• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Ubwanditsi 01 Feb 2016 POLITIKI

Intumwa idasanzwe ya Leta zunze umwe za Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Thomas Perriello yatangaje ko hakiri kare kwemeza ko igihugu cye gishobora gufatira ibihano Urwanda biturutse ku cyemezo cya Perezida Paul Kagame cyo kongera kwiyamamariza kuyobora Urwanda nyuma y’umwaka wa 2017.

Mu kiganiro na Radio mpuzamahanga y’Afaransa RFI,intumwa idasanzwe ya Leta zunze umwe za Amerika mu biyaga bigari, Thomas Perriello yatangaje ko Amerika ikomeye ku ijambo yavuze mbere kubirebana n’icyemezo cya Perezida Kagame. Thomas Perriello yavuze ko igihugu cye kireba ikibazo cyo kugundira ubutegetsi mu ishusho yaguye y’akarere kose kandi ko ari umukoro wa Leta Zunze umwe za Amerika wo gukumira ko uwo muco wakomeza gushinga imizi.

Abajijiwe niba igihugu ke kizafatira ibihano Urwanda biturutse ku cyemezo cya Perezida Kagame nkuko iki gihugu cyabigenje ubwo Urwanda rwashinjwaga gutera inkunga umutwe wa M23 warwanyaga Leta ya Kongo Kinshasa, Perriello nta byinshi yasubije ,gusa yavuze ko azi neza ko abategetsi b’Urwanda biteguye ko Amerika izarufatira ibihano.

Thomas Perriello yongeyeho ko ingaruka zo kugundira ubutegetsi azirebera mu ishusho yaguye y’akarere kose k’ibiyaga bigari.Yakomeje avuga ko muri Amerika hari ibiganiro bikorwa kuri iyi ngingo nkuburyo bwo gukumira ko habaho umuco wo kugundira ubutegetsi mu nyungu z’umuntu umwe.

Muri iki kiganiro na RFI, Thomas Perriello yanavuze ko igihugu kiri gukurikiranira hafi ibirego bivuga ko Urwanda rufite aho ruhuriye n’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burundi. Perriello yashimye umuryango w’Afrika y’Iburasirazuba ndetse n’urwanda byumwihariko ,uburyo bifasha uburundi mu gusohoka mu bibazo burimo.

Kuva mu Rwanda hatangira ibikorwa byo kuvugurura itegeko nshinga,kugeza Perezida Kagame yemeye ko azubahiriza ibyo yasabwe n’abaturage binyuze muri Referendum,Leta zunze umwe z’ Amerika zagaragaje ko zidashyigikiye ibyabaye byose.

Leta Zunze ubumwe z’ Amerika zahise zitangaza ko zibabajwe kandi zitunguwe n’icyemezo cya Perezida Paul Kagame w’Urwanda cyo kwemera ko azongera kwiyamamaza k’umwanya w’umukuru w’igihugu nyuma y’umwaka wa 2017.

Leta ya Amerika mu itangazo ryayo yavuze yuko ishima byinshi Kagame yagejeje ku Rwanda, kuko yarukuye habi akaba amaze kurugeza aheza ariko ubwo butegetsi bwa Obama bwongeraho yuko byakabaye byiza kurushaho iyo ataza guhitamo kozongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika nyuma yo kurangiza manda ya kabiri muri 2017.

Mu magambo make atarimo uguhangana, abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yavuze yuko ntawe ukwiye kubabazwa n’amahitamo y’Abanyarwanda, anavuga yuko bibabaje kumva yuko byabatunguye !

Perezida Kagame anagaragaza yuko ibibazo bikomeye Afurika ifite bitakemurwa ku buryo bworoshye nk’iyo myitwarire yo gutungurwa bikomeye.

-1934.jpg

Thomas Perriello intumwa idasanzwe ya Leta zunze ubumwe z’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari

Muri referandumu iherutse gukorwa Abanyarwanda basaga 98% bemeje ihindurwa ry’itegeko nshinga Kagame akazaba yemerewe kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri manda ikurikira y’imyaka irindwi no muri manda ebyiri ntarengwa z’imyaka itanu itanu zizaba zikurikiyeho.

Umwanditsi wacu

2016-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga
HIRYA NO HINO

Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu
Amakuru

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025
Ibaruwa ifunguye igenewe Musonera Jonathan ku kinyoma ashinja RPF-Inkotanyi
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye igenewe Musonera Jonathan ku kinyoma ashinja RPF-Inkotanyi

Ubwanditsi 03 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru