• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Ubwanditsi 13 Jan 2017 IMIKINO

Amavubi yatombowe mu itsinda H ririmo Cote d’Ivoire, Guinea na Centrafrique mu majonjora y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun muri 2019 mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo Brazzaville biri mu itsinda G.

Amavubi aheruka mu gikombe cy’Afurika cya 2004 muri Tuniziya yari yashyizwe mu gakangara (Poul) ka kane bakoze bagendeye ku buryo ibihugu byitwaye mu majonjora n’ibikombe by’Afurika kuva mu 2012 -2017 n’amajonjora y’igikombe cy’Isi n’igikombe nyir’izina cya 2014.

Amavubi yari aya 41 ku rutonde rwakozwe na CAF mbere ya tombola yashyizwe mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire yatwaye igikombe cya 2015, nicyo gihugu cyari gifite amanota menshi mbere ya tombola, Guinea imaze gukina ibikombe 13 na Centrafrique yabaye iya kabiri mu majonjora ya 2017 mu itsinda rya DR Congo.

Kuva mu 2000, Amavubi y’u Rwanda amaze gukina imikino icyenda n’Inzovu za Cote d’Ivoire, u Rwanda rwatsinzemo ibiri, umukino wa gishuti muri 2010 n’uwo mu itsinda rya CHAN 2016, banganya rimwe.

Naho Guinea bahuye rimwe mu mikino nyafurika ya 2004 muri Tuniziya banganya igitego 1-1.

Tombola yamajonjora yigikombe cyAfurika-2019 kizabera muri Cameroun

-5367.jpg

-5368.jpg

Amavubi yatombowe mu itsinda H na Cote d’Ivoire, Guinea na Centrafrique (Ifoto/Internet)

Imwe mu mikino itegerejwe na benshi ni uwo mu itsinda G uzahuza ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Congo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo Brazzaville, abaturanyi ba Uganda na Tanzania mu itsinda L kimwe n’Abarabu ba Misiri na Tuniziya.

Nyuma ya Cameroun izakira iyi mikino kuva tariki ya 2 Mutarama – 3 Gashyantare 2019, amakipe 12 ya mbere muri buri tsinda azabona itike yiyongereho atatu ya kabiri afite amanota menshi.

Imikino y’ijonjora ry’ibanze izakinwa hagati ya tariki ya 20–28 Werurwe 2017 ku bihugu bitandatu bizavamo eshatu zizahita zijya mu matsinda.

Umukino wa mbere wo mu matsinda uzakinwa tariki ya 05-13 Kamena 2017 ari nawo wonyine uzakinwa muri uyu mwaka, bayisoze 05-13 Ugushyingo 2018.

Uko amatsinda ateye

A: Senegal, Equatorial Guinea, Sudan, Sao Tome/Madagascar

B: Cameroon, Morocco, Malawi, Comoros/Mauritius

C: Mali, Gabon, Burundi, Djibouti/Sudani y’Epfo

D: Algeria, Togo, Benin, Gambia

E: Nigeria, Afurika y’Epfo, Libya, Seychelles

F: Ghana, Ethiopia, Sierra Leone, Kenya

G: DR Congo, Congo, Zimbabwe, Liberia

H: Cote d’Ivoire, Guinea, Centrafrique, Rwanda

I: Burkina Faso, Angola, Botswana, Mauritania

J: Tunisia, Misiri, Niger, Swaziland

K: Zambia, Mozambique, Guinea-Bissau, Namibia

L: Cape Verde, Uganda, Tanzania na Lesotho.

2017-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023
Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 17 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Ubwanditsi 22 Sep 2021
Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!
Amakuru

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Ubwanditsi 31 Jul 2021
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima
Amakuru

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru