• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Editorial 04 Apr 2018 UBUKERARUGENDO

Nubwo bidakabije ariko bikaba bigaragara, ngo hari ukwimuka gukomeje kugaragara kw’Abanyekongo bava mu burasirazuba bwa Congo bakajya gutura mu mijyi yo mu Rwanda bihana imbibe, aho aba baturage baba bakeka kuryama bagasinzira kandi bagakora ibintu byabo nta mbogamizi.

Imijyi ya Gisenyi na kamembe mu majyaruguru n’amajyepfo y’Ikiyaga cya Kivu ngo igaragara nk’ibereye kandi itekanye ugereranyije n’imijyi ya Goma na Bukavu yo ku rundi ruhande rwa Congo.

Jacques Kahora, umukozi ukora mu bijyanye n’ubutabazi wimukiye burundu ku Gisenyi mu 2016 aragira ati: “Natewe ubwoba mu 2013 muri Goma nimukira ku Gisenyi. Nasubiye I Goma hashize umwaka. Ndacyafite impungenge z’ubuzima bwanjye. Inshuti zanjye 3 mu karere kanjye zarishwe.”

Undi munyekongo witwa Adrien w’imyaka 28 ukorera umuryango utegamiye kuri leta, ngo amaze hafi umwaka akodesha inzu ku Gisenyi ku madolari 80 y’abanyamerika, ngo akaba ari icya kabiri cy’ayo yishyuraga mu mujyi wa Goma.

Uyu avuga ko yimukiye ku Gisenyi mu rwego rwo kureba ko yabona ibyangombwa by’ibanze mu buzima bwa buri munsi nk’amazi n’umuriro.

Aragira ati: “Ahanini mbikorera kubona bimwe mu bintu by’ibanze nk’amazi n’umuriro. Muri Gisenyi, ni gacye umuriro ubura, ariko muri Goma biba buri munsi.. rimwe na rimwe ushobora kumara icyumweru cyose nta muriro.”

U Rwanda kandi ngo runagira serivisi za internet ya wi-fi zikora neza cyane, ngo zinakoreshwa n’abaturage ba Goma na Bukavu iyo abayobozi ba Congo bafunze internet mu rwego rwo guca intege imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Kimwe na Adrien, Abakongomani benshi ngo bakora I Goma cyangwa I Bukavu ariko bakajya kurara mu Rwanda. Uwitwa Leston kambale w’imyaka 38 wimukiye ku Gisenyi mu myaka 8 ishize ndetse abana be batatu bakaba biga mu Rwanda, avuga ko bakora iwabo bakazana ibitotsi mu Rwanda. Ati: “Hano icyo tuzana n’ibitotsi.”

Akomeza agira ati: “Nk’impuguke mu ikoranabuhanga n’itumanaho, nari nkeneye umuriro amasaha 24 ku munsi. Kandi nta kibazo cy’umutekanno gihari. Hano I Gisenyi, ushobora gukora kuva mu gitondo kugeza mu kindi nta kibazo.”

Nubwo imipaka y’u Rwanda ikora amasaha 24 kuri 24, no kwambuka umupaka ujya muri congo mu masaha ya ninjoro ugomba gucungana n’isaha kuko saa yine z’ijoro umupaka wa Congo uba ufunzwe.

Kugirango umukongomani yemererwe kuba mu Rwanda agomba kwishyura amafaranga 20,000 kugirango abone uruhushya rwo gutura, aya ngo akaba ari amafaranga makeya n’umukongomani uciriritse abasha kubona.

Umubare w’Abanyekongo bamara igice cy’umunsi wabo mu Rwanda cyangwa bahatuye burundu ntabwo uzwi neza ariko ibimenyetso bigaragaza ko ari benshi.

Muri weekend, urubyiruko rw’Abanyekongo rwo muri Goma rwambuka umupaka rukajya kuryoshya kuri Tam-Tam ku Gisenyi aho usanga hateraniye abantu benshi bakiri bato.

I Goma, ngo hari ahantu hamwe gusa wakwishimishiriza ku nkengero z’ikiyaga ariko ku Gisenyi nta kibazo cyo kujya kwoga nk’uko byemezwa na Guillain Balume, umunyamakuru wasanzwe n’ikinyamakuru The citizen dukesha iyi nkuru ku Gisenyi.

Mu majyepfo ya Kivu, ngo imiryango 900 y’Abanyekongo imaze kuva muri Bukavu ijya gutura muri Kamembe nk’uko byemezwa na patient Bashombe, umunyamategeko ushinzwe guhuza ibikorwa by’ibiro bya sosiyete sivile muri Kivu y’Amajyepfo.

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Editorial 15 Dec 2023
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Editorial 24 Sep 2025
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Editorial 10 Dec 2024
Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Editorial 22 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda
POLITIKI

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Editorial 19 Sep 2018
Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF
POLITIKI

Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Editorial 04 Oct 2018
Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal
Amakuru

Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal

Editorial 05 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru