• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Editorial 11 Jun 2023 Amakuru, IMIKINO

Kuri iki cyumweru nibwo hakinwe irushanwa rya Marato Mpuzamahanga ryitiriwe Amahoro, Kigali International Peace Marathon, abanya Kenya nabo muri Ethiopia nibo imidari y’iri rushanwa.

Guhera ku isaha ya Saa mbili za mugitondo nibwo abasiganwa Marato ndetse n’igice cyayo bahagurutse imbere y’inyubako ya BK Arena bazenguruka ibice bitandukanye by’akarere ka Gasabo.

Abasiganwa marato, ni ukuvuga abakoze intera ingana n’ibirometero 42 bahagurukiye rimwe n’abakoze 21 bihwanye n’igice cya Marato.

Nyuma yaho abasiganwa bakora ibirometero icumi mu cyiswe Run for Peace bo bahagurutse nyuma y’abambere ho iminota 50 yose.

Mu basiganwaga bose bakaba bari mu byiciro bibiri by’abagabo ndetse n’abagore, aha kandi hiyongereyeho n’abafite ubumuga nano basiganwe.

Muri Full Marathon yatangiye gukinwa saa Mbiri, mu bagabo hatsinze Umunya-Kenya George Onyancha wari wabaye uwa gatatu mu mwaka ushize aho kuri iyi nshuro yakoresheje amasaha abiri, iminota 17 n’amasegonda 41.

Mu bagore, uwa mbere yabaye Umunya-Ethiopia Muluhebt Tsega wakoresheje amasaha abiri, iminota 35 n’amasegonda 17, akurikirwa n’Umunya-Kenya Charop Sharon Jemutai wakoresheje amasaha abiri, iminota 36 n’amasegonda atanu naho Jemal Amid Foyza wo muri Ethiopia yabaye uwa gatatu.

Muri Half-Marathon yareshyaga n’ibilometero 21,09; mu bagabo hatsinze Kennedy Kipyeko wakoresheje isaha imwe, iminota itatu n’amasegonda 52, akurikirwa na Mburu John wakoresheje isaha imwe, iminota itatu n’amasegonda 54 mu gihe Kipkorir Evans yakoresheje isaha imwe, iminota ine n’amasegonda 12.

Mu bagore, naho imyanya ya mbare yihariwe n’Abanya-Kenya aho uwa mbere yabaye Moseti Winfridah Moraa wakoresheje isaha imwe, iminota 12 n’amasegonda 40, akurikirwa na Lilian Lelei Jepkemboi wakoresheje isaha, iminota 13 n’amasegonda 36 naho Susan Chambai Aramisi akoresha isaha, iminota 14 n’amasegonda 33.

Mu basiganwe uyu munsi, uwegukanye Marathon mu bagabo n’abagore yatsindiye ibihumbi 20$ [asaga miliyoni 22 Frw], uwa kabiri yahawe ibihumbi 15$ naho uwa gatatu atwara 7500$.

Kigali International Peace Marathon 2023 yitabiriwe kandi n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin; Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa; Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange; Minisitiri w’Ikoranabuhanga no Guhanga Ibishya, Ingabire Paula.

Hari kandi na Meya w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa; Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, Mukazayire Nelly na Michaella Rugwizangoga uyobora Ishami ry’Ubukerarugendo muri RDB,

Muri rusange ni irushanwa ryitabiriwe bagera ku 8,526 bo mu bihugu 48 byo ku migabane yose y’Isi.

2023-06-11
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Editorial 17 Jun 2021
Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Editorial 22 Apr 2023
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Editorial 12 Jul 2018
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Editorial 07 Sep 2020
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Editorial 17 Jun 2021
Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Editorial 22 Apr 2023
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Editorial 12 Jul 2018
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Editorial 07 Sep 2020
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Editorial 17 Jun 2021
Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Editorial 22 Apr 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru