• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Ubwanditsi 10 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame, uri I Addis Ababa muri Etiyopiya yavuze ibi kuri uyu wa gatandatu tariki 09 Gashyantare 2019, ayoboye inama ku iterambere ry’urwego rw’ubuzima muri Afurika, aho yasabye abayoboye za guverinoma kongera ubushake mu bijyanye no gushakira amafaranga ahagije urwego rw’ubuzima mu bihugu byabo.

Perezida Kagame yagize ati “Dukwiye kuba abambere mu kuyobora buri ntambwe izagirira akamaro abaturage bacu”.

Yavuze kandi ko isi iri kwinjira mu gice aho buri mushinga ugamije iterambere ry’ubuzima uzihaza mu bijyanye n’umutungo ukoresha. Ati “Ibi rero biratwereka ko bikenewe cyane cyangwa se ari amahirwe ngo turusheho gufata iyambere mu bijyanye n’iterambere ry’ubuzima”.

Yavuze kandi ko habayeho gushyira hamwe, abayobozi bashobora gutegura uburyo bunoze bw’ igikurikiyeho muri uru rugendo.

Perezida Kagame yagaragaje ko hakiri byinshi byo gukora, aboneraho gutanga imirongo ine ikwiye gutekerezwaho no gufatirwa imyanzuro.

Umurongo wambere yavuze, ni uwo gushyira hamwe nka Afurika. Ati “Za guverinoma zikwiye kugira ubushake bwo kongera amafaranga zishora mu buzima. Kimwe mu byerekanye ko bishoboka ni intambwe twateye mu kwibonamo ubushobozi bwari bukenewe n’urwego rw’ubuzima nk’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, ndetse no kwegeranya ubushobozi bwacu bwite ku mushinga duhuriyeho w’ikigega cy’amahoro”.

Umurongo wa kabiri yatanze, ni ukwerekana ko byakoroha kubona umusaruro mwiza igihe Afurika yakorera hamwe, buri gihugu kikigira ku bunararibonye bw’ikindi.

Icya gatatu yagarutseho ni ibijyanye no kugenzura intambwe iterwa kugirango nk’umugabane bamenye niba bari mu nzira nziza igana kuri gahunda 2063 bihaye ndetse no ku ntego z’iterambere rirambye.

Icya nyuma perezida Kagame yavuze ni uruhare rw’abikorera rukwiye kurenga imisoro batanga ndetse n’ibikorwa byabo by’urukundo. Yagize ati “dukwiye kubona abikorera bashora amafaranga kurushaho mu bijyanye n’ubuvuzi nk’abatanga serivisi”.

Yavuze kandi ko abikorera bakwiye gushakira abakozi babo serivisi z’ubuzima zo kurwego rwo hejuru.

Nyuma y’iyi nama kandi, perezida Kagame yabonanye na Antonio Guterres, Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye, mbere y’uko kuri iki cyumweru,  ayobora inama rusange ya 32 y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ubundi agasoza imirimo amaze umwaka ashinzwe yo kuyobora uyu muryango., muuri yu muhango Perezida Kagame arahereza inkoni perezida wa Misiri Abdel Fattal el – Sisi.

Muri uyu mugoroba habaye  umuhango wo kwakira ku meza Perezida Kagame na minisitiri w’intebe wa Etiyopiya Abiy Ahmed ndetse n’abandi bayobozi b’ibihugu na za guverinoma bitabiriye iyi nama.

Perezida Paul Kagame uri gusoza manda y'umwaka umwe ku buyobozi bwa AU hamwe na Antonio Guterres uyoboye UN

Perezida Paul Kagame uri gusoza manda y’umwaka umwe ku buyobozi bwa AU hamwe na Antonio Guterres uyoboye UN

2019-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango

Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango

RUSHYASHYA 08 Jun 2026
Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Ubwanditsi 27 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za  M23
ITOHOZA

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za M23

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon
Amakuru

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Burundi: Raporo ya SOS – Torture igaragaza ko nibura abantu umunani bishwe mu cyumweru kimwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Raporo ya SOS – Torture igaragaza ko nibura abantu umunani bishwe mu cyumweru kimwe

Ubwanditsi 20 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru