• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Ubwanditsi 13 Jan 2017 IMIKINO

Amavubi yatombowe mu itsinda H ririmo Cote d’Ivoire, Guinea na Centrafrique mu majonjora y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun muri 2019 mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo Brazzaville biri mu itsinda G.

Amavubi aheruka mu gikombe cy’Afurika cya 2004 muri Tuniziya yari yashyizwe mu gakangara (Poul) ka kane bakoze bagendeye ku buryo ibihugu byitwaye mu majonjora n’ibikombe by’Afurika kuva mu 2012 -2017 n’amajonjora y’igikombe cy’Isi n’igikombe nyir’izina cya 2014.

Amavubi yari aya 41 ku rutonde rwakozwe na CAF mbere ya tombola yashyizwe mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire yatwaye igikombe cya 2015, nicyo gihugu cyari gifite amanota menshi mbere ya tombola, Guinea imaze gukina ibikombe 13 na Centrafrique yabaye iya kabiri mu majonjora ya 2017 mu itsinda rya DR Congo.

Kuva mu 2000, Amavubi y’u Rwanda amaze gukina imikino icyenda n’Inzovu za Cote d’Ivoire, u Rwanda rwatsinzemo ibiri, umukino wa gishuti muri 2010 n’uwo mu itsinda rya CHAN 2016, banganya rimwe.

Naho Guinea bahuye rimwe mu mikino nyafurika ya 2004 muri Tuniziya banganya igitego 1-1.

Tombola yamajonjora yigikombe cyAfurika-2019 kizabera muri Cameroun

-5367.jpg

-5368.jpg

Amavubi yatombowe mu itsinda H na Cote d’Ivoire, Guinea na Centrafrique (Ifoto/Internet)

Imwe mu mikino itegerejwe na benshi ni uwo mu itsinda G uzahuza ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Congo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo Brazzaville, abaturanyi ba Uganda na Tanzania mu itsinda L kimwe n’Abarabu ba Misiri na Tuniziya.

Nyuma ya Cameroun izakira iyi mikino kuva tariki ya 2 Mutarama – 3 Gashyantare 2019, amakipe 12 ya mbere muri buri tsinda azabona itike yiyongereho atatu ya kabiri afite amanota menshi.

Imikino y’ijonjora ry’ibanze izakinwa hagati ya tariki ya 20–28 Werurwe 2017 ku bihugu bitandatu bizavamo eshatu zizahita zijya mu matsinda.

Umukino wa mbere wo mu matsinda uzakinwa tariki ya 05-13 Kamena 2017 ari nawo wonyine uzakinwa muri uyu mwaka, bayisoze 05-13 Ugushyingo 2018.

Uko amatsinda ateye

A: Senegal, Equatorial Guinea, Sudan, Sao Tome/Madagascar

B: Cameroon, Morocco, Malawi, Comoros/Mauritius

C: Mali, Gabon, Burundi, Djibouti/Sudani y’Epfo

D: Algeria, Togo, Benin, Gambia

E: Nigeria, Afurika y’Epfo, Libya, Seychelles

F: Ghana, Ethiopia, Sierra Leone, Kenya

G: DR Congo, Congo, Zimbabwe, Liberia

H: Cote d’Ivoire, Guinea, Centrafrique, Rwanda

I: Burkina Faso, Angola, Botswana, Mauritania

J: Tunisia, Misiri, Niger, Swaziland

K: Zambia, Mozambique, Guinea-Bissau, Namibia

L: Cape Verde, Uganda, Tanzania na Lesotho.

2017-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yakinaga umukino wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 yanganyije na Etincelles

APR FC yakinaga umukino wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 yanganyije na Etincelles

Ubwanditsi 29 Sep 2024
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ubwanditsi 28 Oct 2021
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Ubwanditsi 15 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?
INKURU NYAMUKURU

Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 14 Feb 2020
Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?
POLITIKI

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo
IMIKINO

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru