• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

Editorial 05 Dec 2018 IMIKINO

Ikipe APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF Champions League, yasezerewe itarenze umutaru nyuma yo gutsindwa na Club Africain yo muri Tunisia, ibitego 3-1.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Ukuboza 2018 kuri stade international ya Rades mu Mujyi wa Tunis, habereye umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze ry’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAF Champions League, wahuje APR FC na Club Africain.

Jimmy Mulisa yari yagiriye icyizere bamwe mu bakinnyi badasanzwe babanza mu kibuga barimo rutahizamu wabanje mu kibuga ku nshuro ya mbere kuva avuye mu Intare FC yo mu cyiciro cya kabiri na Imran Nshimiyimana wari utarabanza mu kibuga kuva uyu mwaka w’imikino watangira.

Umukino watangiye APR FC igaragaza igihunga byatumye itsindwa igitego hakiri kare ku munota wa 13 gusa, cyatsinzwe na Bilel Khefifi wasatiraga aciye ku ruhande rw’ibumoso, wagoye cyane Ombolenga Fitina.

Abafana ba APR FC bagize icyizere cyo gukomeza ku munota wa 26 ubwo Muhadjiri Hakizimana yahabwaga umupira mwiza na Butera Andrew acenga ba myugariro babiri ba Club Africain ariko bamukoreraho ikosa mu rubuga rw’amahina, umusifuzi w’umukino yemeza ko ari penaliti, yaninjijwe neza na Muhadjiri.

Club Africain yakiniraga mu rugo yakomeje gusatira ariko izitirwa n’ubwugarizi bwa APR FC bwari buri mo Buregeya Prince na Herve Rugwiro n’umunyezamu Kimenyi Yves wakuyemo imipira itatu yashoboraga kubyara ibitego mu gice cya mbere.

Mu gice cya kabiri APR FC yari igifite amahirwe yo gukomeza kubera igitego cyo hanze, yasimbuje, Dominique Savio Nshuti afata umwanya wa Butera Andrew wari wagize umukino mwiza.

Izi mpinduka ntabwo zatanze umusaruro kuko APR FC yakomeje gusatirwa cyane, binayiviramo gutsindwa igitego cya kabiri cyatsinzwe na rutahizamu w’umunya-Ghana Derick Sasraku ku munota wa 63.

Abafana ba Club Africain bakomeje kugaragaza kutishimira ibyemezo by’umusifuzi, bashyize umutima mu gitereko ku munota wa 68 ubwo Ali Abdi yahinduraga umupira uvuye ku ruhande rw’iburyo uhura na Emmanuel Imanishimwe yitsinda igitego cyabaye igitego cya gatatu cya Club Africain.

Mulisa yongeye gukora impinduka, Maxime Sekamana afata umwanya wa Iranzi Jean Claude ariko ntibyagira icyo bihindura, umukino urangira APR FC itsinzwe 3-1 isezererwa muri CAF Champions League.

Ntiyashoboye kugera ku ntego yari yihaye zo kugera muri 1/2 cy’amarushanwa ya CAF.

Indi kipe ihagarariye u Rwanda ni Mukura VS izaseruka kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ukuboza 2018 kuri stade Huye, ihangana na Free state stars yo muri Afurica y’epfo, aho isabwa gutsinda kuko umukino ubanza warangiye amakipe yombi anganya 0-0.

2018-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Editorial 26 Feb 2019
Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Editorial 22 Feb 2022
Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Editorial 17 Apr 2019
Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Editorial 15 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe
UBUKUNGU

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Editorial 02 Aug 2018
Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?
Amakuru

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?

Editorial 11 Jan 2021
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima
Amakuru

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Editorial 04 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru