• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 07 Nov 2019 IMIKINO

Imikino y’umunsi wa kane w’amatsinda ya UEFA Champions League yakomeje kuri uyu wa Gatatu, yasize amakipe ya Juventus de Turin, Bayern Munich na Paris Saint-Germain abonye itike yo gukomeza muri 1/8.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hasojwe umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura muri iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, hakina ayo mu itsinda A kugeza mu itsinda D.

Paris Saint-Germain yo mu itsinda A yizeye gukomeza muri 1/8 nyuma yo gutsinda Club Brugge igitego 1-0 mu mukino yari yakiriye mu Bufaransa.

Iki gitego kimwe rukumbi, cyabonetse ku munota wa 22 gitsinzwe na Mauro Icardi mu gihe Club Brugge yashoboraga kwishyurirwa na Mbaye Diagne, agahusha penaliti yahawe ku munota wa 76.

Mu wundi mukino wabaye muri iri itsinda, Real Madrid yari yakiriye Galatasaray, iyinyagira ibitego 6-0 birimo bitatu byatsinzwe na Rodrygo, bibiri bya Karim Benzema n’ikindi cya Sergio Ramos kuri penaliti.

PSG yagize amanota 12 mu mikino ine, ikurikiwe na Real Madrid ifite amanota arindwi. Club Brugge iri ku mwanya wa gatatu n’amanota abiri mu gihe Galatasaray ifite inota rimwe.

Mu itsinda B, Bayern Munich na yo yabonye itike ya 1/8 nyuma yo gutsinda Olympiacos ibitego 2-0 bya Robert Lewandowski na Ivan Perisić mu gice cya kabiri mu gihe Tottenham yasanze FK Crvena Zvezda iwayo, ikayihatsindira 4-0.

Bayern Munich yujuje amanota 12, ikurikiwe na Tottenham ifite arindwi. FK Crvena Zvezda iracyafite amanota atatu ndetse na Olympiacos yagumye ku inota rimwe.

Juventus yo mu itsinda D ni ikipe ya gatatu yakomeje muri 1/8 nyuma yo gutsinda Lokomotiv Moscow ibitego 2-1 iyisanze iwayo. Aaron Ramsey yatsinze icya mbere ku munota wa kane, Douglas Costa atsinda icy’intsinzi mu minota y’inyongera ni mu gihe Aleksey Miranchuk yari yishyuriye Abarusiya ku munota wa 12.

Undi mukino wabaye muri iri tsinda, warangiye Bayer Leverkusen itsinze Atlético Madrid ibitego 2-1, byatumye Juventus ihita ibona itike ya 1/8 n’amanota 10, aho irusha iyi kipe yo muri Espagne ya kabiri amanota atatu.

Mu itsinda C, Manchester City yasoje ari abakinnyi 10 nyuma y’ikarita itukura yahawe umunyezamu Claudio Bravo ku munota wa 81 mu izamu hakajyamo Kyle Walker witwaye neza, yanganyirije mu Butaliyani na Atalanta igitego 1-1 mu gihe Dynamo Zagreb yanganyije na Shakhtar Donetsk ibitego 3-3.

Manchester City yagize amanota 10 ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Shakhtar Donetsk inganya amanota atanu na Dinamo Zageb ya gatatu mu gihe Atalanta ifite inota rimwe.

Ronaldo ahanganiye umupira na myugariro wa Lokomotiv n’umunyezamu Guilherme

Cristiano Ronaldo agerageza amahirwe ye ku mupira w’umuterekano

Umunyezamu Guilherme yashatse kuwugarura ariko Ramsey awushyira mu izamu

Aleksey Miranchuk yari yishyuriye iyi kipe yo mu Burusiya

Abakinnyi ba Juventus bishimira igitego cya mbere muri uyu mukino

Costa atsinda igitego cya kabiri cya Juventus

Douglas Costa yatsindiye Juventus mu minota y’inyongera, ayifasha gukomeza muri 1/8
Src: IGIHE

2019-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

Ubwanditsi 17 Mar 2022
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Ubwanditsi 04 May 2024
Amafoto – Ikipe y’igihugu U19 muri Handball yerekeje muri Croatie gukina imikino y’igikombe cy’Isi

Amafoto – Ikipe y’igihugu U19 muri Handball yerekeje muri Croatie gukina imikino y’igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 20 Jul 2023
50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

Ubwanditsi 24 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Ubwanditsi 23 Aug 2016
RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha
ITOHOZA

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ubwanditsi 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru