• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Editorial 28 Aug 2017 ITOHOZA

Urubanza rw’ubujurire rwa Octavien Ngenzi na Tito Barahira, bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ruzaburanishwa muri Mata na Kamena mu mwaka wa 2018, naho urukiko rw’ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa ruzumva Padiri wensislas Munyeshyaka mu kwezi k’Ugushyingo mu 2017.gusa perezida w’ ishyirahamwe riharanira ko abakoze Jenoside bari mu Bufaransa baburanishwa Alain Gotien avuga ko batamenyeshejwe iby’ubujurire, ahubwo bamenyeshejwe itariki y’urubanza nyirizina gusa.

-7758.jpg

Octavien Ngenzi na Tito Barahira

Yagize ati”kugeza ubu icyo twamenyeshejwe n’itariki urubanza rw’ubujurire ruzaberaho ruzatangira tariki 17 Mata rugeze kuri 6 Nyakanga 2018, bishatse kuvuga ko urubanza ruzamara amezi abiri cyangwa abiri n’igice gusa ntituzi neza ikizatuma urubanza rumara igihe kirekire gutya ,ikintu kimwe twakwisabira nuko bakwiriye kuzirikana nk’ibibazo by’ubuzima bya Tito kuko ajya ku mashini zunganira impyiko inshuro eshatu mu cyumweru ku buryo mw’iburanishwa rya mbere abantu benshi bagaragaje ko byashoboraga kumunaniza cyane.”

Mu kwezi kwa Nyakanga umwaka ushize nibwo aba bagabo bombi bayoboye Komini Kabarondo bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi n’ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyoko muntu bahita bajurira.

Indi dosiye yongeye kuburwa ni iya Padiri wensislas Munyeshyaka wari muri paruwasi ya sainte Famille I Kigali mu mwaka w’1994, muri iki cyumweru nibwo hatangajwe ko ubujujrire bw’abamurega buzumvwa mu rukiko rw’ubujurire rw’I Paris.

-7759.jpg

Padiri wensislas Munyeshyaka

Alain akomeza avuga ko urubanza rwa Munyeshyaka Parike yari yatesheje agaciro ikirego, icyifuzo kinakurikizwa n’abacamanza bakora amaperereza, ariko bakurikije imiterere y’idosiye ntibarikwemera iki cyemezo niyo mpamvu bakijuririye none nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri ubusabe bwabo bukaba aribwo bugiye gusuzumwa, Ati” ku itariki 8 Ugushyingo 2017 tuzabimenya niba bazaha agaciro ubujurire bwacu”.

Gusa Alain ahamyaka ko hari amadosiye ari mu Bufaransa ataragira icyo akorwaho kandi kuva mu kwezi kwa mutarama 2017 babamenyesheje ko amaperereza yayakorwagaho yarangiye. Harimo iy’uwitwa Jean Claude Muhayimana wo ku Kibuye,Sosthene Munyemana wari umuganga I Butare na colonel S,Laurent wari umugaba wungirije w’ingabo za cyera n’abandi.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Editorial 06 Mar 2017
Abanyarwanda baba mu Bubiligi babukereye mu kuzakira Perezida Kagame  [ VIDEO ]

Abanyarwanda baba mu Bubiligi babukereye mu kuzakira Perezida Kagame [ VIDEO ]

Editorial 29 May 2017
Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Editorial 27 Feb 2017
Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Editorial 13 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?
Amakuru

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Editorial 23 Nov 2020
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.
Amakuru

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari
Mu Mahanga

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Editorial 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru