• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Editorial 19 Jun 2016 Mu Mahanga

Icyiciro cya kane cy’abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika biga ibijyanye n’ubuyobozi mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College- NPC) riri mu karere ka Musanze, basoje urugendoshuri rw’icyumweru bagiriraga mu gihugu cya Etiyopiya.

Umuyobozi wa NPC Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye wari uyoboye aba banyeshuri muri uru rugendoshuri, yavuze ko rwari rugamije kubongerera ubumenyi, bagahuza ibyo bize mu ishuri n’ukuri kw’ibikorerwa aho zazakorera akazi kabo.

Ku munsi wa nyuma w’urugendoshuri rwabo, basuye uruganda rukora imyenda rwitwa ELSE n’ishuri rya Polisi rya Oromia.

Nyuma yo gusura uruganda rwa ELSE, CP Namuhoranye yaravuze ati:”Muri uru ruganda, abanyeshuri beretswe uko imyenda ikorwa n’uko itunganywa, banabwirwa uko uru ruganda rugira uruhare mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage baturiye agace ruherereyemo n’igihugu muri rusange.”

Uru ruganda rukaba rukoresha abakozi bagera ku 1100, rukaba rufasha mu iterambere ry’abaturage, aho rutangira amafaranga y’ishuri, abana babaye imfubyi kubera ko ababyeyi babo bazize Sida

Aba bapolisi baturuka mu Burundi, Etiyopia, Gambiya, Kenya, Namibiya, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, Uganda, Zambiya n’u Rwanda banasuye ishuri rya Polisi rya Oromia ahatangirwa inyigisho z’ibanze ku bashaka kujya muri Polisi ya Etiyopiya, amasomo y’ubunyamwuga, ay’imiyoborere, hagatorezwa abenda kuba ba ofisiye bato, ndetse hagatangirwa n’andi masomo yihariye.

CP Namuhoranye yakomeje agira ati:”Mu by’ukuri, uru rugendoshuri ni ingirakamaro kuko abanyeshuri baboneyemo uko ishoramari ari ingirakamaro mu iterambere ry’igihugu icyo aricyo cyose, banabona ko iterambere rirambye rigerwaho ari uko igihugu gifite amahoro n’umutekano. Abanyeshuri baniboneye ko inzego zishinzwe kubahiriza amategeko zigira uruhare runini mu iterambere ry’igihugu iyo zikora kinyamwuga, bikaba ari ngombwa ko zihora zihugurwa.”

Uru rugendoshuri rwari rufite insanganyamatsiko igira iti:”Iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, imiyoborere myiza n’ubutabera, inkingi ya mwamba mu kubungabunga amahoro n’umutekano”, abari barurimo bakaba baraganirijwe ku mutekano n’imiyoborere, iterambere ry’ubukungu, ububanyi n’amahanga n’ubutwererane.

Muri uru rugendoshuri banasuye Ibiro bikuru bya Polisi y’igihugu cya Etiyopiya, Ibiro bikuru by’umurwa mukuru Addis Ababa, Ishuri rikuru ryigisha ibijyanye no kwimakaza umuco w’amahoro, Kaminuza ya Addis Ababa, n’uruganda ruteranyirizwamo imodoka rwa Bishoftu.

-3017.jpg

Mu gusoza urugendoshuri rwabo, aba banyeshuri bagereranyije ibyo bigiye mu rugendoshuri bakoreye mu Rwanda n’ibyo bigiye muri Etiyopiya, buri wese akazagira inama ubuyobozi bw’igihugu cye hashingiwe ku mwihariko wacyo.

RNP

2016-06-19
Editorial

IZINDI NKURU

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba  umuyobozi w’amagereza

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Editorial 01 Apr 2016
Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Editorial 04 Feb 2016
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Editorial 02 May 2016
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Editorial 18 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda
Amakuru

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

Editorial 09 Nov 2021
Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi
Mu Mahanga

Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Editorial 25 Apr 2016
RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.
Mu Mahanga

RWANDAIR YAMAZE KUGARAGAZA AMAFOTO Y’INDEGE NSHYA YA AIRBUS.

Editorial 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru