• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Editorial 05 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro n’abanyamakuru Ministiri w’ububanyi n’amahanga yakoze uyu munsi; ku bijyanye n’amakimbirane y’u Rwanda na Uganda, Minisitiri Sezibera yavuze ko abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda hakaba hari ababarirwa muri 190 bakiri mu gereza za Uganda.

Nyamara ibyo byose ngo biba batanamenyesheje Ambasade y’u Rwanda muri Uganda kugira ngo ishobore kubakurikirana no gukurikirana uko ibibazo byabo bikemurwa.

Ati “Hari abantu bari muri gereza za Uganda guhera muri 2017. Nta miryango yabo ibageraho nta n’ababunganira mu mategeko bashobora kubageraho.”

Hari ibyo impande zombi zagiye ziganiraho ariko bikongera bigasubira kandi nta bisobanuro.

“Turabasaba ikintu gito cyane. Kuduha ibisobanuro ariko baba batanabiduhaye nibura bakirukana abantu mu buryo bukurikije amategeko mpuzamahanga.”

Ati “Abanya-Uganda n’abandi baturage bo muri EAC dukomeje kubaha ikaze mu Rwanda kandi nta kibazo bazahagirira ariko twebwe turagira Abanyarwanda inama yo kuba baretse kujya muri Uganda mu gihe ibi bibazo bitarakemuka.”

Ku bijyanye n’imitwe y’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda avuze ko ari RNC ya Kayumba Nyamwasa na FDLR kandi ngo no mu minsi ishize bagabye ibitero ku Rwanda. Yavuze no ku bayobozi ba FDLR , u Rwanda rwashyikirijwe ko bari gutanga amakuru akomeye ku mikorere yabo n’ababafasha. Ikindi ubu bari mu gihugu cyabo nkuko n’abandi bagiye batahuka bagaca mu nzira zagenywe.

Minisitiri Sezibera avuga ko uku gukumira abantu cyangwa kubirukana bifite ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa.

Avuga ko ubusanzwe u Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja giha agaciro cyane ubucuruzi mpuzamahanga.

Ati “Ni byo kuri twe ibicuruzwa ni ingenzi ariko abantu ni ingenzi kurushaho.”

Avuga ko ikirenze byose ari uko u Rwanda rutazigera rugirwaho ingaruka zikomeye n’ibibazo.

Ati “Tuzi uko duhangana n’ibibazo byacu kandi turabizeza ko ikibazo cy’u Rwanda na Uganda kitazigera gituma ingano y’ibicuruzwa twohereza mu mahanga igabanuka cyangwa ngo gitume umutekano n’umudendezo byacu bihungabana.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Richard Sezibera yahakanye amakuru amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga ko hari abajenerali batatu batawe muri yombi, yemeza ko ndetse umwe mu bavugwa yagiranye nawe inama mu ijoro ryakeye taliki 4 Werurwe 2019.

Ibinyamakuru birimo ibishinjwa kutavuga neza u Rwanda, birimo icyandikwamo na David Himbara bimaze iminsi bivuga ko ba Jenerali Joseph Nzabamwita, Emmanuel Ruvusha,na Fred Ibingira batawe muri yombi.

Dr Sezibera avuga ko ari ibihuha, akibaza impamvu abakoresha izo mbuga nkoranyambaga bandika ko abo basirikare bafunzwe n’impamvu zabyo agashoberwa.

2019-03-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka

Ingabire Victoire abeshya ko yavuye muri FDU-Inkingi kandi ayiyoboye; uyu munsi aragirana ikiganiro n’abagore bo muri iryo shyaka

Editorial 08 Mar 2021
Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Editorial 21 Sep 2020
Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Editorial 05 Sep 2019
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Editorial 31 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga
ITOHOZA

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Editorial 25 Mar 2017
AMAFOTO:  Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS
Amakuru

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Editorial 19 Oct 2022
Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka
Mu Mahanga

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Editorial 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru