• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Editorial 25 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amabaruwa y’imiryango mpuzamahanga iharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru n’indi itandukanye yandikiye Perezida Jenerali Ndayishimiye Evariste ibasaba gufungura abanyamakuru bane aribo Térence Mpozenzi, Agnès Ndirubusa, Egide Harerimana na Christine Kamikazi bahise bafungurwa

Aba banyamakuru bari barafunzwe guhera kuwa 22 Ukwakira 2019 bashinjwa ubufatanyacyaha mu guhungabanya umutekano w’igihugu,Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi Bwana Antoine Kaburahe yavuze ko yishimiye ifungurwa ry’aba banyamakuru bari basanzwe bakora kinyamwuga bafunzwe bafatiwe aho bari bagiye gutara inkuru ku rubuga ubwo Inyashyamba za Red Tabara mu burengerazuba bahita batabwa muri yombi bavuga ko bari bafatanyije nazo

Mu mabaruwa yandikiwe uburundi yanabusabaga gushyiraho urwego rurengera abanyamakuru n’itangazamakuru muri rusange dore ko aho tuvugira aha na Radio ijwi rya Amerika yamaze guhagarikwa n’ubwo yumvikana ku mirongo migufi (SW, Short wave) Antoine Kaburahe avuga ko ikinyamakuru cyabo kidapfa gutangaza amakuru gikuye ahabonetse hose kuko bo intego yabo ari ukugera aho ibintu bibera bakabivuga imvaho,akaba akomeza avuga ko abanyamakuru nibamara kuruhuka bazasubira mu mwuga wabo.

Imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu ishinja abategetsi b’Uburundi guhohotera abagerageza gutunga agatoki imitegekere mibi ya CNDD-FDD.Abanyamakuru benshi barahunze abandi barafungwa,iryo hohoterwa rikaba ryarategetswe na Gen Bunyoni wari ministri w’ubutegetsi bw’igihugu ku ngoma y’umuhisi Petero Nkurunziza, aho Evariste Ndayishimiye abereye Perezida amuhemba kuba Minisitiri w’Intebe. Hari amakuru avuga ko Perezida Ndayishimiye atagicana uwaka na Gen Bunyoni.Kuba Perezida yarekuye aba banyamakuru bikaba bishobora kuba ari ukwereka Bunyoni ko ibyemezo yagiye afata nta gaciro bigifite

Bakimara kurekurwa umwe mu bafunguwe Agnes Ndirubusa, yabwiyeinyamakuru cy’Abongereza BBC ko yishimiye ifungurwa ryabo ati:”Ndanezerewe cane kuba turekuwe, jewe n’abo turi kumwe tugasubira mu miryango yacu.

“Tuvuye kure, tukaba tugiye gusangira Noel n’incuti n’imiryango mu munezero nta ngere. “Mu ibaruwa yo kubarekura yo kuwa gatatu tariki 23 Ukuboza 2020, Perezida w’u Burundi Gen. Evariste Ndayishimiye avuga ko nyuma yo kwakira amabaruwa yabo yo gusaba imbabazi yahisemo kubababarira bagasubira mu buzima busanzwe, ariko bagomba kwishyura amande baciwe, Abasomyi bati Abadede ntibaviramo aho bagomba kuyabakamamo.

2020-12-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Editorial 05 Dec 2020
Minisitiri Nyirishema yakurikiye imikino ya kamarampaka APR BBC na Kepler BBC bitwariyemo neza

Minisitiri Nyirishema yakurikiye imikino ya kamarampaka APR BBC na Kepler BBC bitwariyemo neza

Editorial 05 Sep 2024
Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Editorial 27 Dec 2017
Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Perezida Kagame, avuga ko ushaka guhungabanya umutekano wacu ajye abanza atekereze kabiri

Editorial 10 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Editorial 16 Feb 2018
Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi
IMIKINO

Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Editorial 17 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru

Editorial 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru