• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Ubwanditsi 28 Dec 2017 ITOHOZA

Polisi ya Uganda yatangaje ko iperereza ku byaha bishinjwa itsinda ry’impunzi 45 z’abanyarwanda zafatiwe ku mupaka wa Kikagati zijya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryarangiye, aho byitezwe ko mu minsi iri imbere zigomba kugezwa imbere y’ubutabera zikaburanishwa.

Ku wa 11 Ukuboza 2017, Polisi ya Uganda ku bufasha bw’iya Tanzania, batangiriye ndetse bata muri yombi itsinda ry’impunzi z’abanyarwanda zari zerekeje mu myitozo y’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, RNC, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo bafatwaga, bireguye bavuga ko bari bagiye mu bikorwa by’ivugabutumwa muri Tanzania. Kugeza ubu, aba banyarwanda bafungiye kuri Station ya Polisi ya Nalufenya, imwe mu zikomeye mu Karere ka Jinja.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Emilian Kayima, yatangaje ko iperereza kuri izi mpunzi rikomeje ndetse hari ibyaha byinshi zikurikiranyweho.

Ati “Bafatiwe ku mupaka bagendeye ku byangombwa by’ibihimbano bitagaragaza umwirondoro wabo wa nyawo. Babiri bakekwa bafatiwe i Kampala hamwe n’abo bafatanya.”

Inkuru dukesha Nile Post ivuga ko Kayima yatangaje ko aba bantu bose atari abere ndetse ‘polisi yatahuye ibyaha bikomeye birenze impapuro mpimbano birimo iterabwoba’.

Itsinda ry’abanyamategeko mu cyumweru gishize ryagejeje ubusabe ku rukiko rw’i Jinja rivuga ko aba baregwa bagezwa imbere y’amategeko bagatangira kuburanishwa.

Umuvugizi wa Polisi yakomeje atangaza ko iperereza kuri iki kirego ryamaze kurangira ariko ko gutinda kugezwa imbere y’ubutabera kw’abaregwa biterwa n’ibihe by’iminsi mikuru.

Yongeyeho ko gufungwa kw’abakekwaho ibyaha, bikozwe mu buryo bwemewe n’amategeko kuko aho bafungiye hemewe nka hamwe mu hashyirwa abantu bakekwaho ibyaha bikomeye.

Izi mpunzi zari itsinda rigizwe n’abasore bakiri bato, bagenderaga ku byangombwa by’inzira by’igihe gito bya Uganda ariko by’ibihimbano, bahawe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, kugira ngo bazabashe kwambuka umupaka wa Tanzania, berekeze mu Burundi hanyuma binjire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Majyepfo yayo ahazwi nka Minembwe.

Aba batawe muri yombi bagiye muri iyi myitozo ya gisirikare, bari mu modoka y’ibara ry’umuhondo n’icyatsi ifite pulake ya Uganda ya UAQ374B.

Amakuru avuga ko kugira ngo bafatwe, bwa mbere na mbere bageze ku mupaka wa Kikagati, Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Uganda rukababuza kugenda kubera ibyangombwa by’inzira nyuma yo gukeka ubuziranenge bwabyo.

Umwe mu bakora muri uru rwego yatangaje ko bagize amakenga y’uburyo aba banyarwanda bakiri bato bagendera ku byangombwa by’inzira bya Uganda bose hamwe nk’itsinda.

Hashize iminsi muri Uganda havugwa ubwiganze bw’abashyigikiye RNC, aho mu nkambi zicumbikiye abanyarwanda hakurwamo abajya muri uyu mutwe byose bigakorwa hagamijwe gushaka abahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi bikorwa byose bivugwa ko bishyigikiwe cyane na Brig. Gen Abel Kandiho ukuriye Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI. Uku gushaka impunzi z’abanyarwanda baba mu nkambi muri Uganda bakajyanwa mu myitozo ya gisirikare, bikorwa ku buryo ubuze muri izo nkambi bisobanurwa ko yashimuswe n’u Rwanda.

Imodoka yari itwaye impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC

Imodoka yari itwaye aba basore yari ifite ibirango bya Uganda


2017-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020
Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha
Mu Rwanda

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda
Amakuru

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 05 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru