• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Editorial 16 Jun 2018 IMIKINO

APR FC ibifashijwemo na Hakizimana Muhadjili yatsinze Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, amahirwe yo kwegukana igikombe ariyongera.

Mbere y’uyu mukino, Rayon Sports yari yagiye ivugwamo ibibazo byinshi by’umwuka mubi byatumye kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame ahagarikwa nyuma aza kubabarirwa ahubwo hahagarikwa abatoza barimo umukuru Ivan Minnaert n’abamwungirije, Lomami Marcel na Jeannot Witakenge byatumye kuva ku wa Gatatu itangira gutozwa na Nkunzingoma Ramadhan na Hategekimana Corneille.

Ku rundi ruhande, APR FC iri mu rugamba rwo gushaka igikombe uyu mwaka ndetse ikaba ifite amahirwe menshi, yari ifite akanyamuneza ko kugarura mu kibuga kapiteni Mugiraneza Jean Baptiste Migi wari umaze igihe yaravunitse na myugariro ngenderwaho Rugwiro Herve utarakinnye umukino uheruka wa Police FC kubera amakarita atatu y’imihondo.

By’umwihariko APR FC yanakinaga umukino wa nyuma iri kumwe na Djihad Bizimana ugomba guhita yerekeza mu Bubiligi mu ikipe nshya ya Waasland-Beveren yamuguze, nabyo byongereye bagenzi be imbaraga bakina neza igice cya mbere ndetse ikirangiza ifite igitego 1-0.

Ni igitego cyabonetse ku munota wa 41 ku kazi gakomeye kakozwe na Iranzi Jean Claude waciye ku bakinnyi babiri ba Rayon Sports, yubura amaso abona Muhadjili Hakizimana ahagaze neza amuha umupira, uyu musore uvuka i Rubavu nawe aritonda atera ishoti riremereye mu izamu, Ndayishimiye Eric Bakame ntiyabasha kurikuramo.

Mu gice cya mbere Rayon Sports yakoze impinduka mu buryo butunguranye kubera imvune ya Benyimana Caleb asimburwa na Ismaila Diarra, igice cya kabiri na cyo gitangiye Nkunzingoma yongera gukora impinduka Muhire Kevin yinjira asimbuye Manishimwe Djabel utari wigaragaje mu gice cya mbere.

Rayon Sports yakinaga ishaka kwishyura ndetse Muhire wari umaze kwinjira agenda ayifasha kurema uburyo bw’ibitego ariko kububyaza umusaruro bikaba ikibazo kuri Diarra na Tchabalala.

Byaje kuba bibi kuri iyi kipe ikomoka i Nyanza ku munota wa 72 ubwo Muhadjili yatsindaga igitego cya kabiri ku burangare bwa ba myugariro, abafana mu byishimo byinshi bitera ibicu n’icyizere cyinshi ko amanota atatu byanze bikunze bashobora kuyegukana.

Nyuma y’iminota itanu Rayon Sports yabashije kwishyuramo igitego kimwe cyasinzwe na Kwizera Piertot ku ishoti rya kure yateye, umunyezamu Kimenyi Yves ntiyabasha gukurikira.

Mu minota ya nyuma Rayon Sports yakomeje kwiharira umupira, umutoza Nkunzingoma akora izindi mpinduka akuramo Niyonzima Olivier aha umwanya Mugisha Gilbert ariko biba iby’ubusa igitego cyo kwishyura kirabura, umukino urangira ari 2-1.

Abakinnyi 11 ba APR FC babanje mu kibuga

APR FC yanangukiye mu gutakaza kwa AS Kigali yatsindiwe i Kirehe 1-0 bituma ifata umwanya wa mbere n’amanota 54 AS Kigali iguma kuri 51 Rayon Sports nayo isigara inyuma na 45 mu gihe hasigaye imikino ine ngo shampiyona irangire.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi

APR FC: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Nsabimana Aimable, Mugiraneza Jean Baptiste, Buteera Andrew, Djihadi Bizimana, Issa Bigirimana, Iranzi Jean Claude na Hakizimana Muhadjiri.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry, Usengimana Faustin, Rutanga Eric,Nyandwi Saddam, Mukunzi Yannick , Niyonzima Olivier Seif, Manishimwe Djabel, Kwizera Pierrot, Shabani Hussein Tchabalala, Bimenyimana Caleb.

Uko imikino yose yabaye yarangiye

Gicumbi FC 2-0 Musanze FC

Kirehe FC 1-0 AS Kigali

Espoir FC1-0 Amagaju FC

Sunrise FC 1-1 Mukura VS

APR FC 2-1 Rayon SportS

Police FC 0-0 Marine FC

Miloplast FC 0-0 Etincelles FC

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

2018-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Editorial 01 Apr 2018
AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

AS Kigali yasoje imikino ibanza itakaza, Okoko Godfroid utoza Rutsiro FC abona amanota 3 ye ya mbere nk’umutoza mukuru

Editorial 22 Dec 2022
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Editorial 19 Jan 2022
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Editorial 06 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Editorial 07 Dec 2018
Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo
INKURU NYAMUKURU

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Editorial 11 Jun 2019
Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano
Amakuru

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Editorial 09 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru