• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Ubwanditsi 01 Feb 2016 POLITIKI

Intumwa idasanzwe ya Leta zunze umwe za Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Thomas Perriello yatangaje ko hakiri kare kwemeza ko igihugu cye gishobora gufatira ibihano Urwanda biturutse ku cyemezo cya Perezida Paul Kagame cyo kongera kwiyamamariza kuyobora Urwanda nyuma y’umwaka wa 2017.

Mu kiganiro na Radio mpuzamahanga y’Afaransa RFI,intumwa idasanzwe ya Leta zunze umwe za Amerika mu biyaga bigari, Thomas Perriello yatangaje ko Amerika ikomeye ku ijambo yavuze mbere kubirebana n’icyemezo cya Perezida Kagame. Thomas Perriello yavuze ko igihugu cye kireba ikibazo cyo kugundira ubutegetsi mu ishusho yaguye y’akarere kose kandi ko ari umukoro wa Leta Zunze umwe za Amerika wo gukumira ko uwo muco wakomeza gushinga imizi.

Abajijiwe niba igihugu ke kizafatira ibihano Urwanda biturutse ku cyemezo cya Perezida Kagame nkuko iki gihugu cyabigenje ubwo Urwanda rwashinjwaga gutera inkunga umutwe wa M23 warwanyaga Leta ya Kongo Kinshasa, Perriello nta byinshi yasubije ,gusa yavuze ko azi neza ko abategetsi b’Urwanda biteguye ko Amerika izarufatira ibihano.

Thomas Perriello yongeyeho ko ingaruka zo kugundira ubutegetsi azirebera mu ishusho yaguye y’akarere kose k’ibiyaga bigari.Yakomeje avuga ko muri Amerika hari ibiganiro bikorwa kuri iyi ngingo nkuburyo bwo gukumira ko habaho umuco wo kugundira ubutegetsi mu nyungu z’umuntu umwe.

Muri iki kiganiro na RFI, Thomas Perriello yanavuze ko igihugu kiri gukurikiranira hafi ibirego bivuga ko Urwanda rufite aho ruhuriye n’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burundi. Perriello yashimye umuryango w’Afrika y’Iburasirazuba ndetse n’urwanda byumwihariko ,uburyo bifasha uburundi mu gusohoka mu bibazo burimo.

Kuva mu Rwanda hatangira ibikorwa byo kuvugurura itegeko nshinga,kugeza Perezida Kagame yemeye ko azubahiriza ibyo yasabwe n’abaturage binyuze muri Referendum,Leta zunze umwe z’ Amerika zagaragaje ko zidashyigikiye ibyabaye byose.

Leta Zunze ubumwe z’ Amerika zahise zitangaza ko zibabajwe kandi zitunguwe n’icyemezo cya Perezida Paul Kagame w’Urwanda cyo kwemera ko azongera kwiyamamaza k’umwanya w’umukuru w’igihugu nyuma y’umwaka wa 2017.

Leta ya Amerika mu itangazo ryayo yavuze yuko ishima byinshi Kagame yagejeje ku Rwanda, kuko yarukuye habi akaba amaze kurugeza aheza ariko ubwo butegetsi bwa Obama bwongeraho yuko byakabaye byiza kurushaho iyo ataza guhitamo kozongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika nyuma yo kurangiza manda ya kabiri muri 2017.

Mu magambo make atarimo uguhangana, abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yavuze yuko ntawe ukwiye kubabazwa n’amahitamo y’Abanyarwanda, anavuga yuko bibabaje kumva yuko byabatunguye !

Perezida Kagame anagaragaza yuko ibibazo bikomeye Afurika ifite bitakemurwa ku buryo bworoshye nk’iyo myitwarire yo gutungurwa bikomeye.

-1934.jpg

Thomas Perriello intumwa idasanzwe ya Leta zunze ubumwe z’Amerika mu karere k’ibiyaga bigari

Muri referandumu iherutse gukorwa Abanyarwanda basaga 98% bemeje ihindurwa ry’itegeko nshinga Kagame akazaba yemerewe kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri manda ikurikira y’imyaka irindwi no muri manda ebyiri ntarengwa z’imyaka itanu itanu zizaba zikurikiyeho.

Umwanditsi wacu

2016-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026
Museveni arashaka guhuma amaso abayobozi bo mu karere yemereye ko agiye gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizeho umukono

Museveni arashaka guhuma amaso abayobozi bo mu karere yemereye ko agiye gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizeho umukono

Ubwanditsi 13 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro
UBUKUNGU

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman
IMIKINO

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman

Ubwanditsi 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru