• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Ahantu 6 abahanzi n’ibyamamare bazizihiririza St Valentin

Editorial 12 Feb 2016 IMIKINO

Abahanzi n’ibyamamare nyarwanda bazasusurutsa ijoro ryo ku wa 13 – 14 Gashyantare 2016, mu kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

-2062.jpg

Nk’uko bisanzwe abantu mu myambarire bazaba bajyanishije mu mutuku n’umukara. Ibirori bizibanda ahanini ku gusohoka, gusangira ibinyobwa n’amafunguro, gutaramana n’abahanzi n’ibindi bijyana no kwidagadura no kuruhuka.

Twabakusanyirije ibitaramo bikomeye bitegurwa kuri uwo munsi, tunabakusanyiriza amakuru ajyanye n’abahanzi n’ibyamamare bizagaragara muri ibyo bitaramo.

-2066.jpg

1.Romantic Night kuri Deep Club i Remera

Miss Teta Sadra na Miss Uwase Vanessa bateguye igitaramo bise Romantic Night kizabera i Remera kuri Deep Club ahahoze Agence Pub. Iki gitaramo kizaba kirimo abahanzi Dream Boyz na Active. Kizatangira saa mbiri z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000Rwf) n’ibihumbi bitatu (3,000Rwf) ku muntu umwe.

2.Valentines Party kuri Kaizen

-2065.jpg

Abahanzi Charly, Nina, Dj Pius, Big Fizzo na Jody bazataramira abantu muri Kaizen Club kuwa 13 Gashyantare 2016. Iki gitaramo bise Valentines Party kizasusurutswa n’umunyarwenya Arthur, gitangire saa moya z’umugoroba. Kwinjira ku bazananye ari babiri (couple) bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi umunani (8,000Rwf) n’ibihumbi bitanu (5,000Rwf) ku waje ari umwe.

3.Soiree des Amoureux kuri Mille Collines

Kuri Hotel des Mille Collines harategurwa igitaramo cy’abakundana. Iki gitaramo kizagaragaramo abahanzi benshi baririmba indirimbo z’urukundo barimo Christopher, Dream Boyz, Tom Close, Mani Martin, Yvan Buravan, Umutare Gaby, Bruce Melody, Davis D, Jules Sentore na Hope. Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura amafaranga ibihumbi cumi na bitanu ku bantu babiri (15,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) ku muntu umwe. Igitaramo kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

4.Amajonjora ya Miss Rwanda muri Petit Stade

Ku munsi w’abakundana hazaba amajonjora ya Miss Rwanda, ahazatangazwa abakobwa 15 bakomeza bavanywe muri 24 baserukira Intara n’Umujyi wa Kigali. Aya majonjora azabera kuri Petit Stade i Remera, ahazaba hari ibyamamare byinshi harimo Miss Rwanda Kundwa Doriane n’abandi.

Hazaba kandi hari abagize akanama nkemurampaka, kuri ubu bataratangazwa, ariko byitezwe ko bazaba ari ibyamamare. Umuhanzi Davis D waririmbye ‘Biryogo’ niwe uzasusurutsa abazitabira ibi birori bizatangira saa kumi z’umugoroba (4pm).

Kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri (2,000Rwf) n’ibihumbi icumi (10,000Rwf) mu myanya y’icyubahiro.

5.Valentine’s Day Celebration Dinner kuri Serena Hotel

Tariki 13 Gashyantare 2016, harategurwa umugoroba w’abakundana kuri Serena Hotel, guhera saa mbiri z’umugoroba. Elion Victory azaba aririmba indirimbo ze zirimo Martha, aho azafatanya n’itsinda rya Neptunez. Kwinjira bizaba ari ukwishyura amadorali 150$ (111,975) ku bantu babiri (Couple) ndetse n’amadolari 350$ (261,275Rwf) ku bifuza kuzahita banarara muri iyi hoteli ijoro rimwe.

6.Miss Rusizi Final muri Hotel Rubavu, i Rusizi

-2063.jpg

Akarere ka Rusizi, ku munsi w’abakundana, tariki 14 Gashyantare 2014, hazatorwa ba nyampinga bagaserukira mu marushanwa biswe ‘Miss Rusizi Final’. Umuhanzi ukomeye uzaba uri muri ibi birori ni Bruce Melody. Ibirori bizabera muri Rubavu Motel guhera saa kumi z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitatu ku bantu babiri bazananye (Couple) n’ibihumbi bibiri ku muntu umwe.

7.Brioche Valentines Cake i Gacuriro

I Gacuriro, muri Brioche, harategurwa ibirori bidasanzwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’abakundana.

Ibi birori bizasusurutswa n’abahanzi kuri ubu bataratangazwa. Ku bifuza kuzahasohokera kuri uyu munsi, hateguwe amafanguro n’imigati (cake) byihariye byagenewe uyu munsi w’abakundana. Abifuza kuzitabira ibi birori basabwa kwiyandikisha mbere, kugira ngo bategurirwe umwihariko wabo, bakabikorera kuri Brioche iri mu nyubako ya Centenery House.

M.Fils

2016-02-12
Editorial

IZINDI NKURU

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Editorial 05 Apr 2021
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Editorial 23 Apr 2021
Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Editorial 29 Nov 2021
Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Editorial 16 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika
INKURU NYAMUKURU

DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika

Editorial 22 Oct 2019
Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga
INKURU NYAMUKURU

Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga

Editorial 09 Jul 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 28 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru