• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Editorial 23 May 2018 ITOHOZA

Urwego rw’ubwirinzi mu kirere u Burusiya n’u Bushinwa bifite ngo busobanuye ko indege zigezweho za Amerika zishinzwe kugenzura ikirere zishobora guhanurwa ku munsi wa mbere w’intambara igihe yaba yadutse hagati y’ibi bihugu by’ibihangange kw’isi, bikaba byatuma Abanyamerika barwana buhumyi ku rugamba rwo hasi nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga ushinzwe igisirikare cyo mu kirere cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USAF.

Umunyamabanga ushinzwe igisirikare cyo mu kirere, Heather Wilson, akaba yatangarije ibi komite ishinzwe ubwirinzi ya Senat ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko n’amavugurura bateganya ku ndege zabo, agaragaza ko ikoranabuhanga ry’Abarusiya n’Abashinwa risobanuye ko zizaba ari igipimo cyoroshye nk’uko byatangajwe na Air Force Times.

Madamu Heather Wilson akaba yavugaga ku ndege y’intambara ikoreshwa nka radar ishinzwe gukusanya amakuru ikayaha abasirikare bari ku butaka yiswe E-8C JSTARS.

Iyi nkuru iravuga ko igisirikare cyo mu kirere kitari kumvikana n’abagize Senat bashaka gusimbuza iyi ndege ya JSTARS izindi ndege nshya 17 nubwo cyo kitabishaka.

Igisirikare cyo mu kirere ahubwo cyon go kikaba cyifuza kwihutisha umugambi wacyo w’uburyo butembeye imbere bwo guhangana n’urugamba. Ubu buryo bukaba bugamije guhuriza hamwe ikoreshwa ry’indege zifite abapilote, izidatwarwa n’abapilote zizwi nka drones, ndetse n’ibyogajuru kugirango bagere ku rwego nk’urwo abakeba bariho.

Abagize Senat badakozwa uyu mugambi nabo bakaba bavuga ko batazawutera inkunga y’imari irenze 50% mu gihe JSTARS yaba ishyizwe ku ruhande.

Heather Wilson mu cyumweru gishize akaba yarakomeje gushimangira ko nubwo indege za JSTARS zavugururwa zikongererwa ikoranabuhanga zitahangana n’ubwirinzi bw’Abarusiya n’Abashinwa mu gihe cy’intambara. Avuga ko missile z’Abarusiya n’Abashinwa ziraswa mu kirere zivuye ku butaka (surface-to-air missiles) zifite ubushobozi bwo kugera kure cyane kubw’ibyo indege yabo ikaba yahanurwa ku munsi wa mbere w’urugamba.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba ngo zizi ubwirinzi bwo mu kirere bw’u Burusiya ndetse na missiles zabwo z’ubwirinzi zizwi nka S-400 kugeza ubu zifatwa nk’iza mbere ku Isi zishobora kurasa ikintu kiri mu birometero 400 mu kirere.

Mu kwezi gushize, u Bushinwa nabwo bwabashije kugura ubu bwirinzi bwa S-400 bituma buba igihugu cya kabiri gihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika gitunze iri koranabuhanga rikataje. Bikavugwa ko S-400 ihangayikishije ubuyobozi bw’ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukaba buri gushaka uko bwaziba iki cyuho.

Mu gihe rero ngo kuri ubu u Burusiya bushaka kuzamura ubushobozi bwa S-400 bagakora S-500, birasaba ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’inshuti zazo muri NATO, bongera umuvuduko kuko Abarusiya bashaka gushyira S-500 ku rwego rwo kurasa mu birometero 600 mu kirere akaba ari intera ndende cyane ku buryo nta kintu cyabasha kuvogera ikirere cy’u Burusiya.

 

 

 

2018-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega  aburiwe irengero

Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega aburiwe irengero

Editorial 28 Aug 2017
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Editorial 24 Feb 2022
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Editorial 20 Jul 2016
Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega  aburiwe irengero

Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega aburiwe irengero

Editorial 28 Aug 2017
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Editorial 24 Feb 2022
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Editorial 20 Jul 2016
Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega  aburiwe irengero

Rulindo: Ukwezi kugiye kurangira umucungamutungo wa C.S Burega aburiwe irengero

Editorial 28 Aug 2017
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Editorial 24 Feb 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda

Editorial 18 Feb 2018
Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe

Editorial 08 Oct 2018
Bwa mbere mu mateka tombola ya UEFA Champions League yasubiwemo nyuma y’amakosa yari yabaye mu ya mbere
Amakuru

Bwa mbere mu mateka tombola ya UEFA Champions League yasubiwemo nyuma y’amakosa yari yabaye mu ya mbere

Editorial 14 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru