• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Abarundi basaga 40 bakekwaho ibikorwa by’ubutasi birukanwe mu Rwanda

Editorial 21 Aug 2017 Mu Rwanda

Abarundi bagera kuri 47 babaga mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu ushize nimugoroba , bageze mu gihugu cyabo nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda bakekwaho ibikorwa by’ubutasi.

Aba Barundi bakiriwe ku mupaka n’ukuriye igipolisi mu Ntara ya Kirundo, batangaje ko birukanwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda bazira gukekwaho ibikorwa by’ubutasi.

Umwe mu birukanwe wavuganye na Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, yavuze ko bari bafungiye aho bita kuri transit ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania, aho bari bamaze amezi abiri. Aba bakaba bashinjwaga kuba Imbonerakure zoherejwe kuneka mu Rwanda nk’uko bavuga.

Undi uvuga ko yageze mu Rwanda mu 2000, akomeza avuga ko yafashwe muri kamena yagiye gusora ku murenge, bamujyana ku Karere ka Kirehe, aho yakuwe na bagenzi be bajyanwa kuri transit.

Yagize ati: “Ejo bundi mu kwezi kwa gatandatu kuri 14 nagize gutya baramfata nagiye gusora ku murenge aho bita kuri Rwanda Revenue mbona bantwaye ku karere kaho ka Kirehe, ngezeyo bahita bampakira imodoka bavuga ko banjyanye aho bita kuri transit, bahita bazana abandi barundi baravuga ngo turi Imbonerakure..niba turi mu cyaro cy’u Rwanda tudafite ibyangombwa bigaragaza ko turi impunzi, ubwo turi Imbonerakure”.

Aba Barundi bavuga ko bakoraga utuzi dutandukanye mu Rwanda ndetse bamwe bakavuga ko bari bamaze kwiteza imbere, ngo basubiye iwabo ntacyo batahanye.

Si ubwa mbere ibihugu byombi, u Rwanda n’u Burundi byaba bisabye gusubira iwabo abaturage ba kimwe muri ibi bihugu baba mu kindi nta byangombwa bibibemerera bafite, kuko no mu mpera z’umwaka ushize, u Burundi bwirukanye Abanyarwanda 6 babaga muri iki gihugu bazira kuhaba nta byangombwa bibemerara bafite.

Ni nyuma y’aho muri 2014 nabwo u Burundi bwari bwirukanye abandi Banyarwanda 35 mu gihe hari abandi 8 bafungiwe muri Gereza ya Mpimba, aho nabwo Leta y’iki gihugu yavugaga ko badafite ibyangombwa byo kuba mu Burundi.

-7684.jpg

Usibye aba Barundi baherutse kwirukanwa, Ijwi rya Amerika rikomeza rivuga ko hari abandi bari bafatanywe nabo ariko bagasanga bafite ibyangombwa by’impunzi bagasubizwa mu nkambi ya Mahama.

Aba barundi birukanwe mu Rwanda kubera kutagira ibyangombwa bakekwaho kuba intasi birukanwe bakurikira abandi basaga 90 birukanwe muri kamena nyuma yo gusanga na bo nta byangombwa bibemerera kuba mu Rwanda bari bafite.

2017-08-21
Editorial

IZINDI NKURU

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Editorial 15 May 2018
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Editorial 30 Jun 2024
Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi

Editorial 18 Apr 2017
FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

Editorial 10 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tennis : Maria Sharapova agiye guhagarikwa kubera ibiyobyabwenge
IMIKINO

Tennis : Maria Sharapova agiye guhagarikwa kubera ibiyobyabwenge

Editorial 08 Mar 2016
Joe Blackmore wa Israel Premier Tech yegukanye Tour du Rwanda 2024, Manizabayo Eric aba Umunyarwanda wasoje hafi
Amakuru

Joe Blackmore wa Israel Premier Tech yegukanye Tour du Rwanda 2024, Manizabayo Eric aba Umunyarwanda wasoje hafi

Editorial 25 Feb 2024
AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU
ITOHOZA

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU

Editorial 28 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru