• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Ubwanditsi 17 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Urubanza ruregwamo Barahira Tito na Ngenzi Octavien bombi bayoboye Komini Kabarondo bakaba bashinjwa Jenoside rugeze mu bujurire i Paris. Nyuma yo kuba ruhagaze iminsi 10 (4-14 Gicurasi ) ku mpamvu z’uburwayi n’abunganizi bifuzaga kugera ahakorewe icyaha, kuri uyu wa mbere rwasubukuwe.

Ibindi byagarutsweho mu rukiko :

-Kwica abana niko gutsemba, n’uwari mu nda yahawe ubwoko aricwa, Hélène Dumas

-Nta Jenoside y’Abatutsi, nta y’Abahutu, habaye Jenoside y’Abanyarwanda- Joseph Matata

-Abahungiye Benako/Tanzaniya ntibatinye Inkotanyi, ba Burugumesitiri babategeketse kuva mu gihugu, -Umunyamakuru, umukozi wa MSF

Mbere yo gutangiza iburanisha kuri uyu wa kabiri, uriyoboye yabanje kwibutsa impinduka ziri muri gahunda izakurikizwa, uko abantu bazagenda batanga ubuhamya.

Ku wa kane tariki 17 Gicurasi, saa munani, hazumvwa Kayumba Hassan

Ku wa kabiri tariki 22 Gicurasi, saa tanu n’igice, hazumvwa umuhungu wa Barahira,  Jéocomias BARAHIRA ; naho saa kumi n’imwe humvwe Jean-François Dupaquier.

Kuwa gatandatu tariki ya 26 Gicurasi, saa munani, hazaba hagezweho Gilbert BITTI

Kuwa kabiri tariki ya 29 Gicurasi, saa munani, hazumvwa Marara Noble

Abatangabuhamya nka Micombero Jean Marie ntiyabonetse, naho Filip REYNTJENS we yamaze guhakana ko atazabutanga.

Ingingo eshatu: Ingengabitekerezo y’amoko, intambara, na Leta

Umwarimu muri Kaminuza akaba n’umushakashatsi, Audoin Rouzeau agaruka ku ngingo eshatu zatumye Jenoside iba mu Rwanda.

Izo ngingo ni ingengabitekerezo y’amoko,  intambara n’uruhare rwa Leta. Uyu ngo asanga Jenoside yarahemberewe, n’ingengabitekerezo yayo.

Uruhare rwa Leta kandi umushakashatsi arugarukaho. Ngo nta wapanga kumara abantu adafite ubushobozi. Ubwo ni Leta, abakozi bayo, abasirikare n’imitwe yitwara nkabo, no kogeza ingengabitekerezo y’ubwicanyi.

Ibyo ni nako byagenze mu zindi Jenoside ; zari zigamije gutsemba no gusiba burundu abantu bamwe kubera uko bari, nta kubabarira impinja, abana n’abagore.

Aha ni naho Prof Rouzeau avuga ko « Iyo Inkotanyi zidatsinda urugamba, uwitwa umututsi aba yarazimiye, nta n’uwo kubara inkuru wari busigare mu Rwanda. Kuko imipaka yari ifunze, abahigwa batorohewe kubona aho baca bahunga ».

Résultat de recherche d'images pour "Prof. Audoin Rouzeau"

Prof. Audoin Rouzeau

Undi mutangabuhamya, Madame Hélène Dumas we yagarutse ku iyicwa ry’abana, nk’ikimenyetso cyo gushaka kumaraho Abatutsi. Uyu ngo yamaze amezi 6 mu Rwanda mu 2006, akora ubushakashatsi mu nkuru z’abana kuri Jenoside.

Na we avuga uruhare rwa Leta n’inzego zayo ndetse n’abaturage ubwabo, ari nabo baturanyi b’abahigwa.

Ati « Abahigwaga nta bwinyagamburiro bari bafite. Abatutsi ntibari abo gupfa gusa, ahubwo no gutotezwa ».

Ngo yahisemo gukora ku bana mu rwego rwo kwinjira muri Jenoside neza, ngo kuri we « Kwica abana niko gutsemba, mu Rwanda abana baribasiwe, aho n’uwari mu nda yahawe ubwoko akicwa ».

Matata we ngo habaye Jenoside y’Abanyarwanda

Uyu wifata nk’umucunguzi abandi bamwita umuhakanyi, ntiyemera Jenoside y’ubwoko runaka, ngo ni “Iy’Abanyarwanda”.

Abaharanira inyungu z’abarokotse Jenoside bamwe ku mugabane w’Uburayi, bavuga ko Matata hari n’ubwo ayita Amahano, Ubwicanyi; aho kuyita Jenoside.

Matata kandi ngo asanga inzego z’ubutabera hanze y’u Rwanda zikoreshwa, kandi ngo ibiganiro mu rukiko byangizwa n’abatangabuhamya bava mu Rwanda. Ngo ntanemera abacamanza b’Abafaransa bagiye mu Rwanda, ngo kuko “u Rwanda rubyivangamo”.

Abajijwe ku bisobanura neza, Matata ngo asanga abatangabuhamya baterwa ubwoba, kandi ngo hakaba hariho n’umuco wo kubeshya”.

Uyu Matata avuga ko yafunzwe mu byitso by’ Inkotanyi” mu 1990, akamara iminsi 75 akabona kurekurwa.

Mu kurangiza ubuhamya bwe, saa mbiri z’ijoro zirenga, Matata aha gasopo abunganira Barahira na Ngenzi. Ati, “Witonde ushobora kujyayo ukahasiga ubuzima”, abwira Me Epstein.

Ku wa mbere, hari humviswe Mme Anne Fouchard wari umukozi ushinzwe kwegeranya amakuri muri MSF  y ‘ababiligi. Ubuhamya bwe bwasabwe n’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside.

Foucard yari mu Rwanda 1994, Jenoside itangiye yoherezwa i Burundi na Tanzaniya ngo ajye gushaka amakuru mu bahungiyeyo. Mu nzira ajya i Burundi ngo nawe yiboneraga aho abana bicwa, ngo yagiye mu kigo cy’ababikira cyakiraga abana b’imfubyi, ahasanga abana bafite ibikomere mu mutwe.

Ageze muri Tanzania, mu nkambi ya Benako, ahasanga abantu bavuga ko bahunze intambara, ndetse banamwemerera ko bagize uruhare mu bwicanyi ; « Ubwicanyi butari uguhangana kw’impande ebyiri ».

Yababaza ati, « Ninde wabatumye kwicana ?», bati ni « Ba Burugumesitiri, abanyapolitiki n’abasirikare ».

Ati, « Kuki mwahunze ?», bati, « Badusabye kugenda ».

Ati, « Abo ni bande babibasabye ? », bati, « ni abategetsi ».

Agasoza agira ati « Nguko uko rero abantu bategetswe kuva mu Rwanda, atari ugutinya ingabo za FPR, ahubwo babihatiwe na ba Burugumesitiri n’abasirikare ».

2018-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ubwanditsi 05 Oct 2020
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025
Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Ubwanditsi 15 Feb 2022

2 Ibitekerezo

  1. Kabwana
    May 18, 20185:47 am -

    Ibi byose bizabazwe uwatanze intwaro zo gutangiza intambara muri 90!! Yaragamije iki??

    Subiza
  2. Ngabo
    May 18, 20186:03 am -

    Uyu mu professor mu minsi itaha muzumva ngo yahawe umudali w’ishimwe/ubutwali kubera yavuze ibyo abenshi bifuza kumva. Uwakoze genocide niwe ushinjwe kubiryozwa mbere aho inyito nibindi bishamikiyeho bigirwa imiyoboro ya politiki za bamwe.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye
Mu Rwanda

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.
Amakuru

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe
Amakuru

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe

Ubwanditsi 09 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru