• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver (Ifoto/Internet)

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko hagiye kurebwa uburyo guteza cyamunara imitungo y’abaturage byakorwa neza bityo ruswa ivugwamo ikarwanywa.

Amb. Claver Gatete avuga ko hagiye kurebwa uko hajya hashyirwaho umuntu wigenga, ku buryo ari we wajya ajya mu guteza cyamunara umutungo w’umuntu wananiwe kwishyura umwenda wa banki, aho gukorwa na banki.

Gatete avuze ibi nyuma yo guhamagazwa na Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, mu gusuzuma raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2016/17.

Muri raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2016-2017 hagaragaye ikibazo cy’abaturage binubira ikibazo cyo guteza cyamunara imitungo yabo, aho ngo bigaragara ko hari ikibazo cyo kugena agaciro k’imitungo itezwa cyamunara ndetse n’inzira za cyamurana zitubahirizwa ibi bikaba bigaragaramo ibyuho bya ruswa n’akarengane.

Alfred Kayiranga Rwasa uyobora iyi komisiyo, avuga ko iki ari ikibazo gihangayikishije abaturage kandi Leta igomba guhagurukira.

Rwasa avuga ko bitumvikana uburyo umutungo uba ufite nk’agaciro ka miliyoni 60, banki yaza guteza cyamunara kubera ko wa muturage yari afite umwenda muto wa banki, yo ugasanga igurishije wa mutungo ku mafaranga make ishaka kuvanamo ayayo, akenshi ngo ugasanga hari ababa babyihishe inyuma.

Mu mwaka wa 2015 umushoramari Inyarubuga Bonaventure nyiri Cari Hotel iherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, yandikiye Perezida Kagame amusaba guhagarika cyamunara ya Banki ya Kigali, aho banki yavugaga ko iyo hoteli ifite agaciro ka miliyoni 220 mu gihe we yavugaga ko abagenagaciro bemewe na Banki y’Igihugu banzuye ko ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyari.

  • Umushoramari yandikiye Perezida Kagame atabariza hoteli ye igiye gutezwa cyamunara

Minisitiri Gatete na we avuga ko n’ubwo bitoroshye kuba watahura icyaha, gusa ngo hari ikigomba gukorwa.

Agira ati “Ubusanzwe ntabwo umuntu unaniwe kwishyura bahita bateza cyamunara umutungo we, barabanza bakagerageza ariko byavaho bikanga, hari amategeko abiteganya, ntabwo uyu munsi unanirwa kwishyura ngo bahite bateza cyamunara kuko igira amategeko ayigenga.”

Yakomeje agira ati “Kuba harimo ruswa akenshi ushobora kuyikurikirana ukanayibura ariko ukaba ureba ibikorwa ukavuga uti ‘aha hari ikibazo’, ukamenya ko hari ikibazo ariko udafite ukuntu wagifata, ubu ibyo turimo kureba ni uko hari abantu babiri, hari banki hari n’uwafashe inguzanyo wananiwe kwishyura, ngira ngo twareba umuntu wigenga akaba ari we ukoresha cyamunara, banki itarimo na wa wundi atarimo, ese ibi bintu wenda ntibyagira icyo bitanga? Icyo ni igitekerezo cyiza abantu bareba turashaka kureba uko twashaka umuti urambye.”

Ni kenshi abaka inguzanyo bagenda bagaragaza ko guteza cyamunara harimo ruswa, bakavuga ko akenshi bigirwamo uruhare na bamwe mu bakozi bo mu mabanki baba bashaka kwigurira ya mitungo,cyangwa indi ruswa.

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Dec 2018
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016
Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Ubwanditsi 26 May 2017
Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi
IMIKINO

Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi

Ubwanditsi 22 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru