• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Editorial 22 Aug 2018 IMIKINO

Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari Kapiteni wa Rayon Sports yakoze impanuka ari kumwe n’umugore n’abana.

Nta n’umwe mu bari muri iyi modoka witabye Imana, gusa abagize ikibazo ubu bari kwitabwaho mu bitaro.

Amakuru agera kuri Rushyashya  ni uko iyi mpanuka yabereye i Nyamata mu Karere uyu mukinnyi asanzwe atuyemo.

Umwe mu nshuti z’uyu mukinnyi yatangaje  ko kugeza ubu bose bari kwa muganga i Nyamata. Ngo Umugore ni we wakomeretse cyane naho abandi ntibikomeye.

Bakame ni umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye mu Rwanda wabaye kapiteni wa Rayon Sports igihe kinini aza gutandukana nayo umwaka ushize w’imikino.

Yayihesheje Igikombe cy’Amahoro mu 2016, icya shampiyona mu 2017 naho mu 2018 ayifasha kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere.

Bakame ntagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi- Urutonde

Nyuma yo kumurikirwa ku mugaragaro itangazamakuru, umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent aherekejwe n’abatoza bamwungirije, yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 32 bagomba gutangira umwiherero bitegura gucakirana na Cote d’Ivoire.

 

Ni mu rugamba rwo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2019 kizabera muri Cameroun aho u Rwanda ruherereye mu itsinda H hamwe na Repubulika ya Centrafrique, Guinea na Cote d’Ivoire.


Ni urutonde rwagaragayemo gutungurana ku bakinnyi bamwe na bamwe batagaragayemo barimo umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame wari usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’abakinnyi b’imbere mu gihugu bitabira CHAN.

Ni mu gihe kandi abanyarwanda bishimiye kongera kubona Kagere Meddie ahamagarwa mu ikipe y’igihugu nyuma yo guhabwa ubwenegihugu mu buryo bwemewe n’amategeko.

Muri aba bakinnyi 32 kandi bahamagawe, abagera ku 9 kuri uru rutonde bakina nk’ababigize umwuga hanze y’u Rwanda harimo umuzamu Kwizera Olivier Free State Stars muri Afurika y’Epfo, ba myugariro babiri Salomon Nirisarike (AFC Tubize, Ububiligi) na Usengimana Faustin (Khitan Sport Club, Kuwait), abakinnyi batatu bakina hagati barimo Bizimana Djihad (Beveren, Ububiligi) Haruna Niyonzima (Simba SC, Tanzania) na Sibomana Patrick (FC Shakhtyor, Belarus) ndetse n’abatatu basatira izamu barimo Kagere Meddie (Simba SC, Tanzania), Jack Tuyisenge (Gor Mahia, Kenya) na Usengimana Dany (Tersana FC, Misiri).

Abazamu: Kwizera Olivier (Free State Stars, South Africa), Kimenyi Yves (APR FC), Rwabugiri Omar (Mukura VS) na Ntwari Fiacre (Intare FC & U20)

Ba myugariro: Salomon Nirisarike (AFC Tubize,Belgium), Iragire Saidi (Mukura VS), Usengimana Faustin (Khitan Sport Club, Kuwait), Rwatubyaye Abdul (Rayon Sports), Rugwiro Herve (APR FC), Manzi Thierry (Rayon Sports), Michel Rusheshangoga (nta kipe afite), Emmanuel Manishimwe (APR FC), Fitina Omborenga (APR FC) na Rutanga Eric (Rayon Sports)

Abakina hagati: Mukunzi Yannick (Rayon Sports), Mugiraneza Jean Baptiste (APR FC), Niyonzima Ally (AS Kigali), Bizimana Djihad (Beveren, Belgium), Haruna Niyonzima (Simba SC,Tanzania), Buteera Andrew (APR FC), Cyiza Hussein (Mukura VS), Iranzi Jean Claude (APR FC), Muhire Kevin (Rayon Sports), Sibomana Patrick (FC Shakhtyor, Belarus), Ngendahimana Eric (Police FC) na Nizeyimana Djuma (Kiyovu Sports)

Ba Rutahizamu: Kagere Meddie (Simba SC, Tanzania), Jack Tuyisenge (Gor Mahia, Kenya), Usengimana Dany (Tersana FC, Egypt), Hakizimana Muhadjili (APR FC), Mbaraga Jimmy (AS Kigali) na Uwimbabazi Jean Paul (Kirehe FC).

Abakinnyi bakina imbere mu gihugu bagomba gutangira umwiherero muri La Palisse Hotel i Nyamata kuva kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kanama 2018, naho abakina hanze y’u Rwanda bakaziyunga ku bandi ubwo ingengabihe ya FIFA iteganyiriza ibiruhuko by’amakipe y’ibihugu izaba igeze.

Aba bakinnyi bahamagawe bakazavamo 18 bazahatana n’Inzovu za Cote d’Ivoire i Kigali mu byumweru bitatu biri imbere tariki ya 09 Nzeli mu mukino w’umunsi wa kabiri, tubibutsa ko umukino wa mbere U Rwanda rwatsindiwe i Bangui muri Centrafrique ibitego 2-1.

Mashami Vincent wri umaze igihe kinini yungiriza abatoza b’abera, ubu yagiriwe icyizere ahabwa amasezerano y’umwaka

Staff tekinike nshya y’ikipe y’igihugu igizwe: Mashami Vincent (Head Coach/umutoza mukuru), Jimmy Mulisa (1st Assistant Coach/ umutoza wa mbere wungirije), Seninga Innocent (2nd Assistant Coach/umutoza wa kabiri wungirije), Higiro Thomas (Goalkeeper Coach/umutza w’abazamu), Niyintunze Jean Paul (Fitness Coach/umutoza wongerera ingufu abakinnyi), Rutayisire Jackson (Team Manager), Rutamu Patrick (Physio/umuganga), Nuhu Asouman (Physio/umuganga), Peter Baziki (Kit Manager/ushinzwe ibikoresho) na Munyaneza Jacques (Assistant Kit Manager/ushinzwe ibikoresho wungirije)

Bivugwa ko Bakame ariwe wari utwaye imodoka ari kumwe n’umugore n’abana babo batatu.

 

Imodoka uyu mukinnyi yarimo yangiritse bikomeye

 

Ndayishimiye Eric Bakame yakoze impanuka ari kumwe n’umuryango we

 

2018-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Editorial 26 Sep 2023
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Editorial 19 May 2022
Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 13 Aug 2021
Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana  mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Editorial 27 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze
Amakuru

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Editorial 02 May 2021
U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Editorial 12 Nov 2019
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda
Amakuru

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru