• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Editorial 11 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe isi yose ikibuka uburyo mu mpera z’icyumweru gishize yatorotse, akava i Paris hutihuti atinya ko abari nama y’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa “Francophonie”, bamubaza igituma atubahiriza ibyemezo bya Luanda, Tshisekedi yongeye gukora andi mahano yo mu rwego rwa dipolomasi, ubwo yangaga kwakira Intumwa y’Umuyobozi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi mu karere k’Ibiyaga Bigari, ngo atamubaza ku mikoranire ye n’abajenosideri ba FDLR.

Kuri gahunda y’uruzinduko rwe muri Kongo, Johan Borgstam yari yasabye, anemererwa kubonana na Perezida Tshisekedi, kugirango bavugane ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo bya Luanda, bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Kongo.

Imwe mu ngingo z’ibyo byemezo, isaba Leta ya Kongo kugira uruhare mu gusenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR, ariko Tshisekedi akaba yaragaragaje ubushake buke bwo gushyira mu bikorwa iyi ngingo, kuko FDLR ari umugatanyabikorwa we ukomeye.

Tshisekedi rero arasa n’uwihaye akato mu ruhando mpuzamahanga. Aragendera kure umuntu wese wamushishikariza kubahiriza iyo myanzuro, kuko yumva gusenya FDLR byaba ari ukwikora mu nda.

Nguko uko mbere gato yo gusoza urugendo rw’iminsi 3 muri Kongo, Bwana Johan Borgstam yatunguwe no kubwirwa ko atacyakiriwe na Perezida Tshisekedi, nk’uko byari biteganyijwe ejo tariki 10 Ukwakira 2024. Tshisekedi yabarirwaga aba aramubonye!

Bwana Johan Borgstam amaze iminsi mike agizwe Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Ari mu ruzinduko muri aka karere rero, ngo arebere hamwe n’abayobozi b’ibihugu bikagize uko intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo yarangira.

Nyuma yo gukama ikimasa muri Kongo, Johan Borgstam ari mu Rwanda, aho biteganyijwe ko azabonana n’abayobozi bakuru b’Igihugu, barimo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ni umwe mu basanga ibyemezo bya Luanda na Nairobi ariyo nzira yarangiza ikibazo cy’umutekano muri Kongo.

Icyakora, abasesenguzi ntibatinya kwemeza ko abarara amajoro bashakira Kongo amahoro bavunwa n’ubusa, igihe cyose ubutegetsi bwa Tshisekedi buzaba budakozwa ibyo gusenya FDLR no kwicarana ku meza y’ibiganiro na AFC/M23.

Ikibazo ni uko umutekano muke muri Kongo ugira ingaruka ku karere kose, by’umwihariko uRwanda rukaba rudashobora kwipfumbata imbere y’isigasirwa rya FDLR, intambamyi ikomeye ku mudendezo n’ubusugire byarwo. Ubwo rero buri wese azarinda izamu rye!

2024-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Congo-Kinshasa ishobora kwifashisha abayobozi ba FDLR yafashe mu gusaba Gen Nkunda

Congo-Kinshasa ishobora kwifashisha abayobozi ba FDLR yafashe mu gusaba Gen Nkunda

Editorial 24 Dec 2018
Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Editorial 02 Jul 2017
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Editorial 26 Sep 2018
Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Editorial 18 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Igipolisi cyafunze  ibiro  by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Editorial 21 Nov 2017
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera
Mu Mahanga

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Editorial 13 Sep 2016
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Editorial 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru