• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Editorial 15 Mar 2017 HIRYA NO HINO

Abahanga mu by’imibanire bemeza ko nta rugo rwubakwa nk’urundi ndetse nta n’urutagira ibibazo, ahubwo bagashimangira ko uburyo bwo kubikemura ariryo hurizo riba ritegereje benshi kuko mu miryango itandukanye usanga ababana hari amakosa bashobora gufata nk’ayoroheje bakanatekereza ko ntacyo atwaye ariko ugasanga ingaruka zayo ziremereye cyane.

Iyo abasore n’inkumi batarashakana, hari imiryango baba bafata nk’icyitegererezo bakumva ko bakwiriye kuzubaka urugo rumeze nk’urwabo, ariko rimwe na rimwe bagatungurwa no gusanga abo bifuza kureberaho nabo bafite ya makosa ameze nkaho ari rusange mu ngo nyinshi.

Urubuga Elcrema rwibanda ku nkuru z’urukundo ndetse n’imibanire rugaragaza amakosa atandatu afatwa nk’ayoroheje ariko agira ingaruka ku miryango.

1. Kureka ababyeyi bakabafatira imyanzuro

Uko ababyeyi banyu baba babakunda kose n’ububryo baba babahangayikira hari imyanzuro batagomba kubafatira.

Ni ikosa rikomeye kureka ababyeyi bagakomeza kubafatira imyanzuro kandi mufite urugo rwanyu nabo bakagira urwabo. Icyo mwakora ni ukubagisha inama gusa ariko imyanzuro mukayifatira ubwanyu.

2. Kudaha agaciro ibyo gukora imibonano mpuzabitsina

Abashakanye benshi usanga bahugiye mu kazi no gushakisha imibereho ya buri munsi izatunga urugo, ibyo rero bituma baha agaciro gake ikijyanye no gutera akabariro.
Igihe ingingo yo gutera akabariro yirengagijwe, urugo ruba rugenda rugana aharindimuka kuko ibyo bituma umutekano ubura n’ibibahuza bikagabanuka.

3. Kwinjiza inshuti zanyu mu buzima bw’urugo

Iri ni irindi kosa abantu bashakanye usanga bakora kandi bakaryita iryoroheje. Ubusanzwe ibyemezo by’urugo bifatwa n’umugabo n’umugore, iyo rero hari undi muntu hafi aho mwemereye kubinjirira mu buzima birabangama cyane.

Kandi ibyo bituma hagati y’umugabo n’umugore umwuka uba mubi kuko iyo bitababaje umugore bitera umugabo umunabi.

4. Gucyekana ibibi

Gucyeka ndetse no kwibwira ngo buriya mugenzi wanjye ubwo atavuga, yagaye ibi n’ibi, ni bibi kuko amagambo nk’ayo ashobora kwangiza umubano wanyu.
Iyo abashakanye bataganira umwe agacyeka, undi akibwira bisenya umubano kandi ingaruka zabyo ziba mbi cyane kuko bigabanya icyizere mwari mufitanye.

5. Kutita ku byo uwo mwashakanye akora

Hari abantu bigira ba ntibindera, ugasanga uwo mwashakanye yakoze uko ashoboye ngo akwiteho cyangwa se akunezeze ariko ukabiha agaciro gake.
Iryo ni ikosa ryo kwirengangiza kandi uko urushaho kubimugaragariza, agenda ahinduka mubi ukazasigara wibaza impamvu utakibona ibyiza bimuturukaho kandi ari wowe wabigizemo uruhare.

6. Kubwira abandi ibyo wakabwiye uwo mwashakanye

Usanga umugore ajya kuganyira mugenzi we, cyangwa se umugabo akaganiriza abandi ibitagenda mu rugo rwe. Nyamara ibyo yagombaga kubiganiriza uwo bashakanye ngo babishakire umuti urambye.

-6102.jpg

Uko uganira n’uwo mwashakanye niko murushaho kuba inshuti magara, iyo rero ibyo mwakavuganye ubivugana n’abandi, kwibonanamo birayoyoka, urugo rugasenyuka urureba.

Nubwo nta muntu utunganye ubaho ariko uko byagenda kose buri munsi ababana baba bakwiriye kugerageza kurushaho gukora neza ku nyungu rusange bahuriyeho n’abo babana.

2017-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Mu bahitanywe n’impanuka ya Ethiopian Airlines harimo Umunyarwanda umwe

Editorial 10 Mar 2019
Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Editorial 12 Dec 2018
CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Editorial 02 Apr 2019
Uganda: Urujijo k’urupfu  rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda

Uganda: Urujijo k’urupfu rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda

Editorial 12 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi  wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka
Mu Rwanda

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

Editorial 05 Sep 2017
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira
INKURU NYAMUKURU

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Editorial 06 Dec 2017
Ikigo Inovos Ltd gikora impapuro z’isuku zifashishwa mu Mihango y’abari n’abategarugori (Tamu Sanitary Pads) cyahize ibindi mu Marushanwa yo gutanga Serivisi inoze
Amakuru

Ikigo Inovos Ltd gikora impapuro z’isuku zifashishwa mu Mihango y’abari n’abategarugori (Tamu Sanitary Pads) cyahize ibindi mu Marushanwa yo gutanga Serivisi inoze

Editorial 28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru