• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Editorial 21 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva Paul Rusesabagina yafatwa kugeza anahanishijwe gufungwa imyaka 25 kubera ibyaha by’iterabwoba byamuhamye, havuzwe byinshi bikigaragaza agasuzuguro bamwe mu bazungu bagifitiye abirabura.

Nyuma y’ibitero byibasiye Amerika tariki 11 Nzeri 2001, amahanga yarahungabanye, ndetse ingabo z’ Abanyaburayi n’Amerika zikwira isi yose ngo zirarwanya imitwe y’iterabwoba nka Al Qaeda, nubwo kenshi ziba zigenzwa na twinshi.

Igitangaje ariko, ni uko ibikorwa by’iterabwoba byitwa bityo ari uko bibaye ku bazungu gusa. Urugero ni ibyo Paul Rusesabagina yakoze mu Rwanda abinyujije mu mutwe we w’iterabwoba wa FLN, ariko bamwe mu bategetsi bo mu Burayi n’ Amerika bagakomeza kumufata nk’umutagatifu. Ese iyo ibyabereye i Nyamagabe na Nyaruguru bibera mu Bubiligi cyangwa muri Amerika, Paul Rusesabagina yari kuba akitwa impirimbanyi ya Demokarasi n’uburenganzira bwa muntu? Igisubizo ni “oya”, nyuma ya tariki 11 Nzeri 2001, muri Amerika uwitwa umwarabu wese n’uwo bafitanye isano yahizwe bukware, abenshi baricwa, abandi bajyanwa Guantanamo Bay gukorerwa iyicarubozo ridakwiye ikiremwamuntu. N’uyu munsi mu bihugu byinshi byo mu burengerazuba bw’isi, umwarabu agenda yikandagira, kuko bamusanisha n’ibikorwa by’iterabwoba, kandi yenda nta n’aho ahuriye nabyo.

Abasakuza ko Paul Rusesabagina atabonye ubutabera buboneye, batubwira impamvu Oussama Bin Laden wa Al Qaeda atafashwe ngo aburanishwe, ahubwo bagahitamo kumwicana n’umuryango we? Icyakora koko iyo Rusesabagina aza kuba yarahekuye ibihugu bivuga rikijyana, ntiyari kurushya abacamanza, ibye biba byararangiye agifatwa.

Bamwe mu Banyaburayi n’Abanyamerika baracyarangwa n’irondaruhu riteye ishozi. Ni gute baha agaciro umwicanyi nka Rusesabagina, bakakima abo FLN ye yishe, abo yamugaje, igasahura ibyayo ibindi ikabyangiza? Kubera gusa ko atari Abanyaburayi cyangwa Abanyamerika, ubugizi bwa nabi bwabakorewe ntibwagombaga gukurikiranwa ngo ababugizemo uruhare bahanwe.

Ese ba mpatsibihugu bazunamura icumu ryari, ngo bumve ko amaraso y’abirabura afite agaciro nk’ay’abazungu? Bazasobanukirwa bate  ko uRwanda ari igihugu kigenga, kitagitegekwa ibyo gikora ? Harya ubutabera nyabwo buba gusa iyo bukozwe n’Abanyaburayi cyangwa Abanyamerika?Iyi myumvire ntikijyanye n’igihe, aho dusabwa kubahana, tutitaye ku gice cy’isi dukomokamo.

Bimwe mu bimenyetso bihamya ibyaha Paul Rusesabagina byatanzwe n’inzego z’ubucamanza mu Bubiligi no muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ni gute rero bamwe mu bategetsi b’ibyo bihugu bahindukira bakagira Rusesabagina umwere?Ni uko gusa yakoreye ibyaha igihugu cyo muri Afrika.

Abasakuza ngo Rusesabagina yarakatiwe bari bakwiye ahubwo kwishimira ko yadohorewe ntahanishwe gufungwa burundu nk’uko itegeko rihana ibyaha byamuhamye ribiteganya. Ubushishozi bw’Urukiko rwamuhanishije imyaka 25 y’igifungo nk’ikimenyetso cyo kumuha amahirwe yo kwikosora, akaba yakongera kuba umuturage muzima. Oussama Bin Laden kuki atahawe aya mahirwe?

Uretse induru z’abifitiye urwango ku Rwanda n’ Ubuyobozi bwarwo gusa, abashyira mu gaciro biboneye ko urubanza rwa Rusesabagina n’abo baregwana rwabaye mu mucyo no mu bwisanzure. Abamuririra ahubwo bagombye kuba baramugiriye inama ntiyishore mu bikorwa by’iterabwoba byatumye  aba aho ari uyu munsi. Bagombye kwinenga kuba bataramaganye ko mu bihugu byabo ahakusanyiriza amafaranga yo gushyigikira ibikorwa byahitanye inzirakarengane i Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi. Keretse niba ibi ari byo bya bigwi birirwa barata ngo barakataje  mu kurengera ikiremwa muntu.

 

2021-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Editorial 26 Jun 2022
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Editorial 09 Apr 2020
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Editorial 17 Mar 2021
Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira  kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Editorial 14 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO
Amakuru

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Editorial 07 Jun 2021
Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu
Amakuru

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Editorial 26 Feb 2024
( VIDEO ) y’Ivanjiri ya Padiri Nahimana Thomas  ushaka kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

( VIDEO ) y’Ivanjiri ya Padiri Nahimana Thomas ushaka kuba Perezida w’u Rwanda

Editorial 08 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru