• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Editorial 21 Sep 2017 ITOHOZA

Kim Jong Un wagiye ku buyobozi akiri muto, ku myaka 35 yateye Isi impagarara nyuma yo kuba ari umugabo urangwa n’ibikorwa by’ubwihebe, aho amaze igihe agerageza ibitwaro bya kirimbuzi.

Kim mbere y’uko ajya ku butegetsi ntiyajyaga agaragara muri rubanda cyangwa muri Leta ngo hamenyekane ibyo yakoraga, ndetse n’amashuri yize ntazwi neza kuko ntaho bigaragara ko yaba yarize muri za Kaminuza zikomeye.

Kim Jong Un ni umwe mu baperezida batagaragaza igihe bavukiye kuko imyaka igaragaza ko yavutse mu myaka 3 itandukanye kuko ibihugu byinshi bigenda bigenekereza bigatanga imyaka itandukanye .

Korea ya Ruguru yemeza ko Perezida wa yo yavutse muri Mutarama 08,1982 , Korea y’Epfo ikavuga ko Kim Jon un yavutse mu1983, igihugu cya Switzeland (Ubusuwisi) bwemeza ko yavutse 05 Nyakanga 1984, mu gihe imibare itangwa na America yemeza ko uyu mugabo ifata nk’icyihebe yavutse mu 1984.

Perezida wa Korea ya ruguru ukomeje kuvugisha amahanga kubera ibitwaro bya kirimbuzi akomeje kugerageza kandi akavuga ko nta bwoba atewe n’amahanga, ni umuyobozi w’umuryango wa State Affaires Commussion Incubmbent.

Kim Jon Un kandi ni umuyobozi mukuru wa Democratic People’s Republic of Korea akomeje kubwira Isi ko adashobora kwita ku bihano azafatirwa ngo areke gahunda igihugu cye cyafashe yo gucura ibitwaro bya kirimbuzi.

Kim ni umwana wa kabiri wa Kim Jong-il na Ko Yong-hui ariko se akaba yaraje kwitaba Imana muri 2011.

Bimwe mu byo Kim abereye abereye umuyobozi

Umuyobozi (Chairman) wa Workers’ Party of Korea
Umuyobozi (Chairman) wa Central Miltary Commission
Umuyobozi (Chairman) wa State Affairs Commussion
Umuyobozi (Chairman) wa Supreme Commander of Korean People’s Army
Uyu mu Perezida afite ipeti rya Marshal mu bya gisirikare.

Kim Jong un afite impamyabumenyi 2, imwe yayikuye muri Kim Il-sung University mu gihe indi yayikuye muri Kaminuza ya gisirikare ya Kim Il-sung Military University.

Kim Jong un wagiye ku butegetsi 09 Werurwe 2014, ashinjwa kuba mu 2013 yaricishije nyirarume Jang Song-thaek ndetse akaba ari nawe wishe umuvandimwe we Kim Jong-nam muri Malaysia muri Gashyantare uyu mwaka.

Kuva uyu mugabo yajya ku butegetsi Isi yose imufata nk’icyihebe aho isanga ashobora guteza intambara ya gatau y’isi.

Kuva yajya ku butegetsi yakomeje kugaragaza guhangana gukomeye na Leta Zunze Ubumwe za America, ibintu bigiye guteza ikibazo gikomeye kuko America nayo yafashe umwanzuro wo guhangana n’iki gihugu gikomeje gukora no kugerageza ibitwaro bya kirimbuzi umusubirizo.

Mu kwezi gushize ubwo Korea yaruguru yagerageje ibisasu bibiri, Umuryango w’Abibumbye (UN) wafatiye iki gihugu ibihano ariko cyo gihita gitangaza ko ntacyo ibihano byahindura kuri gahunda yacyo yo gucura ibitwaro bya Kirimbuzi.

-8027.jpg

Kim Jong Un

2017-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Editorial 15 Dec 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Editorial 28 Aug 2018
U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2017
Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Editorial 09 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Editorial 15 Jul 2016
Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera
Mu Mahanga

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Editorial 17 Feb 2017
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018
Amakuru

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Editorial 16 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru