• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Ubwanditsi 30 Jul 2018 ITOHOZA

Umunyamategeko ukomoka mu Bubiligi, Philippe Lardinois, yagaragaje ko Perezida Kagame ari umugabo udacogozwa n’urugamba ahubwo uhangana narwo akarusoza gitwari.

Iri gereranya rishingiye ku gitabo cy’amapaji 144 ‘‘Paul Kagame, un de Gaulle Africain’’, Me Lardinois aheruka gusohora aho avuga ko Perezida Kagame ari intwari ya Afurika nkuko Gen. Charles de Gaulle, yabaye umunyabigwi utazibagirana muri Politiki y’u Bufaransa n’u Burayi.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, dukesha iyi nkuru  Me Lardinois yagarutse ku Rwanda rushya n’ubuhangange Perezida Kagame asangiye na Gen. Charles de Gaulle, abagabo bahuriye ku kuyobora ibihugu byabo mu bihe by’amage.

Me Lardinois yagereranyije Perezida Kagame, Umunyafurika wo mu kinyejana cya 21 n’Umufaransa Gen. De Gaulle wamamaye mu cya 20, ashingiye ku ihame bahuriyeho ryo kwanga gutsindwa no guharanira agaciro k’igihugu n’umugabane wose.

Igitabo ‘‘Kagame, Un de Gaulle Africain’’ gishingiye ku mwimerere w’aba basirikare bombi babaye abakuru b’igihugu ndetse bakagaragaza umwihariko ku kugena ahazaza habo.

Philippe Lardinois wavukiye i Bujumbura yavuze ko asoma byinshi mu byerekeye De Gaulle, asanisha na Perezida Kagame wubatse u Rwanda rushya.

Yagize ati ‘‘Ubwo nashishikazwaga n’amateka y’u Rwanda rushya, nabonye hashobora kuba hari ihuriro hagati ya Perezida Kagame na Gen. De Gaulle. Natekereje kuri iryo gereranya, nza gutangira kwandika igitabo kuri aba bombi.”

Me Lardinois yagaragaje ko Perezida Kagame na De Gaulle bahuriye ku muhate utuma badatezuka ku rugamba rukomeye.

Ati ‘‘Bombi ni abagabo badacogozwa n’urugamba rukomeye. De Gaulle, afatwa nk’intwari yo ku wa 18 Kamena 1940, ubwo yahakanaga ko u Bufaransa butabwa mu maboko y’ingabo z’Aba-Nazi. Yavuye mu Bufaransa ajya i Londres aho yatangije u Bufaransa bwigenga.’’

Yakomeje ati ‘‘Dufite ibihe bisa kuri Perezida Kagame, wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu kuva ku wa 1 Ukwakira 1990, afasha ingabo za RPF zari mu bihe bikomeye.’’

De Gaulle na Kagame mu myaka ine bari bamaze kwigaragaza nk’abayobozi bakwiye mu bihe bigoye, bafata ibyemezo biboneye. Nyuma yo gufata ubutegetsi bagaragaje impano idasanzwe yo kuzahura ibihugu byari mu bihe bigoye.

Philippe Lardinois yanditse igitabo kivuga ku butwari bwa Perezida Kagame

De Gaulle yagiye ku butegetsi muri Gicurasi 1958, mu gihe u Bufaransa bwari mu kaga kuko Algérie bwakolonizaga yashakaga ubwigenge, yabugumyeho mu myaka icumi kugeza mu 1969 ; yakoze impinduka nyinshi mu bigo, anatangiza Guverinoma nshya (Vème République) bituma afatwa nk’umunyapolitiki uhamye kuko ibigo yashinze bikigenderwaho mu Bufaransa.

Ku rundi ruhande, Kagame wari umusirikare yagaragaje impano y’umunyapolitiki mwiza. Yabaye Visi Perezida na Perezida w’u Rwanda, yabereye intwari akarufasha kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Me Lardinois wasuye u Rwanda bwa mbere mu 2001, yagaragaje ko rwateye imbere, hashingiwe ku ihame ry’imiyoborere myiza. Yanakomoje ku batanyurwa n’iterambere rumaze kugeraho mu myaka 24 ishize.

Yagize ati ‘‘Ni iby’agaciro kwandika igitabo nk’iki ariko ukagaragaza abatemera ukwiyubaka k’u Rwanda; mvugamo na Kenneth Roth uyobora Human Rights Watch. Nizera ko umuntu agomba kubagaragariza ukuri.’’

Yavuze ko u Rwanda runengwa ko rubangamira uburenganzira bwa muntu, ikirego avuga ko kiruharabika kuko hatarebwa ihame rya demokarasi rwubakiyeho mu mfuruka zose by’umwihariko hibandwa ku nyungu rusange z’abaturage.

Philippe Lardinois yunganira abantu mu mategeko kuva mu 1993 muri Barreau de Bruxelles mu Bubiligi. Ni umwarimu muri Université Libre de Bruxelles aho amaze imyaka 21 yigisha. Afite impamyabumenyi y’Ikirenga muri ‘Philosophie’ yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Louvain.

2018-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu Umunyamakuru Eminente yatawe muri yombi irashidikanwaho

Impamvu Umunyamakuru Eminente yatawe muri yombi irashidikanwaho

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Umugezi w’Isuri urisiba  RNC  mu marembera

Umugezi w’Isuri urisiba RNC mu marembera

Ubwanditsi 07 Sep 2016
‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda  yabonye mu Rwanda ngo niyo  yatumye ajya gutabara muri Congo

‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda yabonye mu Rwanda ngo niyo yatumye ajya gutabara muri Congo

Ubwanditsi 15 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika
POLITIKI

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018
Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League
Amakuru

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 15 Feb 2025
Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports
IMIKINO

Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru