• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Ubwanditsi 10 Aug 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Emmanuel ABAYISENGA ni Umunyarwanda ukomoka ku mubyeyi wijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nubwo ise yari umusiviri, yari yaratojwe mu Nterahamwe, yica Abatutsi batabarika.

Amakuru avuga ko yaje kugwa mu gitero we na bagenzi be bagabye ngo bagiye gukumira ingabo z’Inkotanyi. Burya rero ngo “uwiba ahetse aba yigisha uri mu mugongo”, kuko Abayisenga Emmanuel yakuranye ubwicanyi akomora kuri se, dore ko muw’1994 yari ingimbi y’ imyaka 15 y’amavuko.

Mu mwaka w’2004, Emmanuel Abayisenga yinjiye muri bugenzacyaha bw’uRwanda, ariko imyitwarire idahwitse ntiyatuma atindamo. Nguko uko yatangiye kurorongotana, kugeza ageze mu Bufaransa, ndetse muw’2013 atangira gusaba ibyangombwa bimwemerera gutura muri icyo gihugu. Arinze akora amahano atarabona ibyo bya ngombwa, ariko bitamubuza kwidegembya kimwe n’abandi bagizi ba nabi bibera mu Bufaransa nta nkomyi.

Akigera mu Bufaransa, Emmanuel Abayisenga we yahise anakiranwa yombi, “Abihaye Imana” bo mu muryango w’abamisiyoneri bitwa “Monforttains de Saint-Laurent-Sur-Sèvre, bamugira umwana mu rugo, ushinzwe gukinga no gukingura ibyumba byose, harimo n’ahabikwa amaturo!

“Nyakibi rero burya koko ntirara bushyitsi”. Nyuma y’imyaka mike Emmanuel Abayisenga yatangiye kugaragaza ko atari umwiga mu bugome, maze muri Nyakanga 2020 ashumika Katedarari ya Nantes. Yaje gufungwa igihe cy’amezi 10, afunguwe muri Gicurasi uyu mwaka ubucamanza bumusabira kwirukanwa ku butaka bw’Ubufaransa, bivuze ko yagombye kuba yarasubiye aho yavuye, mu Rwanda.

Iki cyemezo nticyubahirijwe, ahubwo ba “bihaye Imana” be bakomeza kumukingira ikibaba. Bamushubije mu rugo batitaye ku mahano ye, basobanura ko ibyo yakoze yabitewe n’ibibazo by’ihungabana, kandi afite ubushake bwo “kwiyunga n’Imana”.

“Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro”. Nguko uko byagenze mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 09 Kanama 2021, ubwo Emmanuel Abayisenga ubwe yishyikirizaga polisi ya Mortagne-Sur-Sèvre, yiyemerera ko ari we wishe Padiri w’imyaka 60, Olivier MAIRE, wari umucumbikiye .

Iyi nkuru yashenguye imitima ya benshi, barimo na Perezida w’uBufaransa, Emmanuel Macron na Minisitiri w’Intebe, Jean Castex bihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Olivier Maire. Abantu benshi bagize icyo batangaza, ntibumva uburyo uyu mugome, Emmanuel Abayisenga, yakomeje gufatwa nk’amata y’abashyitsi kandi ari umugizi wa nabi uzwi n’inzego z’umutekano.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, basabye Leta y’uBufaransa gukurikirana umuntu wese wagize uruhare ngo Emmanuel Abayisenga atava mu Bufaransa, ndetse igasubira muri politiki yayo yo gucumbikira abanyamahanga, cyane cyane nk’aba bafite amateka abahuza n’ibyaha ndengakamere.

Magingo aya Emmanuel Abayisenga arakurikiranwa n’impuguke mu burwayi bwo mu mutwe, ariko n’iperereza ryatangiye gucukumbura icyaba cyamuteye ubwo bwicanyi. Icyo abenshi bibaza, ni ukumenya niba hazakomezwa icyemezo cyo kumwirukana mu Bufaransa, cyangwa niba azaburanishirizwa akanarangiriza igihano muri icyo gihugu.

Igihugu cy’u Bufaransa gicumbikiye Abanyarwanda benshi bakurikiranyweho ibyaha bikomeye, birimo n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri bo twavuga ba ruharwa nka Agatha Kanziga, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Laurent Bukibaruta, Gen Aloys Ntiwiragabo, n’abandi bamamaye mu mugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Leta y’u Rwanda imaze imyaka yarasabye ubutabera bw’u Bufaransa kohereza abo bantu mu Rwanda cyangwa se nibura bakaburanishwa n’inzego zo muri icyo gihugu.

Icyi cyifuzo kugeza ubu ntikirahabwa agaciro, ubwo yenda bazategereza ko aba bicanyi bakora ibara no mu Bufaransa, kugirango byumvikane ko amaraso y’Umunyarwanda n’umwirabura muri rusange, afite agaciro kimwe n’ay’Umufaransa.

2021-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Ubwanditsi 31 Aug 2020
Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibigo bine bitanga serivisi z’umutekano

Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibigo bine bitanga serivisi z’umutekano

Ubwanditsi 06 May 2017
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022
Amakuru

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Ubwanditsi 20 Sep 2022
Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame
IMIKINO

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Uko bazimya umuriro w’Amatora!
Mu Mahanga

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru