• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Editorial 10 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Mu gihe Abategeka Afurika bahora bavuga ko bayiyoboye bubahirije amahame shingiro ya Demokrasi, opozisiyo bahanganye si uko ibibona, ni nayo mpamvu bahora bahanganye bigatuma abaturage baharenganira.

 

Iyo niyo ntandaro y’ intambara zo kurwanira ubutegetsi ku  banyapolitiki bo mu bihugu byo mu Karere bifuza kuba abaperezida mu buryo bwose bushoboka ndetse baniyemeje gutanga ubuzima bwabo batababariye abaturage babashyigikiye bahora bicwa mu myigaragambyo bizezwa ibitangaza.

1.Raila Odinga: Nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida wa Repubulika akanasaba ko asubirwamo akanga kuyitabira, Odinga yiyemeje kurahira nka Perezida wa Kenya  ku wa 12 Mutarama 2018 umunsi w’ ubwigenge bw’ iki gihugu .

Igihe cyose Raila yifuje kurahira ku ngufu ashobora gutabwa muri yombi nk’ uko Perezida w’ Urukiko rw’ Ikirenga wa Kenya  yavuze ko binyuranye n’ amategeko. Uretse intege nke afite, nta mbaraga nyinshi za gisirikare cyangwa se ngo amahanga amujye inyuma, ubuyobozi arimo kubushakira hasi no hejuru.

Abasesenguzi ba politiki basanga Odinga utavuga rumwe na Perezida Uhuru Kenyata aramutse atawe muri yombi byatuma igihugu gicikamo ibice kuko gisanzwe kirangwa no guhangana hagati y’ amoko y’ Abakikuyu n’ Abajaluwo.

Imyigaragambyo iherutse kuba muri Kenya yahitanye abantu benshi ku mpande z’ abashyigikiye Odinga ndetse hanakomereka  abashinzwe umutekano bari ku ruhande rwa Leta. 

2.Agathon Rwasa: Uyu yahoze arwanya ubutegetsi bw’ u Burundi ku ngoma zitandukanye byumvikane ko afite inyota yo kuba Perezida kuko anafite abaturage benshi bamushyigikiye.

Yongeye kugirana ikibazo na Leta akorera nyuma y’ ibiganiro by’ amahoro byabereye i Arusha aho yagaragaje ko yifuza kuvuganira opozisiyo asaba ko abanyapolitiki bayigize bashobora kwinjizwa mu kizitwa “Guverinoma y’ Ubumwe”.

Si ibyo gusa kuko Hon.Agathon Rwasa ntashyigikiye kamarampaka iri gutegurwa mu Burundi bigatuma arushaho kudahuza na CNDD-FDD iri ku ntebe.

Kugeza magingo aya amaze kwamburwa abasirikare bamurindaga bikaba bimuteye impungenge nk’ uko yivugira ko umugore we yarashwe n’ abantu bataramenyekana ndetse ko nawe yashatse kwicwa kenshi  baramuhusha.

Agathon Rwasa yahereye kera ashaka kuyobora, imbaraga nke afite buri gihe nizo zimuzitira, nubwo ari mu bagize Guverinoma, agaragaza ko bitamunyuze, ahubwo akeneye kuba perezida w’u burundi.

3.Mgr. Laurent Mosengwo Passinya: Mu gihe abatari bacye batekereza ko nyuma ya Perezida Joseph Kabila, Congo-Kinshasa izayoborwa n’ abanyapolitiki bakomeye bo muri opozisiyo nka Moise Katumbi, Felix Tshisekedi n’ abandi, abakuririkiranira hafi ibya Congo-Kinshasa basanga uyu mukambwe Musenyeri Mosengwo ahabwa amahirwe yo kuba yategeka iki gihugu cyahuritse.

Ibi byanashimangiwe kenshi  mu mbwirwaruhame za Perezida Joseph Kabila, agira ati” Niba ari umuntu duhanganye muri iki gihugu ni Mgr.Laurent Mosengwo Passinya”.

Uyu mu padiri ufite icyubahiro mu rwego rwa Vatican ndetse akaba n’ umujyanama wo hafi wa Papa Francis yagize uruhare rukomeye mu guharanira impinduramatwara mu gihugu cye.

Hari abavuga ko Mgr. Mosengwo aramutse abaye Perezida wa Congo-Kinshasa ashobora kubera  iki gihugu icyo Nelson Mandela yabereye Afurika y’ Epfo.

4.Dr. Kiiza Besigye:  Uyu munyapolitiki wabanye na Perezida  wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yiyemeje kutazapfa adategetse igihugu ngo kubera ibyiza agifitiye.

Amaze gufungwa inshuro zitabarika ariko ntiyegeze gucika intege kandi kenshi yagiye arahira ko abaye perezida wa Uganda, arega ko Musevei yamwibye amajwi ariko bikaba impfabusa.

2018-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Editorial 02 Jul 2019
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Editorial 03 Jul 2019
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Editorial 18 Sep 2018
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Editorial 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020
Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017
IMIKINO

Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017

Editorial 19 Nov 2017
Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Editorial 10 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru