• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Editorial 13 Jun 2019 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’ingimbi mu mukino wa Baskteball yatangiye neza mu mikino y’akarere ka gatanu igamije gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya FIBA Africa U-16 kizabera muri Cap-Vert, inyagira iya Uganda amanota 96-36 mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu muri Petit Stade i Remera.

Ni umukino wahuje ibihugu byombi mu cyiciro cy’ingimbi guhera saa 19:00, ukurikiranye n’uwo Uganda yari imaze gutsindamo u Rwanda mu bangavu.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’akarere ka gatanu yatangiye ku wa Mbere, aho izasozwa ku wa Gatandatu, ruhataniye na Uganda umwanya umwe wo guhagarira akarere mu mikino ya nyuma ya Afrobasket U-16 izabera muri Cap-Vert.

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu, ingimbi z’u Rwanda zagaragaje urwego ruri hejuru cyane, zitsinda amanota 26-6 mu gace ka mbere ndetse n’amanota 25-5 mu gace kabiri.

Uganda yagerageje kuzamura amanota mu gace ka gatatu ibifashijwemo n’abarimo Jonathan Kasilisimbi na Joseph Lokol Sagal, yinjiza 13 mu nkangara mu gihe u Rwnada rwo rwatsinzemo 28.

Mu gace ka kane k’umukino, Uganda yarushwaga amanota 56 y’ikinyuranyo, yagerageje kugarira cyane, ikipe y’u Rwanda yongera kubabonamo amanota abiri hashize umunota umwe n’igice bakina aka gace ka nyuma.

Abanyarwanda batari bake bari muri Petit Stade i Remera, bari banyotewe no kubona ikipe y’u Rwanda igeza amanota 100 muri uyu mukino dore ko yageze kuri 93 habura umunota umwe n’amasegonda 10, ariko itsindamo amanota atatu gusa ya Ishema Kevin yabonetse hasigaye amasegonda 50, umukino urangira u Rwanda rutsinze 96-36.

Ishema Kevin yatsinze amanota 20 muri uyu mukino, Mutabazi Pacifique atsindamo 19 mu gihe Murenzi Kizito Romain yatsinzemo 15. Umukinnyi wa Uganda watsinze menshi ni Jonathan Kasilisimbi watsinze amanota 10.

Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Murenzi Yves, yavuze ko yashimishijwe n’uko abakinnye be bitwaye muri uyu mukino, bagaragaza ishyaka ridasanzwe.

Ati” Twari dufite ishyaka ryinshi kandi twifuzaga gutsinda uyu mukino. Twari tuzi ko Uganda ifite ingufu nyinshi tuza twiteguye. Turabyimiye cyane kandi no mu mukino ukurikiyeho ni byo dushaka gukora.”

Murenzi yavuze ko nta kwirara kuko Uganda ishobora kubihimuraho mu mukino bazongera guhuramo, ahamya ko gutsinda uyu mukino byafashije abakinnyi be guhorera bashiki babo batsinzwe mu cyiciro cy’abangavu.

Ati “Twizeye ko twabonye itike byaba ari ukwirara kandi na bo bashobora kudutsinda nk’uko twabatsinze. Ni ukugaruka na none tugashyiramo ishyaka, tukongera gushaka intsinzi tugashimisha abanyarwanda cyane ko twari dufite umujinya ko bashiki bacu batsinzwe, twagombaga kubahorera.”

Bitewe n’uko muri iki cyiciro cy’ingimbi hitabiriye ibi bihugu bibiri gusa, amakipe yombi azongera guhura ku wa Gatandatu, aho Uganda niramuka itsinze u Rwanda hazarebwa ku kinyuranyo cy’amanota batsindanye mu mikino yabahuje, urusha undi abone itike imujyana mu mikino ya nyuma izabera i Praia muri Cap-Vert.

Elvis Frank Tumusiime wa Uganda yubura amaso ngo ashyire umupira mu nkangara

Aya Ahamed wo mu Misiri yasifuye uyu mukino ari kumwe na Ntela Christian

Shamah Suubi agerageza gushyira umupira mu nkangara, abakinnyi b’u Rwanda bazamura amaboko ngo bamuzibire

U Rwanda rwatsinze Uganda ruyirusha

Muhizi Ngoga (4) na Ntaganira Cyusa (13) bashimira Mutabazi Pacifique (6) wari umaze gutsinda amanota abiri

Abakinnyi b’u Rwanda bazibira uwa Uganda washakaga kubatambutsaho umupira

Petit Stade yarimo abanyarwanda batari bake baje gushyigikira ikipe y’igihugu

Abakinnyi b’u Rwanda bagiye gusuhuza aba Uganda nyuma yo kubatsinda

Src : IGIHE

2019-06-13
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Editorial 14 Jun 2018
Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Editorial 27 Mar 2018
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Editorial 16 Jun 2018
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Editorial 14 Jun 2018
Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Editorial 27 Mar 2018
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Editorial 16 Jun 2018
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Editorial 14 Jun 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru