• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%

Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%

Editorial 04 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yatangaje amajwi y’agateganyo y’imitwe ya Politiki n’abakandida bigenga biyamamaje mu matora y’abadepite, aho kuri 70% amaze kubarurwa, FPR Inkotanyi iri ku isonga na 75%.

Amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye ku wa 02 Nzeri ku Banyarwanda bari muri Diaspora no ku wa 03 Nzeri ku bari imbere mu gihugu.

Mu majwi y’agateganyo yatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, FPR Inkotanyi iri ku isonga, aho ikurikiwe PSD na PL. Green Party na PS Imberakuri nabo barakurikirana.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof. Kalisa Mbanda atangaza by;agateganyo ibyavuye mu matora y’Abadepite

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof. Kalisa Mbanda, yatangaje ati “Ibyo turaranye ni uko FPR iri muri za 75%, PSD 8.5%, PL 7%, Democratic Green Party 4.5%, PS Imberakuri 4.5%.”

“Ni ukuvuga ko abakandida bigenga uko ari bane bose bafite amajwi make, ay’ejo ntacyo yahindura ngo babe babona umwanya mu nteko Ishinga Amategeko.”

Mu majwi y’agateganyo yatangajwe, FPR Inkotanyi, ni yo yabashije kubona amajwi menshi mu bihugu byo hanze y’u Rwanda bigera kuri 25 hatangajwe uko byatowe.

Ukurikije abitabiriye amatora y’abadepite uyu mwaka, umutwe wa politiki uhabwe umyanya mu mutwe w’abadepite birasaba ko ubona amajwi asaga ibihumbi 350.

Hamwe mu hatorewe byasaga n’ibirori mu muco nyarwanda

Ku rutonde rw’abakandida 80, FPR Inkotanyi ifitemo 70, abandi icumi baturuka mu mitwe itandatu bifatanyije ariyo PDI, PSR, PDC, PPC, UDPR na PSP.

Mu matora y’abadepite yo mu 2013, FPR Inkotanyi n’imitwe ine byari byifatanyije (PDI, PSR, PPC, PDC) yabonye amajwi (76.2%), yatumye igira Abadepite benshi mu Nteko. Yagize abadepite 41 muri 53 baturuka mu mitwe ya politiki n’abakandida bigenga.

2018-09-04
Editorial

IZINDI NKURU

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Editorial 04 Jan 2018
Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Editorial 06 Sep 2019
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Editorial 06 Jul 2019
Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Umuryango wa Gasana Eugène Richard, umuyoboke ukomeye w’umutwe w’iterabwoba, RNC, baramushishikariza kuva mu buyobe agasaba imbabazi u Rwanda n’Abanyarwanda

Editorial 05 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka
Mu Rwanda

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Editorial 02 Jul 2016
Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Editorial 10 Oct 2018
Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere
HIRYA NO HINO

Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Editorial 23 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru