• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Editorial 11 Sep 2019 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’ubucuruzi mu ikoranabuhanga, Apple, cyashinje abashakashatsi ba sosiyete ya Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha telefoni zayo za iPhone.

Ibi bibaye nyuma y’uko abashakashatsi ba Google batangaje ko hari imbuga zinyuzwaho amakuru zari zinjiwemo n’aba “Hackers” ku buryo umuntu wese ukoresha iPhone wari kuzikoresha aba ba hackers bari kwinjira mu mabanga ye byihuse.

Mu itangazo Apple yasohoye kuwa Gatanu yahakanye ibyari byatangajwe n’abashakashatsi ba Google ivuga ko byose atari ukuri.

Ryagiraga riti “Ibyo Google yatangaje yabivuze nyuma y’amezi atandatu uburyo bw’imikorere (Operating System) bukoreshwa mu telefoni za iPhone bumaze gukarishywa”.

Ikomeza igira iti “Iby’uko ibikorwa by’amabanga byose by’abakoresha iPhone bizinjirwamo no gukoresha amwe mu mabanga yabo ntago ari byo. Igitero cyo kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone cyari gitumbiriye abantu bamwe, ntago ari muri rusange nk’uko byari byavuzwe.”

Umwe mu bakora izi telefoni nawe yahamije ko mu minsi 10 bamenye icyo kibazo bahise bagikemura.

Agira ati “Ibimenyetso byerekana ko ibitero byamaze amezi abiri aho kuba imyaka ibiri nk’uko Google ibivuga. Twakemuye ikibazo cy’imbaraga nke za Operating System muri Gashyantare iminsi 10 nyuma yo kubimenya. Google yatwegereye n’ubundi turi gukemura ikibazo”.

Mu itangazo Google yasohoye mu kinyamakuru cya CNN yireguye ivuga ko ubushakashatsi bwayo bugamije kumenya aho imbaraga z’umutekano mu by’ikoranabuhanga waba udakomeye kugira ngo bige ku ngamba zo kwirinda.

Apple yatesheje agaciro ibyo Google yari yatangaje ivuga ko yakemuye ibijyanye n’umutekano w’abakoresha iPhone, ibi ikaba ibikoze mu gihe irimo kwitegura gushyira ku isoko telefoni nshya muri iki cyumweru.

Src : IGIHE

2019-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Editorial 03 Dec 2018
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Editorial 09 May 2018
Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Editorial 26 Sep 2018
Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Editorial 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona
Amakuru

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Editorial 11 Nov 2024
Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze
IKORANABUHANGA

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Editorial 25 Jul 2019
Inama ya RNC  igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara
ITOHOZA

Inama ya RNC igice cya Kayumba mu kiriyo cy’umugore wa Rusagara

Editorial 29 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru