• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Editorial 13 Jun 2019 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’ingimbi mu mukino wa Baskteball yatangiye neza mu mikino y’akarere ka gatanu igamije gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya FIBA Africa U-16 kizabera muri Cap-Vert, inyagira iya Uganda amanota 96-36 mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu muri Petit Stade i Remera.

Ni umukino wahuje ibihugu byombi mu cyiciro cy’ingimbi guhera saa 19:00, ukurikiranye n’uwo Uganda yari imaze gutsindamo u Rwanda mu bangavu.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’akarere ka gatanu yatangiye ku wa Mbere, aho izasozwa ku wa Gatandatu, ruhataniye na Uganda umwanya umwe wo guhagarira akarere mu mikino ya nyuma ya Afrobasket U-16 izabera muri Cap-Vert.

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu, ingimbi z’u Rwanda zagaragaje urwego ruri hejuru cyane, zitsinda amanota 26-6 mu gace ka mbere ndetse n’amanota 25-5 mu gace kabiri.

Uganda yagerageje kuzamura amanota mu gace ka gatatu ibifashijwemo n’abarimo Jonathan Kasilisimbi na Joseph Lokol Sagal, yinjiza 13 mu nkangara mu gihe u Rwnada rwo rwatsinzemo 28.

Mu gace ka kane k’umukino, Uganda yarushwaga amanota 56 y’ikinyuranyo, yagerageje kugarira cyane, ikipe y’u Rwanda yongera kubabonamo amanota abiri hashize umunota umwe n’igice bakina aka gace ka nyuma.

Abanyarwanda batari bake bari muri Petit Stade i Remera, bari banyotewe no kubona ikipe y’u Rwanda igeza amanota 100 muri uyu mukino dore ko yageze kuri 93 habura umunota umwe n’amasegonda 10, ariko itsindamo amanota atatu gusa ya Ishema Kevin yabonetse hasigaye amasegonda 50, umukino urangira u Rwanda rutsinze 96-36.

Ishema Kevin yatsinze amanota 20 muri uyu mukino, Mutabazi Pacifique atsindamo 19 mu gihe Murenzi Kizito Romain yatsinzemo 15. Umukinnyi wa Uganda watsinze menshi ni Jonathan Kasilisimbi watsinze amanota 10.

Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Murenzi Yves, yavuze ko yashimishijwe n’uko abakinnye be bitwaye muri uyu mukino, bagaragaza ishyaka ridasanzwe.

Ati” Twari dufite ishyaka ryinshi kandi twifuzaga gutsinda uyu mukino. Twari tuzi ko Uganda ifite ingufu nyinshi tuza twiteguye. Turabyimiye cyane kandi no mu mukino ukurikiyeho ni byo dushaka gukora.”

Murenzi yavuze ko nta kwirara kuko Uganda ishobora kubihimuraho mu mukino bazongera guhuramo, ahamya ko gutsinda uyu mukino byafashije abakinnyi be guhorera bashiki babo batsinzwe mu cyiciro cy’abangavu.

Ati “Twizeye ko twabonye itike byaba ari ukwirara kandi na bo bashobora kudutsinda nk’uko twabatsinze. Ni ukugaruka na none tugashyiramo ishyaka, tukongera gushaka intsinzi tugashimisha abanyarwanda cyane ko twari dufite umujinya ko bashiki bacu batsinzwe, twagombaga kubahorera.”

Bitewe n’uko muri iki cyiciro cy’ingimbi hitabiriye ibi bihugu bibiri gusa, amakipe yombi azongera guhura ku wa Gatandatu, aho Uganda niramuka itsinze u Rwanda hazarebwa ku kinyuranyo cy’amanota batsindanye mu mikino yabahuje, urusha undi abone itike imujyana mu mikino ya nyuma izabera i Praia muri Cap-Vert.

Elvis Frank Tumusiime wa Uganda yubura amaso ngo ashyire umupira mu nkangara

Aya Ahamed wo mu Misiri yasifuye uyu mukino ari kumwe na Ntela Christian

Shamah Suubi agerageza gushyira umupira mu nkangara, abakinnyi b’u Rwanda bazamura amaboko ngo bamuzibire

U Rwanda rwatsinze Uganda ruyirusha

Muhizi Ngoga (4) na Ntaganira Cyusa (13) bashimira Mutabazi Pacifique (6) wari umaze gutsinda amanota abiri

Abakinnyi b’u Rwanda bazibira uwa Uganda washakaga kubatambutsaho umupira

Petit Stade yarimo abanyarwanda batari bake baje gushyigikira ikipe y’igihugu

Abakinnyi b’u Rwanda bagiye gusuhuza aba Uganda nyuma yo kubatsinda

Src : IGIHE

2019-06-13
Editorial

IZINDI NKURU

Umukinnyi Ndatimana Robert  ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Editorial 07 Jan 2016
Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Rayon Sports yatsinze APR FC yisubiza igikombe cy’Agaciro

Editorial 01 Oct 2018
Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Editorial 04 May 2025
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Editorial 10 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Editorial 20 May 2023
Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Editorial 19 Mar 2018
Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa
Amakuru

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Editorial 17 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru