• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Editorial 24 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma y’aho Minisiteri y’Ubuzima itangarije ko guhera ku wa 15 Ukuboza 2017, itabi rizwi nka Shisha ritemewe ku butaka bw’u Rwanda, abo yari yaragize imbata basigaye bayinywera mu ngo zabo.

Shisha yamaganwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’aho bigaragariye ko igira ingaruka ku buzima bw’umuntu harimo gutera kanseri y’ibihaha, indwara z’umutima n’izindi.

Shisha ni uruvangitirane rw’ibinyabutabire rutanga umwotsi ukururwa hifashishijwe igikoresho bita “hookah”, ikunze kugaragara mu tubari aho usanga abantu bayitumura, abenshi bishimira uburyo ihumura.

Bamwe mu rubyiruko rw’i Kigali bakundaga kunywera shisha mu ruhame iyo babaga basohotse, imaze gucibwa babwiye itangazamakuru ko bahinduye umuvuno, basigaye bayinywera mu rugo .

Umusore umwe utuye ahazwi nk ‘kuri 40’ i Nyamirambo wari umaze imyaka itatu atumura shisha yagize ati “ Erega nubwo shisha yaciwe biragoye ko yacika burundu, kubera ko yamaze kuba nk’urumogi, abantu bayikundaga basigaye bayinywera mu ngo kugira ngo batadufunga.”

Undi yagize ati “Shisha iranywebwa cyane ahubwo n’uko abantu basigaye bayinywa bihishe.”

Yakomeje avuga ko abasore n’abakobwa bikundaga shisha basigaye bateranya amafaranga bagahurira mu rugo rw’umuntu wifitiye cya cyuma ishyirwamo, bakaba ariho bajya kuyinywera ntihagire urabukwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ko iyo ikintu kimaze kuvugwa ko kibujijwe Polisi ikora akazi ko kugenzura ko kitagikoreshwa, hakaba ha teganya kuzakorwa umukwabo.

Yagize ati “Ni ukuvuga icyo Polisi ishinzwe ni ukubahiriza amategeko, iyo ikintu cyamaze kwitwa icyaha …hari amategeko akibuza, Polisi ikora akazi ko kurebako cyacitse. Twahereye rero aho byarangwagwa cyane, ni ukuvuga mu tubari n’amahoteli ariko n’ahandi hose byaraciwe; ntabwo byaciwe mu tubari gusa byaciwe mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko abaturage bakwiye kubimenya ko shisha yaciwe bakayirandura hose.

Yagize ati “Umuntu ubikora iwe, ubikora ahantu hose aba arimo gukora icyaha , tuzabirwanya nk’uko turwanya ibiyobyabwenge bindi.”

2018-01-24
Editorial

IZINDI NKURU

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Editorial 13 Nov 2019
Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Umwami wa Maroc, Mohammed VI, yabazwe umutima

Editorial 27 Feb 2018
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021
Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Editorial 26 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda
Mu Mahanga

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Editorial 08 Jun 2016
Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha
INKURU NYAMUKURU

Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Editorial 28 Nov 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru