• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko
Ali Kiba aherutse kwambikana impeta n'umukunzi we

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Editorial 07 May 2018 Mu Mahanga

Ali Kiba uherutse gusezerana n’umukobwa witwa Aminah Rikesh Ahmed yagejejwe mu rukiko n’umwe mu bagore babyaranye amushinja kwirengagiza gutanga indezo nkana.

Ali Kiba yambikanye impeta na Aminah Rikesh Ahmed kuri Serena Hotel i Dar es Salaam ku Cyumweru tariki ya 29 Mata 2018, ibi birori byabanjirijwe n’ibindi byabareye mu Mujyi wa Mombasa.

Nyuma yo kurushinga mu buryo bwemewe, Ali Kiba yarezwe n’umugore witwa Hadija amushinja ko babyaranye umwana aramutererana yanga kumufasha mu kumurera no kumwitaho.

Umwana wa Hadija na Ali Kiba afite imyaka itanu y’amavuko nk’uko Bongo5 yabitangaje ndetse ageze mu mwaka wa kabiri mu ishuri ry’incuke. Imyaka ishize yose avutse, ngo Ali Kiba yitwaye nabi mu burere bw’umwana we ari nacyo cyatumye nyina agana inkiko.

Hadija, ni umucuruzi uciriritse ukora ubushabitsi mu bucuruzi bw’imyenda ya caguwa. Yatanze ikirego mu Rukiko rwa Kisutu asaba ko rwakwishyuza Ali Kiba amashilingi 950,000[kuri buri gihembwe] nk’amafaranga y’ishuri ry’umwana akanishyura tsh 460,000 ya buri kwezi nk’indezo y’umwana.

Mu gusobanura igiteranyo cy’amafaranga yifuza kuri Ali Kiba, yavuze ko kuva yabyara uyu mwana muri Mutarama 2013[mu bitaro bya Mikocheni i Dar es salaam] Ali Kiba atigeze amufasha kumwitaho bityo akifuza ko ibyo yamutanzeho byose se yabyishyura ndetse agacibwa n’amande.

Mu byo asaba mu kirego cye, yavuze ko yagendeye ku “itegeko rirengera umwana ryo mu 2009, aho se w’umwana asabwa kwishyura amafaranga yo kumurera buri kwezi. Ibyo kurya tsh 150,000, imbuto 50,000, imikino y’abana 100,000, imyambaro tsh 60,000, ibyo umwana akenera kurya ku ruhande atari mu rugo tsh 50,000, kwivuza tsh 50,000; yose hamwe akaba tsh 460,000″.

Uyu mugore yavuze ko mbere y’umwaka wa 2017 Ali Kiba yacishagamo akamuha udufaranga duke two kumwikiza mu gufatanya kurera umwana babyaranye, ngo bigeze muri Gashyantare 2017 ntiyongeye kumureba n’ir’humye.

Yasabye urukiko ko rwamuca amashilingi 460,000 ya buri kwezi guhera muri Gashyantare 2017 ndetse agatanga amafaranga y’ishuri tsh 950,000 kuri buri gihembwe.

Ali Kiba n’umugore we Aminah Rikesh Ahmed

2018-05-07
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Editorial 20 Apr 2024
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Editorial 03 Nov 2016
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Editorial 29 Nov 2022
Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Editorial 18 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée
IMIKINO

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Editorial 07 Oct 2018
Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi
ITOHOZA

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Editorial 11 Sep 2016
Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko

Editorial 15 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru