• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Editorial 27 Dec 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Iyo urebye umurava ibihugu nk’Ubufaransa, Ububiligi, Espagne na bamwe mu bategetsi bo muri Amerika, bafite mu kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, wibaza impamvu bahitamo kuremekanya ibirego batanafitiye ibimenyetso, naho ibyo buri wese arebesha amaso bakabirenza ingohe.

Igisubizo cya mbere ni uko abikoma uRwanda basanzwe bafitanye isano n’amateka mabi rwanyuzemo, dore ko bananagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igisubizo cya kabiri, ni ugukinga Kongo ibikarito mu maso, aho kuyereka ukuri ngo ishake umuti w’ikibazo izi neza umuzi wacyo, bagahitamo kuyiyobya ngo ikomeze yivurugute mu bibazo by’urudaca, nabo bakomeze bisahurire umutungo utagira nyirawo.

Dore nk’ubu , aho kwamagana ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo n’abandi baturage bavuga ikinyarwanda, baravugiriza induru umutwe wa M23, birengagije ko intambara hagati y’uwo mutwe n’igisirikari cya Kongo idashobora kurangizwa no “kwamagana” gusa kw’abanyaburayi, hatabayeho gukemura ikibazo cyatumye iyo ntambara ivuka, aricyo kurwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Kwibwira ko ikibazo cy’umutekano wa Kongo kizarangizwa n’ibihumbi by’ingabo z’amahanga zikoraniye muri icyo gihugu, ni ukwibeshya cyane, kuko uko abarwanyi baba benshi, niko bigorana kugenzura intwaro zikwira mu baturage, imitwe yitwara gisirikari ikavuka ku bwinshi. Aho gushingira amizero ku ngabo z’amahanga, kongo yagombye gusaba ayo mahanga kuyifasha kubaka igisirikari gikomeye, gikora kinyamwuga mu kurengera ubusugire bw’igihugu.

Hari benshi bafite inyungu mu ntambara imaze imyaka iyogoza Kongo, uretse abasirikari ba Loni bamaze muri Kongo ¼ cy’ikinyejana, kandi aho gukemura ikibazo bakaba bararushijeho kucyongera, n’ingabo z’Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba bizagora kugira icyo zifasha, kuko hari izigenzwa na twinshi.

Ubu noneho Kongo yiyambaje abacanshuro b’Abarusiya, bazwi ku izina rya”WAGNER”, ndetse bakaba baranamaze gusesekara mu Mujyi wa Goma. Uretse kwica abaturage b’igihugu barimo no kubasahura, ahandi abacancuro bafashije kubona igisubizo ni hehe? Iyo Loni n’Umuryango Mpuzamahanga bya baringa, aho kwamagana igihugu gishoye abacancuro mu baturage, ejo uzumva bashinja uRwanda ibyo badafitiye ibimenyetso. 

2022-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Editorial 10 Feb 2024
Muhanga : Umushoferi afunzwe akurikiranyweho guha umupolisi ruswa

Muhanga : Umushoferi afunzwe akurikiranyweho guha umupolisi ruswa

Editorial 09 Dec 2016
Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize  mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere

Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere

Editorial 15 Nov 2017
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Editorial 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019
APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi
Amakuru

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

Editorial 08 Jul 2023
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye
INKURU NYAMUKURU

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Editorial 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru