Minisitiri wa Siporo, Madame Nelly Mukazayire, ari kumwe na Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Aba bayobozi kandi basuye ibikorwa bitandukanye biri kubakwa birimo inyubako ya FERWAFA Accommodation Facility n’ibibuga by’imyitozo biri kubakwa i Gicumbi District ndetse no ku cyicaro cya FERWAFA i Kigali.

Minisitiri Mukazayire yashimye intambwe imaze guterwa mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi mishinga, anasaba FERWAFA gukurikirana by’umwihariko imirimo kugira ngo izabe yarangiye kandi ibibuga bitangire gukoreshwa mu ntangiriro za 2026.

Yanagarutse ku kamaro ko kongeramo imikino itari isanzwe nka Padel na Bowling, kugira ngo ibikorwa by’iyo mishinga bifashe mu gukurura abafana no kongerera agaciro ibikorwa remezo bya siporo mu gihugu.

Iyi mishinga yose iri mu bikorwa bya FIFA Forward 3, ikaba irimo n’ibindi bibuga biri kubakwa mu turere twa Rusizi na Rutsiro, byose bigamije guteza imbere ibikorwaremezo bya ruhago mu gihugu hose.








