• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Editorial 10 Jun 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.

Abitabiriye ibirori ni bamwe mu bishyuriwe bamaze kurangiza kwiga ndetse n’abakiri mu ishuri bakaba bararengaga 2000 kuko hari abatarabashije kuboneka kubera amasomo, akazi n’ibindi.

Madame Jeannette Kagame, yasabye aba bana gukomeza kubera urumuri barumuna babo, bagifite ibibazo byo kubona uko biga.

Yashimiye abarangije kwiga bishyize hamwe mu ihuriro bise ’Edified Generation’, bakaba baratangiye kwishyurira amashuri abandi bana bafite ibibazo.

Yashimiye kandi abafatanyabikorwa banyuranye ba Imbuto Foundation, batumye iki gikorwa cy’urukundo kigerwaho.

-6912.jpg

Imbuto Foundation, yishyurira aba bana yitaho amashuri ikanababaha buruse muri za kaminuza zitandukanye .

Madamu Jeannette Kagame, yagaragaje ko Umuryango Imbuto Foundation mu myaka 15 umaze, hari ubufasha bukomeye umaze guha abana b’abahanga bava mu miryango itishoboye.

Jeannette Kagame avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kongera kubaka u Rwanda ngo bitari byoroshye, bityo ko mu bihe nk’ibyo byari ngombwa ko hongera gutekerezwa ibibazo byose byari byugarije Abanyarwanda, hakabaho no kubishakira ibisubizo birambye, ati “kimwe muri icyo ubuyobozi bw’Igihugu cyacu bwabonye ni uguteza imbere uburezi n’uburere bw’abana b’Abanyarwanda, cyane cyane ko mbere uburenganzira bwo kwiga butabonwaga na bose, hakozwe byinshi rero birimo kubaka amashuri binyuze mu kwitanga dudafatanyije n’inshutizi zacu, abana batangira kugana amashuri ari benshi.”

Yakomeje agira ati “nyuma yaho gato Imbuto Foundation yatangiye kubona amaburuwa menshi y’abana batishoboye basabaga gufashwa kwiga, dutangira rero gutekereza icyo twakora ngo dutange umusanzu wacu, iki nicyo cyateye ababyeyi mubona hano n’abandi badahari, abariho n’abatariho kwitaba iryo jwi rya Imbuto.”

Jeannette Kagame avuga ko kugira ngo ibi bikorwe byatewe n’ishyaka ryo gushyigikira gahunda za leta aho yari imaze gutanga uburezi bwa bose, bityo nabo bakaba barasanze nta mwana ukwiye kubura ayo mahirwe yo kwiga kubera ko avuka mu muryango utishoboye.

-6913.jpg

Madamu Jeannette Kagame avuga ko mu myaka 15 umuryango Imbuto umaze hari byinshi umaze gukora

Madamu Jeannette Kagame kandi yibutsa, ari abafashijwe na Imbuto Foundation kwiga cyangwa abandi bose bagifashwa nayo gukomeza kuba urumuri ku bandi, no gukomeza kubaha ababyeyi babo, ati “Iyo wumvise ubuhamya bwanyu mwese, ubona akamaro ko kugira igihugu n’umuryango mwiza w’Abanyarwanda, nimukomeze kuba urumuri rw’Urungano no mu zindi gahunda ziteza imbere igihugu cyacu cyane cyane urubyiruko nkamwe, ntabwo isano dufitanye irangirana no kubafasha kwiga gusa, murusheho kujya mumenyesha Imbuto Foundation amakuru yanyu.”

Asaba ababyeyi gukomeza kuba hafi y’abana babaha ubumenyi, gusa akanibibutsa ko n’ubwo ibyagezweho ari byinshi, hatakwirengagizwa ko hakiri byinshi bigikwiriye kwitabwaho.

Umuryango Imbuto Foundation watangiye mu mwaka wa 2003, ukaba unavuga ko wabashije gutanga buruse “bourses” zirenga ibihumbi birindwi.

2017-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Editorial 23 Jul 2017
Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Editorial 07 Jun 2016
Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Editorial 16 Jul 2016
FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

Editorial 24 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire
Amakuru

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Editorial 08 Jul 2025
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima
Amakuru

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Editorial 03 Jan 2025
Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo
INKURU NYAMUKURU

Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo

Editorial 19 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru