• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Editorial 16 May 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano ya miliyoni $60, akabakaba miliyari 54 Frw, azashorwa mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’impunzi n’abaturage baturiye inkambi mu turere dutandatu tw’igihugu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 16 Gicurasi 2019. Yasinywe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wungirije wa Banki y’Isi muri Afurika, Hafez Ghanen.

U Rwanda rwahawe impano ya miliyoni $25, mu gihe miliyoni $35 ari inguzanyo ihendutse yatanzwe n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga imyenda [International Development Association-IDA], izishyurwa ku nyungu ya 0.75% mu myaka 38 irimo itandatu yasonewe.

Aya mafaranga azashorwa mu mushinga uri mu byiciro bine birimo icy’ishoramari, kwihangira imirimo, kubungabunga ibidukikije no gusana ibyangiritse n’ibikorwa remezo.

Minisitiri Dr Ndagijimana yavuze ko u Rwanda rwafashe icyerekezo cyo kwita ku mibereho y’impunzi rucumbikiye kuva mu myaka 20 ishize.

Yagize ati “Mu ntangiriro z’umwaka, twamuritse gahunda yo kwinjiza impunzi mu buzima bw’igihugu hagati ya 2019-2024, mu kuzifasha kubaho neza no guteza imbere aho zicumbitse.’’

Yakomeje avuga ko amafaranga u Rwanda rwahawe arimo “Azashorwa mu gushyigikira ibikorwa by’ubukungu ku mpunzi n’abaturage baturiye inkambi mu mishinga ibateza imbere, nko kubaka amasoko n’ibindi bizatuma bihangira imirimo.’’

Hari igice cy’amafaranga azashorwa mu bikorwa remezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi, gusakaza amazi n’iby’isuku n’isukura, mu bice bituriye inkambi.

Uyu mushinga uzafasha impunzi 136 000 zituye mu nkambi zibarizwa mu turere dutandatu n’Abanyarwanda bagera kuri miliyoni ebyiri bazawungukiramo.

Visi Perezida wa Banki y’Isi, Ghanen yashimangiye ko uyu mushinga uzongerera ubumenyi n’amahugurwa azatuma impunzi zinjira mu bikorwa bigamije kwihangira imirimo.

Yakomeje ati “Uyu mushinga uzungukira impunzi n’Abanyarwanda baturanye. Bizagabanya umutwaro Guverinoma y’u Rwanda yagiraga mu gutunga impunzi binyuze mu gushyira uburyo butangiza ibidukikije no kugabanya imbaraga kuri serivisi zikenerwa n’abari mu nkambi.’’

Mu 2016, Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego enye zigamije kwita ku mibereho myiza y’impunzi. Muri zo harimo kuziha amakarita ndangampunzi, guha ikaze abana mu mashuri y’u Rwanda, korohereza impunzi zituye mu mijyi gukoresha ubwisungane mu kwivuza no kubaka ubushobozi bwazo zinjizwa mu bikorwa byo kwihangira imirimo.

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kamayirese Germaine, yatangaje ko uyu mushinga watekerejwe nyuma yo kubona inkunga impunzi zihabwa yaragabanutse.

Yagize ati “Umushinga uzafasha impunzi gukora ibiziteza imbere. Aho zakiriwe, zikeneye kwiga, hakenewe ibyumba by’amashuri, amavuriro n’ibikorwa remezo bibateza imbere.’’

Yakomeje avuga ko “Inkunga imiryango itera inkunga impunzi yaragabanutse itanga yagabanukaga, ni yo mpamvu leta yafashe inguzanyo ngo izifashe kwiteza imbere bafatanyije n’abo baturage. Twizeye ko bizazifasha kwishakira ibisubizo no kwitunga.’’

U Rwanda rwemeje amasezerano azwi nka “The Comprehensive Refugee Response Framework, CRRF’’ yo gufasha impunzi kwigira ubwazo no gusangira iterambere n’abatuye agace zicumbikiwemo.

Imibare yo muri Werurwe 2019 igaragaza ko u Rwanda rucumbikiye impunzi 148,320.

Inkuru ya IGIHE

2019-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Impamvu u Rwanda rwahawe kwakira Inama ya Commonwealth

Editorial 20 Aug 2018
Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Editorial 10 Feb 2020
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 21 Jan 2018
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Editorial 22 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL
Amakuru

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Editorial 16 Sep 2024
BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga
UBUKUNGU

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Editorial 06 Mar 2020
Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu
Amakuru

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Editorial 23 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru