• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Editorial 22 May 2018 ITOHOZA

Mu rubanza ubushinjacyaha bw’u Rwanda buregamo Diane Rwigara na Nyina Mukangemanyi Adeline Rwigara ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, uyu munsi batashye bataburanye kubera inzitizi ishingiye ku bantu bane baregwa hamwe n’aba bombi Ubushinjacyaha bwayobewe aho baherereye. Urukiko rwanzuye ko bagomba guhamagazwa nk’abatazwi aho bari.

Rwigara n’umubyeyi mu rukiko kuri uyu wa Kabiri

Kuri izi nzitizi zari zatanzwe n’abunganira abaregwa mu nyandiko, bavuze ko iki kibazo kibanza gufatirwa umurongo abo bantu bane baregwa hamwe n’abakiliya babo bakabanza bagahamagazwa mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ubushinjacyaha buvuga ko bwaregeye Urukiko abantu batandatu barimo aba babiri (Diane Rwigara na Nyina), ariko ko bane bwababuze haba ku butaka bw’u Rwanda no hanze yabwo bityo ko hakurikizwa ibiteganywa n’itegeko abo bantu bagahamagazwa.

Buvuga ko amategeko yerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha agena ko umuntu warezwe ariko aho ahererewe hatazwi, ubushinjacyaha ntakibubuza kumukorera Dosiye bukayishyikiriza urukiko ku buryo yahamagazwa nk’utazwi aho aherereye.

Me Buhuru Pierre Celestin wunganira Diane Rwigara, yavuze ko ibivugwa n’ubushinjacyaha biteye urujijo kuko butanagaragaza ko bwigeze bubashyiriraho inyandiko zo kubafata (mandat d’arret) ngo bigaragare ko babuze.

Abo bantu bane ubushinjacyaha buvuga ko kubura kwabo ari inzitizi ku miburanishirize y’uru rubanza ni Jean Paul  Turayishimiye, Gwiza Thabita Mugenzi, Xaverine Mukangarambe na Edmond Bushayija alias Sacyanwa.

Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira Munkangemanyi Adeline Rwigara yagarutse kuri aba bantu bari mu kirego ariko bataragezwa imbere y’Ubucamanza, yavuze ko muri bariya bantu harimo umwe Ubushinjacyaha bwagaragarije umwirondoro ko atuye i Boston muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse bugaragaza na nimero ye ya Telephone.

Ati “Burashaka kwisubiraho se ko na we butazi aho aherereye?” 

Umucamanza yahise amubaza icyo byafasha urukiko, Me Gashabana avuga ko bariya bantu baregwa hamwe n’abakiliya babo bityo ko ibyemezo bashobora gufatirwa bishobora kuzagira ingaruka ku bo bunganira.

Umushinjacyaha wabajijwe n’urukiko icyo avuga kuri uriya muntu bagaragarije umwirondoro, yagize ati “Turabona bitwara (abavoka) nk’ababunganira [nk’abunganira bariya bane batazwi aho baherereye], twe twagaragaje uruhande rwacu ntacyo twongeraho.”

Me Buhuru wavugaga ko iriya mvugo y’ubushinjacyaha idakwiye guhita gusa, yagize ati “Aba bantu twabamenye Ubushinjacyaha bubazanye muri Dosiye, twabunganira gute tutanabazi.”

Iburanisha ry’uyu munsi ntiryatabiriwe cyane

Urubanza rwasubitwe bataburanye…

Inteko y’Urukiko yafashe amasaaha abiri isuzuma iyi nzitizi, yabwiye ababuranyi ko n’ubwo Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bariya bantu bari mu bihugu bihugu bitandukanye nko muri Belgique, Canada na USA bidahagije ku buryo aho baherereye hahita hamenyekana.

Agendeye ku mategeko y’Imanza z’Inshinjabyaha, agena ko umuntu uregwa ariko uherereye ahatazwi ahamagazwa hagendewe ku biteganywa n’iri tegeko, Umucamanza yavuze ko aba bantu bane bazahamagazwa hagendewe kuri ibi biteganywa n’iri tegeko na bo bagahamagazwa nk’abaherereye ahatazwi.

Yahise yimurira iburanisha ritaha tariki ya 24 Nyakanga.

Mukangemanyi nyina wa Diane Rwigara asohoka ngo yinjiro mu modoka imusubiza aho afungiye

Mukangemanyi nyina wa Diane Rwigara asohoka mu rukiko ngo yinjire mu modoka imusubiza aho afungiye

Batashye bataburanye kubera bariya bantu bane baregwa hamwe

Batashye bataburanye kubera bariya bantu bane baregwa hamwe

Sr: Umuseke

2018-05-22
Editorial

IZINDI NKURU

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Editorial 23 Aug 2018
Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Editorial 18 Apr 2017
Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Editorial 23 Feb 2016
Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Editorial 23 May 2018
Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Editorial 23 Aug 2018
Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Editorial 18 Apr 2017
Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Menya imitwe 7 satani akoresha asenya umuntu- Ev Murangira Valery Uwitije

Editorial 23 Feb 2016
Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Editorial 23 May 2018
Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Editorial 23 Aug 2018
Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Editorial 18 Apr 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru