• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

Editorial 31 May 2017 Mu Rwanda

Kuva ku itariki 21 z’uku kwezi Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ritangiye ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda; rimaze kwigisha abanyeshuri bagera ku bihumbi ijana amategeko y’ibanze yo kugenda mu muhanda no kuwukoresha.

Kuyigisha abanyamaguru no gukangurira abatwara ibinyabiziga kuyubahiriza ni bimwe mu bikorwa n’iri shami mu kwezi kwa Polisi y’u Rwanda kwatangiye ku itariki ku 16 Gicurasi.

By’umwihariko; ku wa 29 Gicurasi iri shami ryigishije abanyeshuri basaga 41, 000 biga mu bigo 33 bibarizwa hirya no hino mu gihugu. Ishuri rya Fawe Girls School (riri mu karere ka Gasabo) ni hamwe mu habereye ubwo bukangurambaga.

Mu kiganiro yagiranye n’abaryigamo, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda yababwiye kunyura buri gihe ku ruhande rw’ibumoso bw’umuhanda bakurikije icyerekezo bajyamo; kandi bakanyura mu nzira iteganyirijwe abanyamaguru (aho iri).

Yongeyeho ko igihe bambuka umuhanda bagomba kunyura mu mirongo y’ibara ry’umweru igaragaza aho abanyamaguru bemerewe kwambukira; ariko mbere yo kwambuka bakabanza kureba iburyo n’ibumoso by’umuhanda niba nta modoka irimo guturuka muri ibyo byerekezo.

CIP Kabanda yabwiye abo banyeshuri ko bagomba kandi gutegereza imurika ry’ ikimenyetso cy’umugabo utambuka mu rumuri rw’itara rw’icyatsi kibisi; hanyuma bakabona kwambuka umuhanda.

Yagize ati,”N’iyo mwaba kandi mwambuka umuhanda mu gihe gikwiriye, ndetse munyuze ahabugenewe; mugomba kwihuta ntimuwutindemo muwukiniramo. Mufite kandi uburenganzira bwo guhagarika ibinyabiziga bisatiriye imirongo mwambukiramo mukoresheje akaboko kugira ngo mwambuke nta nkomyi.”

Nyuma yo kwigishwa amategeko y’ibanze yo kugenda mu muhanda; abo banyeshuri bagera ku bihumbi ijana bakoze imyitozo yo kuwukoresha babifashijwemo n’abapolisi babibigishije.

Mu biganiro Polisi y’u Rwanda yagiranye n’abo banyeshuri biga mu bigo 33, yabakanguriye kwirinda kwishora mu biyobyabwenge no gukangurira urundi rubyiruko ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange gufatanya gukumira iyinjizwa ryabyo mu gihugu, icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo; batungira agatoki Polisi ababikora.

Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda by’Ukwezi kwa Polisi k’uyu mwaka bwabimburiwe n’ikiganiro nyunguranabitekerero (Kubaza bitera kumenya) cyatanzwe n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi afatanyije n’Umuvugizi waryo, CIP Emmanuel Kabanda.

Icyo kiganiro cyabaye ku itariki 21 z’uku kwezi. Cyaciye kuri Televiziyo na Radiyo by’u Rwanda no kuri Radiyo z’abaturage ziri hirya no hino mu gihugu. Cyari gifite insanganyamatsiko igira iti:”Wihutaza umunyantege nke ; na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda.”

-6738.jpg

-6737.jpg

-6736.jpg

-6735.jpg

Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryagiranye kandi ibiganiro n’abandi bakoresha inzira nyabagendwa barimo abatwara abagenzi kuri moto n’amagare; rikaba ryarabakanguriye kubahiriza amategeko y’umuhanda kugira ngo birinde gukora cyangwa gutweza impanuka.

Source : RNP

2017-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Editorial 05 Aug 2017
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Editorial 04 Jan 2022
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Editorial 04 May 2021
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Editorial 05 Aug 2017
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Editorial 04 Jan 2022
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Editorial 04 May 2021
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Editorial 05 Aug 2017
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Editorial 04 Jan 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe
INKURU NYAMUKURU

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Editorial 17 Dec 2019
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw
UBUKUNGU

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC
POLITIKI

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru