• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yagabanye amanota na Club Africain i Kigali

APR FC yagabanye amanota na Club Africain i Kigali

Editorial 29 Nov 2018 IMIKINO

Umukino ufungura irushanwa rya CAF Champions League, wabereye kuri stade ya Kigali, hagati ya APR FC na Club Africain yo muri Tunisia, warangiye nta kipe ishoboye kureba mu izamu ry’iyindi.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ugushyingo 2018 nibwo APR FC yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakuraho amateka yanditswe na mukeba wayo Rayon Sports mu marushanwa ya CAF.

Yagiye muri uyu mukino idafite ba rutahizamu babiri bayo; Sugira Ernest wagize ikibazo cy’imvune mu itako na Byiringiro Lague urwaje umubyeyi (nyina), byatumye umutoza Jimmy Mulisa ahitamo kubanza Muhadjiri Hakizimana nka rutahizamu rukumbi muri uyu mukino.

Igice cya mbere APR FC yagitangiranye ishyaka no gushaka igitego hakiri kare. Ku munota wa kabiri gusa iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda yashoboraga gufungura amazamu ubwo Ombolenga Fitina yahinduraga umupira usanga Savio imbere y’izamu ariko umunyezamu Saifedine Charfi aratabara.

Nyuma y’iminota icumi yo gusatira kwa APR FC ikipe ya Club Africain, nayo yatangiye kwinjira mu mukino cyane ku bakinnyi bayo bakina ku mpande Bilel Khefifi na Yassine Chamakhi.

Impande zombi zasatiranye ariko ntizitegure uburyo bwabyara ibitego bwinshi byatumye abanyezamu nta kazi gakomeye bakora mu gice cya mbere.

Mu gice cya kabiri Jimmy Mulisa yongereye imbaraga mu busatirizi; yinjiza Issa Bigirimana mu mwanya wa Fiston Nkinzingabo, Moustapha Nsengiyumva asimbura Iranzi Jean Claude naho Savio Nshuti asimburwa na Mugunga Yves.

Kongera mo umubare munini wa ba rutahizamu byagabanyije imbaraga mu kibuga hagati bituma Club Africain itangira kuyirusha guhererekanya neza ariko nayo ntigere ku izamu rya Kimenyi Yves.

Umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa ariko Jimmy Mulisa afite icyizere cyo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho.

Ati “Nari nasabye abakinnyi banjye kwitonda kuko ikipe tutari tuyizi. Ubu ikipe twayibonye n’abakinnyi bo kwitondera turabazi. Mu mukino wo kwishyura tuzagenda dushaka intsinzi. Nta gitutu kituriho kuko tutsinzwe igitego kandi twe nitukibona iwabo bizadufasha cyane.”

Umukino wo kwishyura uzabera kuri Stade Olympique de Radès iri mu Mujyi wa Tunis muri Tunisia tariki 5 Ugushyingo 2018.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi

APR FC: Kimenyi Yves, Ombolenga Fitina, Herve Rugwiro, Buregeya Prince, Emmanuel Imanishimwe, Mugiraneza Jean Baptiste ‘Migi’ (c), Iranzi Jean Claude, Butera Andrew, Dominique Savio Nshuti, Fiston Nkinzingabo na Muhadjiri Hakizimana.

Club Africain: Saifedine Charfi, Bilel Efa (c), Bilel Khefifi, Ibrahim Mouchili, Yassine Chamakhi, Ayoub Ben Mcharek, Ali Abdi, Mokhtar Belkhithel, Derrick Sasraku, Ghazi Ayadi na Fakherddine Jaziri

2018-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Editorial 10 Mar 2016
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Editorial 25 Oct 2021
Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Editorial 07 Oct 2020
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Editorial 01 Sep 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    November 29, 201811:02 am -

    Biragoye Gutsindira Iyikipe Iwabo Amahirwe Menshi Twari Tuyafite Inaha Gusa Imana Izadufashe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!
INKURU NYAMUKURU

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Editorial 26 Aug 2020
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Editorial 09 Aug 2017
Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo
Amakuru

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Editorial 31 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru