• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Editorial 22 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Aya magambo anenga imyitwarire y’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi, Antonio Guterres yayabwiye Televiziyo Mpuzamahanga ya ” Al Jazeera”, ubwo yerekanaga ko kubogama no kudashyira mu gaciro byatumye imyanzuro y’ako kanama idakemura ibibazo byugarije isi, nk’ibyo mu ntara ya Gaza, ibyo muri Sudan, UKraine n’ahandi henshi.

Koko rero, iyo usuzumye imikorere y’ako kanama, n’iya Loni yose muri rusange, usanga ari nk’urubuga ibihugu byo mu burasiraziba bw’isi byifotorezaho, ngo byerekane ko ari byo biyoboye isi. Nyamara nk’uko na Bwana Guterres abyivugira, amateka ya vuba atwereka ko ibyemezo bya Loni ari icyuka, kuko nta na hamwe byari byagira ikibazo bikemura.

 

Ibihugu byinshi ubu ntibigikangwa n’imyanzuro ya Loni. Abayobozi bashyira mu gaciro bakora ibiri mu nyungu z’abaturage babyo, bakarekera Loni mu magambo yo ” kwamagana” ashimisha gusa abanyurwa manuma.

 

Dore nk’ubu iyo urebye imyanzuro Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi kasohoye ku kibazo cy’intamabara iri muri Kongo, ntibigusaba kuba impuguke muri politiki mpuzamahanga ngo ubone ko iyo myanzuro ari icyuka, kuko yirengagije ibibazo nyakuri bizanatuma ahubwo iyo ntambara inarushaho gukomera, mu gihe byakomeza kurenzwa ingohe.

 

Ese ubundi iyo myanzuro yabura ite kubogama, kandi Loni ubwayo, ibinyujije mu ngabo zayo ziri muri Kongo, yitangarije ko nayo irwana ku ruhande rwa Leta y’icyo gihugu? Ibyemezo byayo ntaho bitaniye n’ibyafatwa na Tshisekedi!

Muri iyo myanzuro, Loni irasaba M23 guhagarika intambara, ndetse ikava mu mujyi wa Goma na Bukavu wigaruriye.

Loni ntivuga aho M23 izajya nimara kuva mu duce yigaruriye. Iki cyemezo kandi kiravuguruzanya n’igisaba ko impande zishyamiranye zijya mu biganiro. Bisobauye ko ibyo biganiro ari byo byakabaye biteganya ikizakurikiraho M23 nihagarika intambara, ikava no mu duce yafashe. Twibutsa kandi ko Loni ifatira imyanzuro ibihugu binyamuryango byayo, ko rero umutwe nka M23 udafite inshingano zo kubahiriza ibyo byemezo.

Loni kandi irategeka uRwanda “kuvana ingabo zarwo muri Kongo”. Ese uretse kugendera ku binyoma bya Kongo n’inkomamashyi zayo, Monusco, izo ngabo z’uRwanda ni zingahe, ziherereye hehe, zanyuze hehe ko hari itsinda ry’abasirikari n’impuguke mpuzamahanga rishinzwe kugenzura umupaka w’ibihugu byombi?

Perezida Kagame yakomeje kubaza abavuga ko uRwanda rufite ingabo muri Kongo, impamvu batekereza ko zagombye kuba ziriyo byanze bikunze. Na Loni rero yumva nta kuntu uRwanda rwaba rudafite abasirikari muri Kongo, kuko izi neza ko rufite impamvu yo kuzoherezayo. Kubikeka gusa ariko ntibihagije, byagombye guherekezwa n’ibimenetso ndashisikanywaho.

Ni byiza gusaba ko ubusugire bwa Kongo bwubahirizwa. Ariko se ubusugire bw’uRwanda bwo ko ntacyo iyo Loni ibuvugaho, izi neza ibisasu biraswa ku butaka bw’uRwanda bivuye muri Kongo, bigahitana Abanyarwanda benshi abandi bikabakomeretsa, imitungo yabo ikononekara? Ese kuri Loni amaraso y’Abanyarwanda nta gaciro afite nk’ay’abandi ivugira? Igisubizo dushatse twakiha, kuko n’ubundi Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda Loni ihafite ibihumbi by’abasirikari.

Iyo Loni iza kuba ari abanyakuri bari kugaruka ku kibazo cy’abajenosideri ba FDLR bagitegura ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’uRwanda, ndetse bakaba bafatanya na Leta ya Kongo kwica Abatutsi bo muri icyo gihugu. Nyamara, mu myanzuro yabo, nta na hamwe bamagana ibyo bikorwa bya FDLR, amagambo abiba urwango y’abategetsi ba Kongo, n’ihohoterwa rikorerwa Abatutsi b’Abakongomani.

Niba koko Loni ishaka ko ikibazo cya Kongo gikemuka, wasobanura ute ukuntu nta na hamwe mu myanzuro yayo ivuga ikibazo cy’Abatutsi b’Abanyekongo bahunze igihugu cyabo, ubu bakaba bagiye kumara imyaka hafi 30 mu nkambi zo mu bihugu birimo n’uRwanda. Iyo Loni yirengagiza ko guhonyora uburenganzira bw’abo bantu biri mu byatumye M23 ivuka.

Mu ntambara Leta ya Kongo irwana na M23, ikoresha abacancuro, bayifasha gutsemba abenegihugu. Kubera ko abo bacancuro bava mu bihugu by’Uburayi, binafite ijambo muri iyo Loni, ibyemezo byayo byirinze kwamagana Kongo yarenze ku mategeko n’amahame mpuzamahanga ahana ikoreshwa ry’abacancuro.

Leta ya Kongo yakwije intwaro mu baturage, ndetse ishyira abana mu mitwe y’abarwsnyi. Ibi n’ubqo bihabanye n’uburenganzira bwa muntu Loni yitwa ko ngo irengera, ntibyamagana, ahubwo ikamagana kuba bararasiwe ku rugamba nk’abandi barwanyi bose.

Ubuyobozi nw’uRwanda bwasobanuye bihagije ko imyanzuro n’ibikangisho bidafite agaciro kurusha ubuzima bw’Abanyarwanda. Bagaragaje rero ko uRwanda ruzakomeza ingamba z’ubwirinzi ku mipaka yarwo, zitagize icyo zibangamiyeho ibihugu by’abaturanyi.

 

Biramenyerewe ko Loni yitwara nk’ishaka ko ibibazo bya Kongo biba agatereranzamba. Murabizi ifite abasirikari hafi 20.000 bamaze imyaka isaga 20 muri Kongo kandi aho kugarura amahoro, ahubwo arushaho kuba kure nk’ukwezi. Imibare yerekana ko Monusco ikoresha amamiliyari y’amadolari buri mwaka, bikumvikana rero ko ba rusahuriramunduru batakwifuza ko Kongo itekana.

Izo ndonke abakozi ba Loni bavana muri Kongo ni nazo zituma bategura ibyegeranyo biharabika uRwanda, kugirango bahakwe ku butegetsi bwa Kinshasa. Nyamara kugoreka ukuri ngo ushimishe Tshisekedi, ntacyo bifasha Kongo, ahubwo bituma idashakirwa ibisubizo, bishingiye ku mpamvu nyakuri zitera ibibazo.

Gusa Loni nayo irabizi ko ibyemezo byayo ari icyuka, kuko ntawe bigicira ishati

2025-02-22
Editorial

IZINDI NKURU

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Editorial 03 Mar 2021
Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Uganda: Batangiye gusaba Museveni kuzahatanira manda ya 7

Editorial 04 Dec 2018
Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Editorial 22 Jul 2020
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Editorial 03 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha
Mu Rwanda

Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Editorial 11 Jan 2016
Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45
IMIKINO

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Editorial 01 Apr 2018
Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha
INKURU NYAMUKURU

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Editorial 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru