• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Ubwanditsi 30 Jul 2018 ITOHOZA

Umunyamategeko ukomoka mu Bubiligi, Philippe Lardinois, yagaragaje ko Perezida Kagame ari umugabo udacogozwa n’urugamba ahubwo uhangana narwo akarusoza gitwari.

Iri gereranya rishingiye ku gitabo cy’amapaji 144 ‘‘Paul Kagame, un de Gaulle Africain’’, Me Lardinois aheruka gusohora aho avuga ko Perezida Kagame ari intwari ya Afurika nkuko Gen. Charles de Gaulle, yabaye umunyabigwi utazibagirana muri Politiki y’u Bufaransa n’u Burayi.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, dukesha iyi nkuru  Me Lardinois yagarutse ku Rwanda rushya n’ubuhangange Perezida Kagame asangiye na Gen. Charles de Gaulle, abagabo bahuriye ku kuyobora ibihugu byabo mu bihe by’amage.

Me Lardinois yagereranyije Perezida Kagame, Umunyafurika wo mu kinyejana cya 21 n’Umufaransa Gen. De Gaulle wamamaye mu cya 20, ashingiye ku ihame bahuriyeho ryo kwanga gutsindwa no guharanira agaciro k’igihugu n’umugabane wose.

Igitabo ‘‘Kagame, Un de Gaulle Africain’’ gishingiye ku mwimerere w’aba basirikare bombi babaye abakuru b’igihugu ndetse bakagaragaza umwihariko ku kugena ahazaza habo.

Philippe Lardinois wavukiye i Bujumbura yavuze ko asoma byinshi mu byerekeye De Gaulle, asanisha na Perezida Kagame wubatse u Rwanda rushya.

Yagize ati ‘‘Ubwo nashishikazwaga n’amateka y’u Rwanda rushya, nabonye hashobora kuba hari ihuriro hagati ya Perezida Kagame na Gen. De Gaulle. Natekereje kuri iryo gereranya, nza gutangira kwandika igitabo kuri aba bombi.”

Me Lardinois yagaragaje ko Perezida Kagame na De Gaulle bahuriye ku muhate utuma badatezuka ku rugamba rukomeye.

Ati ‘‘Bombi ni abagabo badacogozwa n’urugamba rukomeye. De Gaulle, afatwa nk’intwari yo ku wa 18 Kamena 1940, ubwo yahakanaga ko u Bufaransa butabwa mu maboko y’ingabo z’Aba-Nazi. Yavuye mu Bufaransa ajya i Londres aho yatangije u Bufaransa bwigenga.’’

Yakomeje ati ‘‘Dufite ibihe bisa kuri Perezida Kagame, wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu kuva ku wa 1 Ukwakira 1990, afasha ingabo za RPF zari mu bihe bikomeye.’’

De Gaulle na Kagame mu myaka ine bari bamaze kwigaragaza nk’abayobozi bakwiye mu bihe bigoye, bafata ibyemezo biboneye. Nyuma yo gufata ubutegetsi bagaragaje impano idasanzwe yo kuzahura ibihugu byari mu bihe bigoye.

Philippe Lardinois yanditse igitabo kivuga ku butwari bwa Perezida Kagame

De Gaulle yagiye ku butegetsi muri Gicurasi 1958, mu gihe u Bufaransa bwari mu kaga kuko Algérie bwakolonizaga yashakaga ubwigenge, yabugumyeho mu myaka icumi kugeza mu 1969 ; yakoze impinduka nyinshi mu bigo, anatangiza Guverinoma nshya (Vème République) bituma afatwa nk’umunyapolitiki uhamye kuko ibigo yashinze bikigenderwaho mu Bufaransa.

Ku rundi ruhande, Kagame wari umusirikare yagaragaje impano y’umunyapolitiki mwiza. Yabaye Visi Perezida na Perezida w’u Rwanda, yabereye intwari akarufasha kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Me Lardinois wasuye u Rwanda bwa mbere mu 2001, yagaragaje ko rwateye imbere, hashingiwe ku ihame ry’imiyoborere myiza. Yanakomoje ku batanyurwa n’iterambere rumaze kugeraho mu myaka 24 ishize.

Yagize ati ‘‘Ni iby’agaciro kwandika igitabo nk’iki ariko ukagaragaza abatemera ukwiyubaka k’u Rwanda; mvugamo na Kenneth Roth uyobora Human Rights Watch. Nizera ko umuntu agomba kubagaragariza ukuri.’’

Yavuze ko u Rwanda runengwa ko rubangamira uburenganzira bwa muntu, ikirego avuga ko kiruharabika kuko hatarebwa ihame rya demokarasi rwubakiyeho mu mfuruka zose by’umwihariko hibandwa ku nyungu rusange z’abaturage.

Philippe Lardinois yunganira abantu mu mategeko kuva mu 1993 muri Barreau de Bruxelles mu Bubiligi. Ni umwarimu muri Université Libre de Bruxelles aho amaze imyaka 21 yigisha. Afite impamyabumenyi y’Ikirenga muri ‘Philosophie’ yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Louvain.

2018-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Ubwanditsi 11 Dec 2018
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania
Amakuru

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.
Amakuru

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu
Mu Rwanda

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru