• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL

APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL

Editorial 04 Nov 2024 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru zishojwe nu Rwanda hakinwa imikino y’Umunsi wa Munani wa Shampiyona wabaye ku Cyumweru, imikino myinshi yabereye kuri Kigali Pelé Stadium yagaragayemo udushya tudasanzwe.

Duhereye ku mukino wo kuwa Gatandatu, ikipe ya Police FC yari yakiriye ikipe ya Rutsiro FC , umukuno urangira Police ibonye intsinzi y’ibitego 3-2.

Ikipe ya Rutsiro yo yari yabanje gutsinda ibitego bibiri, Police iza ibyishyura yageze naho igitego cy’intsinzi cyabonetse mu minota ya nyuma.

Aha niho myugariro w’umunye- Ghana Issa Yakubu yatsinze igitego cya Gatatu cyabahaye amanoto abemerera kuyobora urutonde rwa shampiyona, mu kwishimira igitego uyu mukinnyi yakuyemo ikabutura bituma ahabwa ikarita itukura.

Nyuma y’uyu mukino, ikipe ya Rayon Sports yakiriye Kiyovu Sports mu mukino warangiye  Gikundiro itsinze mu buryo budasanzwe aho yatsinze ibitego 4-0.

Ni umukino wari wavuzwe cyane bitewe n’ubukeba bw’aya makipe yombi bigendanye n’amateka bafitanye. Mu gice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Gusa aya makipe yombi agarutse mu gice cya kabiri cyabonetsemo ibitego 4-0 byatsinzwe na Iraguha Hadji watsinzemo ibitego bibiri, Fall Ngagne na Bagayogo.

Nyuma y’uyu mukino Buri mukinnyi wa Rayon Sports yahawe agahimbazamusyi k’ibihumbi 240 Frw harimo angana n’ibihumbi 150 bari bemerewe nk’agahimbazamusyi k’umukino.

Kuri iki cyumweru habaye agashya kadasanzwe ubwo ikipe y’Ingabo z’Igihugu yakinaga na Gorilla FC umukino urangira ari 0-0.

Aha niho muri uyu mukino ikipe ya APR FC yakinnye iminota hafi 10 ifitemo abanyamaganga 7 kandi bitemewe, nk’uko amatageko y’amarushanwa abivuga ikipe iba yemerewe gukinisha abanyamahanga batandatu bari mu kibuga.

Uyu mukino utararangira kandi aha niho umuyobozi wa Gorilla FC, Mudaheranwa Hadji Youssuf yanditse ibaruwa irega APR FC ko bakoresheje abanyamahanga barenze abagenwe kujya mu kibuga.

Usibye utu dushya twaranze uyu munsi, dore uko mikino y’umunsi wa 8 yagenze:


Gasogi United 0-1 Etincelles FC

Police FC 3-2 Rutsiro FC

Rayon Sports 4-0 Kiyovu SC

Amagaju FC 3-1 Vision FC

Bugesera FC 1-1 Musanze FC

Mukura VS 0-0 AS Kigali

Marines FC 2-1 Muhazi United

APR FC 0-0 Gorilla FC

2024-11-04
Editorial

IZINDI NKURU

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Editorial 13 Jan 2017
Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Editorial 31 Dec 2019
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Editorial 06 Jan 2022
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Editorial 18 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika
Mu Mahanga

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Editorial 05 Sep 2016
ADEPR : Uko Usabwimana Samuel  yahunze  Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]
ITOHOZA

ADEPR : Uko Usabwimana Samuel yahunze Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

Editorial 14 Mar 2017
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.
Amakuru

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru