gasengayire Leonille, Ufitamahoro Norbert, , Twagirayezu Fabien na Nkiko Erneste.

-7997.jpg

Twagirimana Boniface

Ubushinjacyaha bubashinja kurema umutwe w’ingabo utemewe ndetse no kugirira nabi ubutegetsi buriho.

Uru rubanza rugitangira abaregwa bagaragarije urukiko ko polisi ngo itigeze ibaha umwanya wo kubonana n’abunganizi babo, aho ngo batanazi ibikubiye muri dosiye zabo.

Perezida w’iburanisha akaba yabahaye iminota 20 kugira ngo babashe kuganira na bo, urubanza rugakomeza.

Nyuma y’iminota 20 abaregwa baganira n’abavoka, urubanza rwahise rukomeza, aho ubushinjacyaha bwasomye ibyo bubashinja.

-7998.jpg

Abantu 9 bashinjwa kujya mu mitwe yitwaje Intwaro

Kugeza ubu aba bakekwa bavuga ko bafunzwe binyuranyije n’amategeko kuko bateretswe impapuro zibafunga.

Twagirayezu Fabien avuga ko atemera inyito z’ibyaha ashinjwa, aho ngo yanafashwe hari ibyo agiye gufasha bagenzi be (atasobanuye).

Ku wa 6 Nzeri 2017 ni bwo Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abo bakekwa, bakimara gufatwa Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege yabwiye itangazamakuru ko bakekwaho uruhare mu bikorwa byo gukangurira urubyiruko kwinjira mu mutwe witwara gisirikare mu gihugu gituranyi cy’u Rwanda atavuze izina.

Ibyaha baregwa

Ubushinjacyaha bwavuze ko intandaro y’ibyaha baregwa ari ihuriro ryashyizweho ryitwa P5 rigizwe na FDLR, CNRD, RNC, PS-Imberakuri, FDU -Inkingi na PDP Imanzi. Abazanywe mu rukiko ni abayobozi n’abayoboke ba FDU bari mu mugambi wa ririya huriro wo kurema umutwe wa gisirikare uhuriweho wo kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Abayobozi ba FDU mu Rwanda bashinjwa kwakira inkunga binyuze kuri Western Union bakayikoresha mu gushaka abajya muri uriya mutwe, kubashakira ibyangombwa n’amatike azabageza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ukorera.

Ubushinjacyaha buvuga ko hari batanu bamaze kugera muri uriya mutwe ndetse ko mu gusaka babonye agenda ya Boniface Twagirimana, Visi Perezida wa mbere wa FDU irimo amazina y’abagiye, bikaba byarashimangiwe n’ibaruwa y’Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka yemeje ko banyuze ku mupaka wa Rusizi.

Mu baregwa kandi harimo batatu bashinja abayobozi bakuru ba FDU kubakangurira kujya muri icyo gisirikare gihuriweho, ndetse bakaba baranemeye ko babahaga amafaranga yo gushaka ibyangombwa, amatike n’ibindi.

Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko bufite impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha zirimo inyandiko mvugo z’ibazwa za bamwe mu bakekwa biyemereye ibyaha. Inyandiko zafatiwe mu iperereza ubwo basakaga n’izatanzwe na Tigo zerekana uko abaregwa bahamagaranaga bahana amakuru.

Amategeko avuga iki ku byaha bakekwaho?

Ingingo ya 459 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese urema umutwe w‟ingabo cyangwa akabisembura cyangwa akagirana amasezerano na zo, abikoresheje impano, igihembo, iterabwoba, igitugu, abigirira gushyigikira igitero cy’intambara cy‟ingabo zindi zitari izemewe z‟igihugu, ahanishwa igifungo kuva ku myaka icumi (10) kugeza ku myaka cumi n’tanu (15).

Umuntu wese wemera, ku bushake, kwinjira cyangwa gutorerwa kujya mu ngabo zitari ingabo zemewe z‟igihugu, ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10).

Ibyaha bivugwa mu gika cya mbere n‟icya kabiri by‟iyi ngingo bikurikiranwa biregewe cyangwa bitangiwe uruhushya n‟Umushinjacyaha Mukuru cyangwa Umushinjacyaha Mukuru wa Gisikare hakurikijwe imiterere y‟icyaha.

Icyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa Perezida wa Repubulika

Ingingo ya 461 na yo yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese:

Ukora icyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa cyo kubuhirika akoresheje intambara cyangwa izindi mbaraga zose ;

Ukora, muri iyo migambi ivugwa mu gaka ka mbere k’iki gika, icyaha kigamije kugirira nabi Perezida wa Repubulika;

Ahanishwa igifungo cya burundu.

Na ho ingingo ya 462 ikavuga ku Ubugambanyi ku cyaha cyo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa Perezida wa Repubulika.

Igira iti “ Umuntu wese ukora ubugambanyi bugamije ibyaha bivugwa mu ngingoya 461 y‟iri tegeko ngenga, ahanishwa igifungo kuva ku myaka makumyabiri (20) kugeza ku myaka makumyabiri n‟itanu (25), niba hari icyakozwe icyo ari cyo cyose gitegura ubwo bugambanyi.

Iyo habayeho ubwoshye bw’ubugambanyi buvugwa mu gika cya mbere cy‟iyi ngingo, ariko ntibwemerwe, uwoheje ahanishwa igifungo kuva ku myaka cumi n’itanu (15) kugeza ku myaka makumyabiri (20).

-8013.jpg

Abaregwa uko ari icyenda bari kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo

2017-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Editorial 20 Oct 2021
Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Editorial 21 Jun 2017
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Editorial 14 Oct 2021
Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Editorial 03 Sep 2019
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Editorial 20 Oct 2021
Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Editorial 21 Jun 2017
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Editorial 14 Oct 2021
Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Editorial 03 Sep 2019
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Editorial 20 Oct 2021
Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Editorial 21 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru