• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Ubwanditsi 13 Jan 2017 IMIKINO

Amavubi yatombowe mu itsinda H ririmo Cote d’Ivoire, Guinea na Centrafrique mu majonjora y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun muri 2019 mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo Brazzaville biri mu itsinda G.

Amavubi aheruka mu gikombe cy’Afurika cya 2004 muri Tuniziya yari yashyizwe mu gakangara (Poul) ka kane bakoze bagendeye ku buryo ibihugu byitwaye mu majonjora n’ibikombe by’Afurika kuva mu 2012 -2017 n’amajonjora y’igikombe cy’Isi n’igikombe nyir’izina cya 2014.

Amavubi yari aya 41 ku rutonde rwakozwe na CAF mbere ya tombola yashyizwe mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire yatwaye igikombe cya 2015, nicyo gihugu cyari gifite amanota menshi mbere ya tombola, Guinea imaze gukina ibikombe 13 na Centrafrique yabaye iya kabiri mu majonjora ya 2017 mu itsinda rya DR Congo.

Kuva mu 2000, Amavubi y’u Rwanda amaze gukina imikino icyenda n’Inzovu za Cote d’Ivoire, u Rwanda rwatsinzemo ibiri, umukino wa gishuti muri 2010 n’uwo mu itsinda rya CHAN 2016, banganya rimwe.

Naho Guinea bahuye rimwe mu mikino nyafurika ya 2004 muri Tuniziya banganya igitego 1-1.

Tombola yamajonjora yigikombe cyAfurika-2019 kizabera muri Cameroun

-5367.jpg

-5368.jpg

Amavubi yatombowe mu itsinda H na Cote d’Ivoire, Guinea na Centrafrique (Ifoto/Internet)

Imwe mu mikino itegerejwe na benshi ni uwo mu itsinda G uzahuza ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Congo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Congo Brazzaville, abaturanyi ba Uganda na Tanzania mu itsinda L kimwe n’Abarabu ba Misiri na Tuniziya.

Nyuma ya Cameroun izakira iyi mikino kuva tariki ya 2 Mutarama – 3 Gashyantare 2019, amakipe 12 ya mbere muri buri tsinda azabona itike yiyongereho atatu ya kabiri afite amanota menshi.

Imikino y’ijonjora ry’ibanze izakinwa hagati ya tariki ya 20–28 Werurwe 2017 ku bihugu bitandatu bizavamo eshatu zizahita zijya mu matsinda.

Umukino wa mbere wo mu matsinda uzakinwa tariki ya 05-13 Kamena 2017 ari nawo wonyine uzakinwa muri uyu mwaka, bayisoze 05-13 Ugushyingo 2018.

Uko amatsinda ateye

A: Senegal, Equatorial Guinea, Sudan, Sao Tome/Madagascar

B: Cameroon, Morocco, Malawi, Comoros/Mauritius

C: Mali, Gabon, Burundi, Djibouti/Sudani y’Epfo

D: Algeria, Togo, Benin, Gambia

E: Nigeria, Afurika y’Epfo, Libya, Seychelles

F: Ghana, Ethiopia, Sierra Leone, Kenya

G: DR Congo, Congo, Zimbabwe, Liberia

H: Cote d’Ivoire, Guinea, Centrafrique, Rwanda

I: Burkina Faso, Angola, Botswana, Mauritania

J: Tunisia, Misiri, Niger, Swaziland

K: Zambia, Mozambique, Guinea-Bissau, Namibia

L: Cape Verde, Uganda, Tanzania na Lesotho.

2017-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba

U Burundi bwashatse ko imikino ya gisirikare yigizwayo abanyamuryango barabyanga-Gen.Patrick Nyamvumba

Ubwanditsi 07 Aug 2016

Ikipe ya Rayon Sports irateganya kugura abakinnyi 10 ikongerera abandi amasezerano abandi 7,aba bose bafite agaciro ka miliyoni 185

Ubwanditsi 02 May 2022
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Ubwanditsi 18 Mar 2022
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hitabajwe Ambasade Ya Norvège Kubera Abana Bafatiwe Muri Uganda Bajyanywe Muri RNC
ITOHOZA

Hitabajwe Ambasade Ya Norvège Kubera Abana Bafatiwe Muri Uganda Bajyanywe Muri RNC

Ubwanditsi 28 Jan 2018
Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose
Amakuru

Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose

Ubwanditsi 08 Mar 2016
LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia
Mu Rwanda

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru