• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Akabaye icwende ntikoga…

Akabaye icwende ntikoga…

Ubwanditsi 08 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Aya niyo mazina azitwa uwari umenyerewe nk’Intore izirusha intambwe, umukuru w’igihugu akaba n’umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi FPR INKOTANYI, nyakubahwa Kagame Paul. Aya mazina mashya ngo niyo Ntaganda Bernard azamwita umunsi yafashe umwanzuro wo gufungura abandi banyapolitiki bagifunze, nk’uko yamaze kubikorera Diane Rwigara, Adeline Mukangemanyi, Ingabire Victoire Umuhoza na Kizito Mihigo. Ngayo amagambo ya Bernard Ntaganda yumvikanye kuri Radio Ijwi ry’Amerika [ VOA ] muri iki gitondo

Me Ntaganda Bernard, wiyita umuyobozi w’ishyaka PS IMBERAKURI ritemewe mu Rwanda, asanzwe azwiho gucura no gukoresha amagambo yahuranya. Yibukirwa ku ijambo akayihayiho ka politiki yakundaga gukoresha, na tura tugabane niwanga bimeneke, avuga ku igabana ry’ubutegetsi.

Uyu uteganya kuvuga imyato umutware w’intabera, ngo azamuhundagazaho ibisingizo amaze gufungura n’urubuga rwa politiki, ngo kuko “umunyapolitiki si nk’umuturage uhinga amateke”.

Ubwo yabazwaga n’itangazamakuru [ VOA ] uko yakiriye icyemezo cy’urukiko ku ifungurwa ry’agateganyo z’imfubyi n’umupfakazi b’umuherwe Assinapol Rwigara (Diane na nyina Adeline); Ntaganda agira ati, “….ni icyemezo cyiza, kugirango kigire ingufu, nk’uko bafunguye Ingabire Victoire n’ubu bafunguye Diane na nyina, ni intambwe itewe. Icyo dusaba FPR n’ubuyobozi bwayo ni uko barekura abandi banyapolitiki bafungiye ubusa.

Dianne Shima Rwigara

Diane ararekuwe, ariko niba arekuwe, arekuwe nk’umunyapolitiki. ntabwo arekuwe nk’umuturage ugiye guhinga amateke. ni ukuvuga ngo rero akwiye kongera guhabwa uburenganzira bw’urubuga rwa politiki akavuga, kuko bitabaye ibyo, kumurekura byaba bibaye nk’aho bamuhinduriye gereza bakaba bamujyanye muri gereza nini aho bamubuza kuvuga.

Ikindi nshaka kongeraho, hari intambwe itewe, ndashaka Intore izirusha intambwe, sinkunda kumuvuga mu izina, itere izindi ntambwe, nayitera nzamwita indege ikaruka ntibakome imbere. Igihe azemera ko amashyaka ya politiki akorera mu Rwanda, igihe azemera ko umunyarwanda azisanzura, njye sinzaba nkimwita Intore izirusha intambwe, nzamwita Indege ikaruka ntibakome imbere, Rusumbabose”.

Bernard Ntaganda

Ifungurwa rya Diane na nyina ryabokeje igitutu bahindura imvugo

Ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bitatu Ingabire Victoire na Kizito Mihigo bafunguwe ku mbabazi z’umukuru w’igihugu, nyuma umunyapolitikikazi Ingabire Victoire akavuga ko atigeze asaba imbabazi, abandi bakabyitirira igitutu cy’amahanga. Gusa nyakubahwa Perezida wa Repubulika yateye utwatsi icyo gitutu, ubwo yakiraga indahiro y’abadepite baherutse gutorwa.

Ni nyuma kandi y’ibyumweru bibiri, Me Ntaganda Bernard asohoye itangazo N°008/PS.IMB/NB/2018, tariki 20 nzeri, rifite umutwe ugira uti, “ISHYAKA FPR INKOTANYI RIRAKORA YA  POLITIKI YO GUHONGA,GUHINGA WAKWANGA UGAHUNGA!”.

Dianne Rwigara we ngo azakomeza Politiki, ese yakora Politiki ate ataranaburana nibura ngo amenye ko yarangije urubanza yahanaguweho ibyaha cyangwa nibimuhama akatirwe.

Umunyapolitiki Ingabire Victoire nawe yokejwe igitutu n’ifungurwa ry’agateganyo rya Diane Rwigara na nyina, Mukangemanyi Adeline, ahendura imvugo yari afite agifungurwa.

Ati: “nta mpamvu n’imwe ihari y’uko igihugu cyacu cyakomeza kwambara icyasha …..nkaba nshimira rero ko aba bantu bafunguwe, …hari izindi mfungwa zihari..abayoboke b’ishyaka ryanjye icyenda barimo baracyafunze, nabo ndasaba ko bafungurwa, hari Deo Mushayidi aracyafunze ndasaba ko yafungurwa, hari Dr Niyitegeka ndasaba ko yafungurwa n’abandi banyapolitiki baba bahari.”

Yashimye iki cyemezo cy’urukiko avuga ko hari intambwe ubutegetsi bw’u Rwanda butangiye gutera kandi ishimishije yo gufungura urubuga rwa politiki, kandi yiteguye gukorana n’ubutegetsi mu kubaka igihugu. Ahamagarira abari mu mashyaka arwanya ubutegetsi akorera hanze y’igihugu kuza gukorera hamwe mu kubaka igihugu, aho gukomeza kucyambika icyasha.

Nta gitutu na mba, Ingabire Victoire asoza avuga ko ashyigikiye kwiyamamaza kwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF, anamusaba ko manda ya mbere yayirangiza nta cyasha kikiri ku Rwanda. Gusa biratangaje kumva Ingabire avuga ko ntambabazi yasabye ubutegetsi ndetse akanishongora cyane avuga ko azakomeza gukora politiki ngo kandi amagambo yavugiye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatse kugisozi ngo yiteguye kuyasubiramo, nibashaka bazongere bamufunge ngo niyo yapfa hazavuka ba ingabire 1000.

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe amaze gufatwa ku ngufu

Burundi: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe amaze gufatwa ku ngufu

Ubwanditsi 16 Nov 2019
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 17 Nov 2021
Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Ubwanditsi 17 Mar 2018

4 Ibitekerezo

  1. Lille
    October 8, 20189:46 am -

    Aba ngaba baba barahaze amagara,cyeretse mubishe naho nibakomeza kubaho muzahangana. Gusa wenda mwazagerageza kubaha kuri ya mafranga mukabahaho ku myanyaba Ntaganda na Victoire ariko Diane we sinzi niba yakwemera.Ahubwo numvise Victoire asa n udohora da!!
    Mumuhaye umwanya umenya yakwemera…

    Subiza
  2. Ingabire Victoire Umuhoza
    October 8, 20181:59 pm -

    Ninde Wakubeshyese Ko Dushukishwa Bombo Nkabana? Intego Yanjye Siyo Kd Nziko Nzayigeraho, Ahubwo Nkomeje Gushimira Perezida Paul Kagame Kubwuko Akomeje Kurekura Bamwe Mubanya Polotiki Twari Dufunzwe, Ibi Biranyerekako Mugihegito Ubwisanzure Bwa Banyepolotike Twenda Kububona Nasoza Mbwira Kagame Ngo You Thx

    Subiza
  3. katsibwenene
    October 9, 20181:54 pm -

    Murabeshya urubuga rwa Politiki muzarufungura mubishaka mutabishaka

    Subiza
  4. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    October 10, 20181:16 pm -

    Hahahaha~byose’bikorwa”nimana$yomwijuru

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.
Amakuru

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8
IMIKINO

Umutoza w’amavubi, Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Ubwanditsi 31 Mar 2022
Yakubiwe umushahara inshuro 10, Nyuma yo gutsindira Manchester ibitego 4 mu mikino ibiri
IMIKINO

Yakubiwe umushahara inshuro 10, Nyuma yo gutsindira Manchester ibitego 4 mu mikino ibiri

Ubwanditsi 02 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru