• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Editorial 05 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha urubuga “Burundi Daily”, muri rusange ruzwiho gutanga amakuru yizewe, aravuga ko Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba zibarirwa muri 20 zo muri wa mutwe w’iterabwoba wa FLN.

Ibi bije bikurikira igikorwa nk’iki Leta y’u Rwanda yakoze mu mpera z’icyumweru gishize, cyo gushyikiriza u Burundi abarwanyi 19 bo mu mutwe wa RED-Tabara, urwanya Leta y’ Uburundi, bakaba barafatiwe ku butaka bw’u Rwanda muri Nzeri umwaka ushize wa 2020.

Burundi Daily iravuga ko inyeshyamba za FLN zigiye koherezwa mu Rwanda zafatiwe mu ishyamba rya Kibira mu byumweru bike bishize, ubwo ziteguraga kugaba ibitero mu Rwanda. Amapeti y’abazoherezwa mu Rwanda ntarashyirwa ahagaragara, kimwe n’umubare ndetse n’ubwoko bw’intwaro bafatanywe.

Uyu mutwe wa FLN uyobowe n’uwiyise ”Gen JEVA”, utaratamba hagati y’amashyamba y‘u Burundi n’ayo muri Kivu y’Amajyepfo muri Kongo. Wahoze ukuriwe na Paul Rusesabagina, mbere y’uko gashyiga imushyigura akizanira ubutabera bw’u Rwanda muri Kanama umwaka ushize.

Yagiye yigamba kenshi ibitero byagabwe mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu mwaka wa 2018 na 2019, byanaguyemo abaturage b’inzirakarengane abandi barakomereka, ibyabo birasahurwa ibindi birangizwa. Ibi byaha ni nabyo Paul “Rusisibiranya” akurikiranyweho, kimwe n’abandi bagaragu be babana muri gereza.

Imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda igizwe ahanini n’inzererezi zishoye cyangwa zishorwa mu ntambara zidashoboye kurwana, kuko uretse n’ubumenyi mu bya gisirika, nta n’impamvu bafite yo kurwana.

Ibi byagiye bibaviramo kwicwa nk’udushwiriri, abandi amagana bagafatwa mpiri, bigaragaza ko mu by’ukuri ari impehe zitazi iyo ziva n’iyo zijya. Si FLN gusa kandi, kuko na P5/RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse na FDLR imaze imyaka mu mashyamba ya Kongo bisigaye ku izina gusa.

Abo bacakara bo muri FLN ye baje kurushya iminsi mu Rwanda, kimwe na shebuja Rusesabagina, Nsabimana Callixte “Sankara” na Herman Nsengimana , n’ ibindi byihebe biri mu maboko y’ubutabera mu Rwanda.

Aba bo urubanza rwabo ruzasomwa tariki 20 z’uku kwezi, abaturage bakaba basaba ko bazahabwa igihano ntangarugero, kizatuma n’abandi bishora mu bikorwa byo kuvutsa Igihugu umudendezo babihurwa.

Amakuru avuga ko hakiri amagana y’inyeshyamba za FLN zikibundabuda mu ishyamba rya mu Kibira, ariko abasesenguzi bagahamya ko iki gikorwa cy’uBurundi gishobora gukurikirwa n’ibindi byinshi, bigamije guhashya burundu aka gatsiko k’abagizi ba nabi.

Iki gikorwa kandi cyo guhererekanya abanyabyaha hagati y’uRwanda n’u Burundi kiratanga icyizere ko umubano w’ibihugu byombi uri mu nzira nziza yo kuzahurwa, ndetse n’ubushake bw’ibihugu byombi byo kubumbatira umutekano mu karere.

2021-08-05
Editorial

IZINDI NKURU

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Editorial 25 Sep 2021
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Editorial 10 Feb 2017
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Editorial 07 Feb 2017
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Editorial 04 Aug 2016
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Editorial 25 Sep 2021
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Editorial 10 Feb 2017
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Editorial 07 Feb 2017
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Editorial 04 Aug 2016
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Editorial 25 Sep 2021
Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Editorial 10 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru