• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Editorial 12 Feb 2016 IMIKINO

Abahanzi n’ibyamamare nyarwanda bazasusurutsa ijoro ryo ku wa 13 – 14 Gashyantare 2016, mu kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

-2062.jpg

Nk’uko bisanzwe abantu mu myambarire bazaba bajyanishije mu mutuku n’umukara. Ibirori bizibanda ahanini ku gusohoka, gusangira ibinyobwa n’amafunguro, gutaramana n’abahanzi n’ibindi bijyana no kwidagadura no kuruhuka.

Twabakusanyirije ibitaramo bikomeye bitegurwa kuri uwo munsi, tunabakusanyiriza amakuru ajyanye n’abahanzi n’ibyamamare bizagaragara muri ibyo bitaramo.

-2066.jpg

1.Romantic Night kuri Deep Club i Remera

Miss Teta Sadra na Miss Uwase Vanessa bateguye igitaramo bise Romantic Night kizabera i Remera kuri Deep Club ahahoze Agence Pub. Iki gitaramo kizaba kirimo abahanzi Dream Boyz na Active. Kizatangira saa mbiri z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000Rwf) n’ibihumbi bitatu (3,000Rwf) ku muntu umwe.

2.Valentines Party kuri Kaizen

-2065.jpg

Abahanzi Charly, Nina, Dj Pius, Big Fizzo na Jody bazataramira abantu muri Kaizen Club kuwa 13 Gashyantare 2016. Iki gitaramo bise Valentines Party kizasusurutswa n’umunyarwenya Arthur, gitangire saa moya z’umugoroba. Kwinjira ku bazananye ari babiri (couple) bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi umunani (8,000Rwf) n’ibihumbi bitanu (5,000Rwf) ku waje ari umwe.

3.Soiree des Amoureux kuri Mille Collines

Kuri Hotel des Mille Collines harategurwa igitaramo cy’abakundana. Iki gitaramo kizagaragaramo abahanzi benshi baririmba indirimbo z’urukundo barimo Christopher, Dream Boyz, Tom Close, Mani Martin, Yvan Buravan, Umutare Gaby, Bruce Melody, Davis D, Jules Sentore na Hope. Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura amafaranga ibihumbi cumi na bitanu ku bantu babiri (15,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) ku muntu umwe. Igitaramo kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

4.Amajonjora ya Miss Rwanda muri Petit Stade

Ku munsi w’abakundana hazaba amajonjora ya Miss Rwanda, ahazatangazwa abakobwa 15 bakomeza bavanywe muri 24 baserukira Intara n’Umujyi wa Kigali. Aya majonjora azabera kuri Petit Stade i Remera, ahazaba hari ibyamamare byinshi harimo Miss Rwanda Kundwa Doriane n’abandi.

Hazaba kandi hari abagize akanama nkemurampaka, kuri ubu bataratangazwa, ariko byitezwe ko bazaba ari ibyamamare. Umuhanzi Davis D waririmbye ‘Biryogo’ niwe uzasusurutsa abazitabira ibi birori bizatangira saa kumi z’umugoroba (4pm).

Kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri (2,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) mu myanya y’icyubahiro.

5.Valentine’s Day Celebration Dinner kuri Serena Hotel

Tariki 13 Gashyantare 2016, harategurwa umugoroba w’abakundana kuri Serena Hotel, guhera saa mbiri z’umugoroba. Elion Victory azaba aririmba indirimbo ze zirimo Martha, aho azafatanya n’itsinda rya Neptunez. Kwinjira bizaba ari ukwishyura amadorali 150$ (111,975) ku bantu babiri (Couple) ndetse n’amadolari 350$ (261,275Rwf) ku bifuza kuzahita banarara muri iyi hoteli ijoro rimwe.

6.Miss Rusizi Final muri Hotel Rubavu, i Rusizi

-2063.jpg

Akarere ka Rusizi, ku munsi w’abakundana, tariki 14 Gashyantare 2014, hazatorwa ba nyampinga bagaserukira mu marushanwa biswe ‘Miss Rusizi Final’. Umuhanzi ukomeye uzaba uri muri ibi birori ni Bruce Melody. Ibirori bizabera muri Rubavu Motel guhera saa kumi z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitatu ku bantu babiri bazananye (Couple) n’ibihumbi bibiri ku muntu umwe.

7.Brioche Valentines Cake i Gacuriro

I Gacuriro, muri Brioche, harategurwa ibirori bidasanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

Ibi birori bizasusurutswa n’abahanzi kuri ubu bataratangazwa. Ku bifuza kuzahasohokera kuri uyu munsi, hateguwe amafanguro n’imigati (cake) byihariye byagenewe uyu munsi w’abakundana. Abifuza kuzitabira ibi birori basabwa kwiyandikisha mbere, kugira ngo bategurirwe umwihariko wabo, bakabikorera kuri Brioche iri mu nyubako ya Centenery House.

M.Fils

2016-02-12
Editorial

IZINDI NKURU

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Editorial 25 May 2021
Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Editorial 05 Nov 2018
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Editorial 10 Dec 2016
Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Editorial 02 Jul 2021
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Editorial 25 May 2021
Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Editorial 05 Nov 2018
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Editorial 10 Dec 2016
Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Editorial 02 Jul 2021
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Editorial 25 May 2021
Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Editorial 05 Nov 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru