• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 07 Nov 2019 IMIKINO

Imikino y’umunsi wa kane w’amatsinda ya UEFA Champions League yakomeje kuri uyu wa Gatatu, yasize amakipe ya Juventus de Turin, Bayern Munich na Paris Saint-Germain abonye itike yo gukomeza muri 1/8.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hasojwe umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura muri iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, hakina ayo mu itsinda A kugeza mu itsinda D.

Paris Saint-Germain yo mu itsinda A yizeye gukomeza muri 1/8 nyuma yo gutsinda Club Brugge igitego 1-0 mu mukino yari yakiriye mu Bufaransa.

Iki gitego kimwe rukumbi, cyabonetse ku munota wa 22 gitsinzwe na Mauro Icardi mu gihe Club Brugge yashoboraga kwishyurirwa na Mbaye Diagne, agahusha penaliti yahawe ku munota wa 76.

Mu wundi mukino wabaye muri iri itsinda, Real Madrid yari yakiriye Galatasaray, iyinyagira ibitego 6-0 birimo bitatu byatsinzwe na Rodrygo, bibiri bya Karim Benzema n’ikindi cya Sergio Ramos kuri penaliti.

PSG yagize amanota 12 mu mikino ine, ikurikiwe na Real Madrid ifite amanota arindwi. Club Brugge iri ku mwanya wa gatatu n’amanota abiri mu gihe Galatasaray ifite inota rimwe.

Mu itsinda B, Bayern Munich na yo yabonye itike ya 1/8 nyuma yo gutsinda Olympiacos ibitego 2-0 bya Robert Lewandowski na Ivan Perisić mu gice cya kabiri mu gihe Tottenham yasanze FK Crvena Zvezda iwayo, ikayihatsindira 4-0.

Bayern Munich yujuje amanota 12, ikurikiwe na Tottenham ifite arindwi. FK Crvena Zvezda iracyafite amanota atatu ndetse na Olympiacos yagumye ku inota rimwe.

Juventus yo mu itsinda D ni ikipe ya gatatu yakomeje muri 1/8 nyuma yo gutsinda Lokomotiv Moscow ibitego 2-1 iyisanze iwayo. Aaron Ramsey yatsinze icya mbere ku munota wa kane, Douglas Costa atsinda icy’intsinzi mu minota y’inyongera ni mu gihe Aleksey Miranchuk yari yishyuriye Abarusiya ku munota wa 12.

Undi mukino wabaye muri iri tsinda, warangiye Bayer Leverkusen itsinze Atlético Madrid ibitego 2-1, byatumye Juventus ihita ibona itike ya 1/8 n’amanota 10, aho irusha iyi kipe yo muri Espagne ya kabiri amanota atatu.

Mu itsinda C, Manchester City yasoje ari abakinnyi 10 nyuma y’ikarita itukura yahawe umunyezamu Claudio Bravo ku munota wa 81 mu izamu hakajyamo Kyle Walker witwaye neza, yanganyirije mu Butaliyani na Atalanta igitego 1-1 mu gihe Dynamo Zagreb yanganyije na Shakhtar Donetsk ibitego 3-3.

Manchester City yagize amanota 10 ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Shakhtar Donetsk inganya amanota atanu na Dinamo Zageb ya gatatu mu gihe Atalanta ifite inota rimwe.

Ronaldo ahanganiye umupira na myugariro wa Lokomotiv n’umunyezamu Guilherme

Cristiano Ronaldo agerageza amahirwe ye ku mupira w’umuterekano

Umunyezamu Guilherme yashatse kuwugarura ariko Ramsey awushyira mu izamu

Aleksey Miranchuk yari yishyuriye iyi kipe yo mu Burusiya

Abakinnyi ba Juventus bishimira igitego cya mbere muri uyu mukino

Costa atsinda igitego cya kabiri cya Juventus

Douglas Costa yatsindiye Juventus mu minota y’inyongera, ayifasha gukomeza muri 1/8
Src: IGIHE

2019-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ubwanditsi 31 May 2021
FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Aug 2022
PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Ubwanditsi 17 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye
Amakuru

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump
POLITIKI

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no  kuzuza inshingano zabo
Mu Mahanga

Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no kuzuza inshingano zabo

Ubwanditsi 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru