• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 07 Nov 2019 IMIKINO

Imikino y’umunsi wa kane w’amatsinda ya UEFA Champions League yakomeje kuri uyu wa Gatatu, yasize amakipe ya Juventus de Turin, Bayern Munich na Paris Saint-Germain abonye itike yo gukomeza muri 1/8.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hasojwe umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura muri iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, hakina ayo mu itsinda A kugeza mu itsinda D.

Paris Saint-Germain yo mu itsinda A yizeye gukomeza muri 1/8 nyuma yo gutsinda Club Brugge igitego 1-0 mu mukino yari yakiriye mu Bufaransa.

Iki gitego kimwe rukumbi, cyabonetse ku munota wa 22 gitsinzwe na Mauro Icardi mu gihe Club Brugge yashoboraga kwishyurirwa na Mbaye Diagne, agahusha penaliti yahawe ku munota wa 76.

Mu wundi mukino wabaye muri iri itsinda, Real Madrid yari yakiriye Galatasaray, iyinyagira ibitego 6-0 birimo bitatu byatsinzwe na Rodrygo, bibiri bya Karim Benzema n’ikindi cya Sergio Ramos kuri penaliti.

PSG yagize amanota 12 mu mikino ine, ikurikiwe na Real Madrid ifite amanota arindwi. Club Brugge iri ku mwanya wa gatatu n’amanota abiri mu gihe Galatasaray ifite inota rimwe.

Mu itsinda B, Bayern Munich na yo yabonye itike ya 1/8 nyuma yo gutsinda Olympiacos ibitego 2-0 bya Robert Lewandowski na Ivan Perisić mu gice cya kabiri mu gihe Tottenham yasanze FK Crvena Zvezda iwayo, ikayihatsindira 4-0.

Bayern Munich yujuje amanota 12, ikurikiwe na Tottenham ifite arindwi. FK Crvena Zvezda iracyafite amanota atatu ndetse na Olympiacos yagumye ku inota rimwe.

Juventus yo mu itsinda D ni ikipe ya gatatu yakomeje muri 1/8 nyuma yo gutsinda Lokomotiv Moscow ibitego 2-1 iyisanze iwayo. Aaron Ramsey yatsinze icya mbere ku munota wa kane, Douglas Costa atsinda icy’intsinzi mu minota y’inyongera ni mu gihe Aleksey Miranchuk yari yishyuriye Abarusiya ku munota wa 12.

Undi mukino wabaye muri iri tsinda, warangiye Bayer Leverkusen itsinze Atlético Madrid ibitego 2-1, byatumye Juventus ihita ibona itike ya 1/8 n’amanota 10, aho irusha iyi kipe yo muri Espagne ya kabiri amanota atatu.

Mu itsinda C, Manchester City yasoje ari abakinnyi 10 nyuma y’ikarita itukura yahawe umunyezamu Claudio Bravo ku munota wa 81 mu izamu hakajyamo Kyle Walker witwaye neza, yanganyirije mu Butaliyani na Atalanta igitego 1-1 mu gihe Dynamo Zagreb yanganyije na Shakhtar Donetsk ibitego 3-3.

Manchester City yagize amanota 10 ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Shakhtar Donetsk inganya amanota atanu na Dinamo Zageb ya gatatu mu gihe Atalanta ifite inota rimwe.

Ronaldo ahanganiye umupira na myugariro wa Lokomotiv n’umunyezamu Guilherme

Cristiano Ronaldo agerageza amahirwe ye ku mupira w’umuterekano

Umunyezamu Guilherme yashatse kuwugarura ariko Ramsey awushyira mu izamu

Aleksey Miranchuk yari yishyuriye iyi kipe yo mu Burusiya

Abakinnyi ba Juventus bishimira igitego cya mbere muri uyu mukino

Costa atsinda igitego cya kabiri cya Juventus

Douglas Costa yatsindiye Juventus mu minota y’inyongera, ayifasha gukomeza muri 1/8
Src: IGIHE

2019-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022
APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022
Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Ubwanditsi 07 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?
Amakuru

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda
Mu Rwanda

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru